• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Guverinoma y’u Rwanda yibukije madamu Carolyn Maloney ko uRwanda atari insina ngufi, kandi ko ubutabera bwarwo bwigenga.

Guverinoma y’u Rwanda yibukije madamu Carolyn Maloney ko uRwanda atari insina ngufi, kandi ko ubutabera bwarwo bwigenga.

Ubwanditsi 18 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Uyu mugore Carolyn Maloney uri mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yari aherutse kwandikira Perezida wa Repubulika y’uRwanda, Paul Kagame, asa n’umutegeka gufungura Paul Rusesabagina, no kumusubiza muri Amerika!Ibi abenshi babibonyemo kwitiriranya uRwanda n’ibindi bihugu byemera gupfukama, bikayoborwa na poltiki ya “cishwa aha”.

Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga, abantu benshi bashubije Carolyn Maloney ,bamubwira ko uRwanda atari insina ngufi icibwaho urukoma n’ubonetse wese, kandi ko igihe cyo gushyirwaho igitutu n’iterabwoba Abanyarwanda bakirenze. Guverinoma y’uRwanda ibinyujije muri Ministeri y’Ubutabera nayo yandikiye Carolyn Maloney, imwibutsa ko ubutabera bw’uRwanda bwigenga, bukaba budakeneye ubuha amabwiriza uwo yaba ariwe wese. Iyi nyandiko yashyizweho umukono na Minisitiri Johnson Busingye, irasobanurira Madame Maloney ko Paul Rusesabagina atashimuswe nk’uko hari abahwihwisa, kuko indege yamuzanye mu Rwanda ariwe wayitegeye ubwe.

Ageze i Kigali rero atabwa muri yombi, hakurikijwe impapuro mpuzamahanga zimushakisha, ubushinjacyaha Bukuru bw’uRwanda bwashyize ahagaragara mu mwaka wa 2018. Carolyn Maloney yibukijwe ko Paul Rusesabagina akurikiranyweho ibya by’iterabwoba kandi bifitiwe ibimenyetso, nawe ubwe atashoboye guhakana kugeza ubu. Bimwe muri byo, harimo ibitero umutwe w’inyeshyamba , FLN ,yari ayoboye wagabye ku butaka bw’uRwanda,bikica abaturage 9 b’inzirakarengane abandi bagashimutwa, ibyabo bikangizwa ibindi bigasahurwa. Ibi rero nk’uko iyi baruwa ibivuga, ni ibikorwa by’iterabwoba, ndetse muri video n’ubu ikiri kuri Youtube, Rusesabagina yiyemereye ko izo nyeshyamba ari ize, anashishikariza rubanda kuzishyigikira.

Mu gusoza, Guverinoma y’u Rwanda yabwiye Carolyn Maloney ko urubanza rwa Paul Rusesabagira ruzatangira tariki 26 Mutarama 2021, imusaba gutegereza imyanzuro y’urukiko. Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ntiyahwemye kwibutsa amahanga ko politiki ya mpatsibihugu itagishoboka ku Rwanda, rutagikorera ku mabwiriza y’abishuka ko ari abanyamaboko.Maloney Carolyn ari mu bakiri ingumba z’amatwi.

2020-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Ubwanditsi 06 Jun 2025
U Rwanda ntabwo rukwiye kuba ingunguru ukomanga ikirangira – Perezida Kagame

U Rwanda ntabwo rukwiye kuba ingunguru ukomanga ikirangira – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Oct 2018
U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

Ubwanditsi 16 Dec 2024
Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda

Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda

Ubwanditsi 08 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda
Amakuru

Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda

Ubwanditsi 28 May 2024
Afurika yepfo: Minisitiri  Lindiwe Sisulu  yahinduriwe imirimo
HIRYA NO HINO

Afurika yepfo: Minisitiri Lindiwe Sisulu yahinduriwe imirimo

Ubwanditsi 30 May 2019
Kirehe: Umubyeyi yabyaye umwana ufite imitwe ibiri
IMIKINO

Kirehe: Umubyeyi yabyaye umwana ufite imitwe ibiri

Ubwanditsi 24 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru