• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ubutabera ni inkingi ya mwamba y’amahoro n’umutekano birambye – Minisitiri Busingye

Ubutabera ni inkingi ya mwamba y’amahoro n’umutekano birambye – Minisitiri Busingye

Ubwanditsi 09 May 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’Ubutabera; akaba n’Intumwa ya Leta, Johnston Busingye yabwiye icyiciro cya gatanu cy’Abofisiye bakuru ba Polisi 30 biga mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda riri mu karere ka Musanze ibijyanye n’Ubuyobozi mu bya Gipolisi no guhosha amakimbirane ko ubutabera kuri bose ari inkingi ya mwamba y’amahoro, umutekano n’iterambere birambye.

Ibi yabibabwiriye mu kiganiro yagiranye na bo kuri Minisiteri y’Ubutabera mu rugendo shuri bahagiriye ku wa mbere tariki 8 z’uku Kwezi. Kuri uwo munsi kandi (Ku gicamunsi) basuye Urwego rw’Umuvunyi; aho babwiwe, ndetse basobanurirwa imikorere n’imikoranire yarwo n’izindi nzego mu gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane.

Aba ba ofisiye baturuka mu bihugu icyenda byo muri aka karere birimo Uganda, Sudani y’Amajyepfo, Kenya, Sudani, Somalia, Namibia, Sierra Leone , Etiyopia n’u Rwanda. Batangiye amasomo muri Kanama umwaka ushize.

Ingendo shuri; zaba izo bakorera imbere mu gihugu ndetse n’izo bakorera hanze yacyo zigamije kubungura ubumenyi ngiro bakura mu Nzego basura zikora cyangwa zishinzwe ibifitanye isano n’ibyo biga mu ishuri; nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’iri Shuri, Commissioner of Police (CP) Felix Namuhoranye.

Minisitiri Busingye yababwiye ati,” Ukudahana bigira ingaruka ku mutekano n’iterambere by’igihugu n’abagituye. Iyo abantu batabonye ubutabera, bamwe barabwiha . Guha rubanda ubutabera ni imwe mu ngamba zo gukumira ibyaha by’uburyo butandukanye.”

Yabwiye abo ba ofisiye ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatewe na Politiki mbi y’abategetsi b’u Rwanda mu 1994 na mbere yaho yari ishingiye ku macakubiri, urwango, ukudahana n’ibindi bitandukanya Abanyarwanda; bityo abasaba gukumira no kurwanya Politiki y’amacakubiri aho iva ikagera.

Yongeyeho ko mu ngamba Leta y’u Rwanda yafashe mu rwego rwo kugarura ubumwe mu Banyarwanda nyuma y’ibihe by’icuraburindi bya Jenoside harimo Gahunda ya Ndi Umunyarwanda, Inkiko Gacaca, kuvugurura Inzego z’ubutabera n’ubucamanza kugira ngo zijyane n’ibihe, n’ishyirwaho ry’inzego zishinzwe kurwanya akarengane zirimo Urwego rw’Umuvunyi.

-6500.jpg

Minisitiri Busingye amaze kuganiriza nabo banyeshuri b’Aba ofisiye bakuru ba Polisi ku kuntu Ubutabera ari ishingiro ry’amahoro n’umutekano birambye, yabahaye umwanya bamubaza ibibazo bitandukanye birimo uburyo U Rwanda rurwanya ruswa.

Asubiza uwabibajije, Minisitiri Busingye yagize ati,”Ruswa yica igihugu burundu. Ingamba n’ibihano ni byo bituma igihugu cy’u Rwanda kibasha kuyirwanya. Buri wese uhamwe n’icyo cyaha arahanwa hatitawe ku wo ari we; ahubwo hashingiwe ku ihame ry’uko nta we uru hejuru y’amategeko. Ikindi cyiyongera kuri ibyo ni uko dukangurira abaturage kuyirinda no kugira uruhare mu kuyirwanya batungira agatoki inzego zibishinzwe aho bayikeka.”

Mu izina ry’abanyeshuri bagenzi be, Commissioner of Police (CP) Moses Kafeero uturuka muri Uganda yashimye Minisitiri w’Ubutabera; akaba n’Intumwa ya Leta ku kiganiro yabahaye agira ati,”Twungutse byinshi bizatuma twuzuza inshingano zacu. ”

Mu handi bazasura muri uru rugendo shuri bakorera imbere mu gihugu bazasoza ku wa 12 z’uku Kwezi harimo Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Gishari riri mu karere ka Rwamagana, Isange One Stop Center, Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Igice cyahariwe Inganda , Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, n’Uruganda rw’icyayi rwa Nyabihu.

Source : RNP

2017-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Ubwanditsi 02 May 2021
RDB yaburiye abantu kwitondera gukorana n’ikigo cyitwa ‘World Ventures’

RDB yaburiye abantu kwitondera gukorana n’ikigo cyitwa ‘World Ventures’

Ubwanditsi 12 Sep 2018
Nyanza: Polisi ifunze umugabo ukekwaho kwiyita umukozi wa WASAC

Nyanza: Polisi ifunze umugabo ukekwaho kwiyita umukozi wa WASAC

Ubwanditsi 30 Sep 2017
Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa

Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa

Ubwanditsi 04 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urugendo rwa Louise Mushikiwabo ku buyobozi bwa OIF – AMAFOTO
HIRYA NO HINO

Urugendo rwa Louise Mushikiwabo ku buyobozi bwa OIF – AMAFOTO

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Afurika y’Epfo: Perezida Kagame yitabiriye inama y’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato
POLITIKI

Afurika y’Epfo: Perezida Kagame yitabiriye inama y’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato

Ubwanditsi 06 Mar 2019
Burundi : Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane
Amakuru

Burundi : Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Ubwanditsi 03 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru