• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Perezida Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Ubwanditsi 18 Jan 2016 Mu Rwanda

Amakuru aturuka Harare muri Zimbabwe avuga yuko Perezida Robert Mugabe ari mu maremera akaba atazashobora kongera kugaruka mu biro nyuma y’ikitwa ikiruhuko cya buri mwisho w’umwaka ubutegetsi bwe buvuga yuko ubu aricyo arimo.

Ubusanzwe koko Perezida Mugabe buri mwisho w’umwaka fata ikiruhuko ubutegetsi akabusigira umwe muri ba Visi Perezida be babiri. Mugabe yagiye muri icyo kiruhuko cye cy’umwaka tariki 24 ukwezi gushize, asiga ku mwanya w’umukuru w’igihugu by’agateganyo Visi Perezida Phelekezela Mphoko.

Itegeko nshinga muri icyo gihugu riteganya yuko gusimbura Perezida wa Repubulika by’agateganyo bikorwa n’abo bavisi Perezida mu buryo gusimburana ariko no mu kiruhuko cy’umwaka ushize Mugabe yari yasigiye ubutegetsi Mphoko, yirengagije yuko hagombaga kuba hatahiwe Visi Perezida wundi ariwe Emmerson Mnangagwa !

-1803.jpg

Amagara arimo aracika Perezida Mugabe.

Ubusanzwe iyo Perezida agiye gusigira umwanya we by’agateganyo undi muntu aramusinyira nk’uko yabigenje abusigira Mphohoto tariki 24/12/2015. Ariko hari ikintu kije gitunguranye gituma abantu bahamya yuko koko amagara arimo acika Perezida Mugabe.

Tariki 11z’uku kwezi abantu batunguwe no kumva yuko Emmerson Mnangagwa asimbuye Phelekezela Mphoko kuri uwo mwanya wa Perezida wa Repubulika w’agateganyo. Ntabwo yasinyiwe na Perezida Mugabe ahubwo itangazo rimwimika ryasinywe n’umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’itangazamakuru n’itumanaho, Phelekezela Mphoko

Ababikurikranira hafi bagahamya yuko ibi bigomba kuba bisobanuye ko Mugabe adashobora kuzongera gusubira mu biro ahubwo kwitaba Imana kwe kwageze, cyane yuko bivugwa yuko arembye cyane mu bitaro mu gihugu cya Singapore.

Muri Zimbabwe amategeko agena yuko iyo Perezida yitabye Imana asimburwa na Visi Perezida agategeka iminsi 90, hatunganywa iby’amatora kugira ngo Perezida wa Repubulika mushya aboneke. Amakuru akavuga yuko haba muri leta cyangwa mu ishyaka ZANU riri ku butegetsi baziho ubushobozi buke visi perezida Mphoko bwo kuba yayobora igihugu amezi atatu yose.

-1802.jpg

Emmerson Mnangagwa, Phelekezela Mphoko, Robert Mugabe

Ikaba ariyo mpamvu bahisemo kumukuraho bakamusimbuza Mnangangwa uzwiho ubushobozi bukomeye akaba n’umuhanga bukomeye mu by’ubukungu akaba n’umuntu wa hafi cyane na Grace Mugabe, umugore wa Prerezida.

Gushyirwaho kwa Mnangangwa benshi muri Zimbabwe babifata yuko aje ari umuntu ugomba gutegeka ya minsi 90 ya nyuma y’urupfu rwa Robert Mugabe, anategurira Grace Mugabe kuzasimbura umugabo we ku butegetsi.

Kayumba Casmiry

2016-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubutabera ni inkingi ya mwamba y’amahoro n’umutekano birambye – Minisitiri Busingye

Ubutabera ni inkingi ya mwamba y’amahoro n’umutekano birambye – Minisitiri Busingye

Ubwanditsi 09 May 2017
APR FC na Mukura VS zakuye amanota 3 hanze y’ikibuga cyazo, AS Kigali inganya na Etincelles FC – Uko imikino ibanza yose yagenze

APR FC na Mukura VS zakuye amanota 3 hanze y’ikibuga cyazo, AS Kigali inganya na Etincelles FC – Uko imikino ibanza yose yagenze

Ubwanditsi 05 Apr 2022
Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Ubwanditsi 07 Apr 2025
u Burundi  bwanze kwitabira  imikino ya gisirikari – EAC

u Burundi bwanze kwitabira imikino ya gisirikari – EAC

Ubwanditsi 08 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda
Amakuru

Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 05 Jan 2021
APR FC na Mukura VS mu makipe yasezerewe muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro, Police, Rayon na Gasogi mu yageze muri 1/2
Amakuru

APR FC na Mukura VS mu makipe yasezerewe muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro, Police, Rayon na Gasogi mu yageze muri 1/2

Ubwanditsi 21 Feb 2024
U Rwanda rwamaganye  raporo ya Human Rights Watch igamije  Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwamaganye raporo ya Human Rights Watch igamije Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

Ubwanditsi 28 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru