Itsinda ry’abahanzi b’abavandimwe, Vestine na Dorcas, nyuma yo gutangaza ko bahagaritse ku mugaragaro imikoranire yari rifitanye na sosiyete ya MIE, nyuma y’igihe bakorana mu rugendo rwabafashije kugera ku rwego rwo kumenyekana cyane mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
Iri tangazo ryasohotse mu gihe aba bahanzi basanzwe babarizwa mu Rwanda berekeje muri Canada, igihugu bamaze kwimukiramo bombi, ibintu byatumye benshi bibaza ku hazaza h’umwuga wabo ndetse n’imiterere y’ibikorwa byabo bya muzika nyuma yo gutandukana n’iyi sosiyete yabafashaga mu micungire y’akazi kabo.
Mu butumwa bwabo, Vestine na Dorcas bavuze ko iki cyemezo cyafashwe nyuma yo kubitekerezaho igihe kirekire, bagamije gukomeza urugendo rwabo mu buryo bujyanye n’icyerekezo n’intego bishyiriyeho mu bihe biri imbere.
Banashimiye cyane MIE ku ruhare yagize mu kubafasha gukura mu muziki, bavuga ko yababereye umufatanyabikorwa ukomeye wabizereye kuva bagitangira, ukabafasha mu rugendo rwabagejeje ku rwego bagezeho uyu munsi.
Nubwo impande zombi zitakiri kumwe, Vestine na Dorcas bashimangiye ko batandukanye mu bwubahane, bagaragaza ko bishimira byinshi bagezeho bafatanyije na MIE ndetse ko bazakomeza kuyishimira ku nkunga n’amahirwe yabahaye.
Iri tandukana rije rikurikira impinduka zikomeye mu buzima bw’aba bahanzi, zirimo kwimukira muri Canada aho bamaze gutangira ubuzima bushya. Gusa, nk’uko babitangaje, ntibisobanuye iherezo ry’umuziki wabo ahubwo ni intangiriro y’indi gahunda nshya biteguye gusangiza abakunzi babo mu minsi iri imbere.
Mu 2021 aba bahanzi bari bamaze kuzamura izina ryabo bagiranye ibibazo na M. Iréné birangira bemeje ko batandukanye, icyakora nyuma y’iminsi mike y’ibiganiro bongera gukorana ndetse banasinyana amasezerano.
Mu myaka itanu bari bamaranye nyuma yo gusinyana amasezerano, aba bahanzi bakoze indirimbo nka Yebo, Emmanuel, Iriba, Ihema, Umutaka n’izindi nyinshi zakunzwe.








