• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abikorera bo mu gihugu cya zimbwabwe bashimye iterambere basanze mu Rwanda

Abikorera bo mu gihugu cya zimbwabwe bashimye iterambere basanze mu Rwanda

Ubwanditsi 24 Jan 2018 Mu Rwanda

Abikorera bo mu gihugu cya Zimbabwe bishimiye uko bakiriwe mu Rwanda banashima ibyo u Rwanda rugezeho mu iterembere nyuma yo gusobanurirwa uko urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) ruhagaze n’intego rufite kugeza mu mwaka wa 2020.

N’igikorwa  cyabaye Kuri uyu wa gatatu tariki 24 mutarama  I Kigali ubwo hateraniye inama y’abikorera  baturutse mu gihugu cya Zimbabwe bakiriwe n’abikorera bo mu gihugu cy’u Rwanda baganira ku ishoramari riri hagati yibi bihugu byitezwe ko buri ruhande ruzigira ku rundi ibyo rwagezeho mu rwego rwo kuzamura imikoranire .

Benjamin Gasamagera peresida w’ Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) yashimye uburwo aba banyazimbabwe batekereje kuza mu Rwanda ko ari amahirwe akomeye abanyarwanda bakwiye kubyaza umusaruro bahana ibitekerezo ku cyakorwa kugirango ishoramari rikomeze kuzamuka dore ko abanyazimbabwe bafite ubunararibonye mu bucuruzi n’inganda busaga imyaka ijana .

Akomeza avuga ko aba bacuruzi baturutse muri zimbwabwe bafite ubunararibonye butandukanye cyane cyane mu buhinzi n’ubworozi ,ubucuruzi n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ati”batekereje u Rwanda kugirango bongere ubushobozi bwabo kuko babona ko u Rwanda rukataje mu iterambere”.

Gasamagera yakomeje avuga amahirwe menshi n’ubufatanye bw’imikorere hagati y’u Rwanda na Zimbabwe bazakorana mu nzego zitandukanye ,by’umwihariko  bari kwibanda ku kubaka inozamubano hagati y’abacuruzi ubwabo kubasobanurira no kubereka amahirwe menshi ari mu gushora imari mu Rwanda cyane mu nganda ,mu buhinzi n’ubworozi ,kandi   bizafasha gahunda ya Leta yo tutanga imirimo myinshi y’imyaka irindwi .

Divine Ndhlukura peresida w’ihuriro ry’igihugu ry’ubucuruzi muri Zimbabwe (Zimbabwe national chamber of commerce) yavuze ko aya ari amahirwe hagati y’ibi bihugu uko ari bibiri u Rwanda na Zimbabwe bazakorana cyane mu kuzamura urwego ry’ubucuruzi,kongera ikoranabuhanga mubyo bakora  kukora bwinshi byiza bikurura bamukerarugendo n’abashoramari .

Kandi bakabikora nk’abavandimwe bohereza ibicuruzwa ndetse banakira ibiturutse kuri buri gihugu  cyane cyane muri afurika y’uburasirazuba ,asoza ashishikariza abikorera babanyarwanda gukorera hamwe na bagenzi babo ba Zimbabwe ko bizazamura ubukungu kuri buri gihugu kandi bagakomeza gukataza mu iterambere

Nkundiye Eric Bertrand

 

2018-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Huye: Polisi n’urubyuruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha(RYVCP) bifatanyije mu bikorwa byo kurengera ibidukikije

Huye: Polisi n’urubyuruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha(RYVCP) bifatanyije mu bikorwa byo kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 05 Mar 2017
Kuri Manda ya II P. Kagame yageze ku ntego zo guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi?

Kuri Manda ya II P. Kagame yageze ku ntego zo guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi?

Ubwanditsi 01 Jun 2017
Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Ubwanditsi 15 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC na Police FC zatangiye zitsindwa mu mikino y’Inkera y’Abahizi, Azam na AS Kigali zatangiye neza
Amakuru

APR FC na Police FC zatangiye zitsindwa mu mikino y’Inkera y’Abahizi, Azam na AS Kigali zatangiye neza

Ubwanditsi 20 Aug 2025
RD-Congo : Urupfu rwa Semahurungure wakoreraga Kayumba Nyamwasa rutumye Colonel wa FARDC atoroka
INKURU NYAMUKURU

RD-Congo : Urupfu rwa Semahurungure wakoreraga Kayumba Nyamwasa rutumye Colonel wa FARDC atoroka

Ubwanditsi 09 Jan 2020
Umunyemari Rujugiro Tribert urupfu ruramugera amajanja
ITOHOZA

Umunyemari Rujugiro Tribert urupfu ruramugera amajanja

Ubwanditsi 06 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru