• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Leta zunze ubumwe za Amerika zongeye gushya ubwoba nyuma y’uko N. Koreya igerageje ikindi gisasu karahabutaka

Leta zunze ubumwe za Amerika zongeye gushya ubwoba nyuma y’uko N. Koreya igerageje ikindi gisasu karahabutaka

Ubwanditsi 04 Dec 2017 HIRYA NO HINO

Hashize iminsi 4 gusa Koreya ya ruguru yongeye kugerageza igisasu kirimbuzi nyuma y’amezi agera kuri 2 ihawe gasopo n’umuryango w’abibumbye wo kutongera gukora ibi bitwaro. Gusa Koreya ya ruguru ikomeje kugaragaza ko nta gahunda ifite yo guhagarika iyi gahunda.

Nyuma y’uko Koreya ya Ruguru igaragarije ko ititaye ku bihano yafatiwe n’umuryango w’abibumbye mu mezi abiri ashize ikongera kugerageza igisasu kiruta kure ibyo yari yaragerageje byose, umujyanama mu by’umutekano mu nzu ya White House, McMaster aratangaza ko umwuka w’intambara warushije kwiyongera ndetse Amerika ikaba irimo gukora ibishoboka byose ngo ihagarike Koreya mu maguru mashya.

Yagize ati: “Igitutu cy’intambara kirarushaho kwiyongera umunsi ku munsi, ariko gukoresha intwaro ntago ari cyo gisubizo dufite cyonyine kugeza ubu.”

Igisasu N. Koreya iherutse kugerageza ni cyo gisasu cyabashije gutumbagira cyane kurusha ibindi byose iki gihugu cyagerageje aho cyageze ku butumburuke bwa kilometero 4500 byose kandi kigenda ibirometero 1000 byose by’umurambararo mu gihe icyakibanjirije cyari cyatumbagiye kilometero 3000 n’umurambararo wa kilometero 900.

Kurebana ay’ingwe byakajije umurego cyane muri aya mezi abiri ashize ibi bikaba byaratumye Amerika yongera imbaraga mu kugenzura ubwirinzi bwayo ku bijyanye n’ibisasu bya Misille. Iki gisasu cyageregejwe na Koreya bishimangirwa ko gishobora kurasa aho ari ho hose ku butaka bwa Amerika.

Uyu mujyanama wa Perezida Trump mu by’umutekano ubwo yari mu nama i Calfornia kuri uyu wa Gatandatu yavuze ko hakiri uburyo bwo gukemura iki kibazo nta ntambara ibaye ariko ko basigaranye igihe gito cyane.


McMaster umujyanama mu by’umutekano w’igihugu muri White House

Yagize ati: “Haracyari inzira zo gukemura iki kibazo, gusa ni ugucunganwa n’amasaha kuko aragenda arushaho kutwotsa igitutu umunsi ku munsi bityo nta gihe kinini dufite.” Aha McMaster akaba yavugaga Kim Jung Un.

Yongeyeho ko Amerika yasabye ubushinwa guhagarika kugurisha peteroli mu gihugu cya Korea mu rwego rwo guca intege iki gihugu.

Hagati aho N. Korea ishinja Amerika ndetse na Korea y’epfo bihana imbibi kuba bikomeje ubushotoranyi.

Yagize iti: “Ni ibintu bigaragara, uburyo bakomeje kudushotora bafatanyije na Koreya y’epfo, bakora imyimenyerezo ihambaye mu kirere biragaragaza ko intambara y’ibisasu bya kirimbuzi ishobora kwaduka.”

Twabibutsa ko Reuters iherutse gutangaza ko kubera iki gisasu, ibiro bya Amerika bishinzwe kurwanya misile(MDA) byatangiye gushaka uburyo bwo kongera amasite yo guhagarika ibisasu bya Misile ku butaka bwa Amerika nk’uko byakozwe muri Koreya y’epfo mu rwego rwo kwirinda ibitero bishobora kugabwa na Koreya ya Ruguru.

2017-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” kivuga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo

Hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” kivuga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Robot yitwa Sophia yavuze Ikinyarwanda i Kigali aho yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu baratangara

Robot yitwa Sophia yavuze Ikinyarwanda i Kigali aho yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu baratangara

Ubwanditsi 15 May 2019
Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 23 Jun 2021
Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

Ubwanditsi 13 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Rayon Sports yakuye intsinzi i Rubavu, APR FC itsikirira i MUsanze, Police FC yatsindiwe i Nyanza, ibyaranze 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Rayon Sports yakuye intsinzi i Rubavu, APR FC itsikirira i MUsanze, Police FC yatsindiwe i Nyanza, ibyaranze 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 13 Feb 2025
Akamanzi yasubije abibajije kuri ’Deal’ y’u Rwanda na Arsenal
UBUKUNGU

Akamanzi yasubije abibajije kuri ’Deal’ y’u Rwanda na Arsenal

Ubwanditsi 28 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru