• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abikorera bo mu gihugu cya zimbwabwe bashimye iterambere basanze mu Rwanda

Abikorera bo mu gihugu cya zimbwabwe bashimye iterambere basanze mu Rwanda

Ubwanditsi 24 Jan 2018 Mu Rwanda

Abikorera bo mu gihugu cya Zimbabwe bishimiye uko bakiriwe mu Rwanda banashima ibyo u Rwanda rugezeho mu iterembere nyuma yo gusobanurirwa uko urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) ruhagaze n’intego rufite kugeza mu mwaka wa 2020.

N’igikorwa  cyabaye Kuri uyu wa gatatu tariki 24 mutarama  I Kigali ubwo hateraniye inama y’abikorera  baturutse mu gihugu cya Zimbabwe bakiriwe n’abikorera bo mu gihugu cy’u Rwanda baganira ku ishoramari riri hagati yibi bihugu byitezwe ko buri ruhande ruzigira ku rundi ibyo rwagezeho mu rwego rwo kuzamura imikoranire .

Benjamin Gasamagera peresida w’ Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) yashimye uburwo aba banyazimbabwe batekereje kuza mu Rwanda ko ari amahirwe akomeye abanyarwanda bakwiye kubyaza umusaruro bahana ibitekerezo ku cyakorwa kugirango ishoramari rikomeze kuzamuka dore ko abanyazimbabwe bafite ubunararibonye mu bucuruzi n’inganda busaga imyaka ijana .

Akomeza avuga ko aba bacuruzi baturutse muri zimbwabwe bafite ubunararibonye butandukanye cyane cyane mu buhinzi n’ubworozi ,ubucuruzi n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ati”batekereje u Rwanda kugirango bongere ubushobozi bwabo kuko babona ko u Rwanda rukataje mu iterambere”.

Gasamagera yakomeje avuga amahirwe menshi n’ubufatanye bw’imikorere hagati y’u Rwanda na Zimbabwe bazakorana mu nzego zitandukanye ,by’umwihariko  bari kwibanda ku kubaka inozamubano hagati y’abacuruzi ubwabo kubasobanurira no kubereka amahirwe menshi ari mu gushora imari mu Rwanda cyane mu nganda ,mu buhinzi n’ubworozi ,kandi   bizafasha gahunda ya Leta yo tutanga imirimo myinshi y’imyaka irindwi .

Divine Ndhlukura peresida w’ihuriro ry’igihugu ry’ubucuruzi muri Zimbabwe (Zimbabwe national chamber of commerce) yavuze ko aya ari amahirwe hagati y’ibi bihugu uko ari bibiri u Rwanda na Zimbabwe bazakorana cyane mu kuzamura urwego ry’ubucuruzi,kongera ikoranabuhanga mubyo bakora  kukora bwinshi byiza bikurura bamukerarugendo n’abashoramari .

Kandi bakabikora nk’abavandimwe bohereza ibicuruzwa ndetse banakira ibiturutse kuri buri gihugu  cyane cyane muri afurika y’uburasirazuba ,asoza ashishikariza abikorera babanyarwanda gukorera hamwe na bagenzi babo ba Zimbabwe ko bizazamura ubukungu kuri buri gihugu kandi bagakomeza gukataza mu iterambere

Nkundiye Eric Bertrand

 

2018-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida  Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Perezida Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Ubwanditsi 18 Jan 2016
Kenya:Umukobwa W’umunyaburanga Yarashwe Ashinjwa Ubujura

Kenya:Umukobwa W’umunyaburanga Yarashwe Ashinjwa Ubujura

Ubwanditsi 15 May 2017
Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane

Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane

Ubwanditsi 23 Oct 2021
Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Ubwanditsi 07 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Judith Suminwa Tuluka, umugore wa mbere ugizwe Minisitiri w’intebe mu mateka ya Kongo-Kinshasa.
Amakuru

Judith Suminwa Tuluka, umugore wa mbere ugizwe Minisitiri w’intebe mu mateka ya Kongo-Kinshasa.

Ubwanditsi 01 Apr 2024
Rayon Sports yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023 ishinja FERWAFA imitegurire idahwitse
Amakuru

Rayon Sports yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023 ishinja FERWAFA imitegurire idahwitse

Ubwanditsi 08 Mar 2023
Mageragere: Abaturage bahaye FPR icyifuzo cyo kubegereza amazi meza
POLITIKI

Mageragere: Abaturage bahaye FPR icyifuzo cyo kubegereza amazi meza

Ubwanditsi 26 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru