• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Leta zunze ubumwe za Amerika zongeye gushya ubwoba nyuma y’uko N. Koreya igerageje ikindi gisasu karahabutaka

Leta zunze ubumwe za Amerika zongeye gushya ubwoba nyuma y’uko N. Koreya igerageje ikindi gisasu karahabutaka

Ubwanditsi 04 Dec 2017 HIRYA NO HINO

Hashize iminsi 4 gusa Koreya ya ruguru yongeye kugerageza igisasu kirimbuzi nyuma y’amezi agera kuri 2 ihawe gasopo n’umuryango w’abibumbye wo kutongera gukora ibi bitwaro. Gusa Koreya ya ruguru ikomeje kugaragaza ko nta gahunda ifite yo guhagarika iyi gahunda.

Nyuma y’uko Koreya ya Ruguru igaragarije ko ititaye ku bihano yafatiwe n’umuryango w’abibumbye mu mezi abiri ashize ikongera kugerageza igisasu kiruta kure ibyo yari yaragerageje byose, umujyanama mu by’umutekano mu nzu ya White House, McMaster aratangaza ko umwuka w’intambara warushije kwiyongera ndetse Amerika ikaba irimo gukora ibishoboka byose ngo ihagarike Koreya mu maguru mashya.

Yagize ati: “Igitutu cy’intambara kirarushaho kwiyongera umunsi ku munsi, ariko gukoresha intwaro ntago ari cyo gisubizo dufite cyonyine kugeza ubu.”

Igisasu N. Koreya iherutse kugerageza ni cyo gisasu cyabashije gutumbagira cyane kurusha ibindi byose iki gihugu cyagerageje aho cyageze ku butumburuke bwa kilometero 4500 byose kandi kigenda ibirometero 1000 byose by’umurambararo mu gihe icyakibanjirije cyari cyatumbagiye kilometero 3000 n’umurambararo wa kilometero 900.

Kurebana ay’ingwe byakajije umurego cyane muri aya mezi abiri ashize ibi bikaba byaratumye Amerika yongera imbaraga mu kugenzura ubwirinzi bwayo ku bijyanye n’ibisasu bya Misille. Iki gisasu cyageregejwe na Koreya bishimangirwa ko gishobora kurasa aho ari ho hose ku butaka bwa Amerika.

Uyu mujyanama wa Perezida Trump mu by’umutekano ubwo yari mu nama i Calfornia kuri uyu wa Gatandatu yavuze ko hakiri uburyo bwo gukemura iki kibazo nta ntambara ibaye ariko ko basigaranye igihe gito cyane.


McMaster umujyanama mu by’umutekano w’igihugu muri White House

Yagize ati: “Haracyari inzira zo gukemura iki kibazo, gusa ni ugucunganwa n’amasaha kuko aragenda arushaho kutwotsa igitutu umunsi ku munsi bityo nta gihe kinini dufite.” Aha McMaster akaba yavugaga Kim Jung Un.

Yongeyeho ko Amerika yasabye ubushinwa guhagarika kugurisha peteroli mu gihugu cya Korea mu rwego rwo guca intege iki gihugu.

Hagati aho N. Korea ishinja Amerika ndetse na Korea y’epfo bihana imbibi kuba bikomeje ubushotoranyi.

Yagize iti: “Ni ibintu bigaragara, uburyo bakomeje kudushotora bafatanyije na Koreya y’epfo, bakora imyimenyerezo ihambaye mu kirere biragaragaza ko intambara y’ibisasu bya kirimbuzi ishobora kwaduka.”

Twabibutsa ko Reuters iherutse gutangaza ko kubera iki gisasu, ibiro bya Amerika bishinzwe kurwanya misile(MDA) byatangiye gushaka uburyo bwo kongera amasite yo guhagarika ibisasu bya Misile ku butaka bwa Amerika nk’uko byakozwe muri Koreya y’epfo mu rwego rwo kwirinda ibitero bishobora kugabwa na Koreya ya Ruguru.

2017-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8

Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8

Ubwanditsi 15 Jul 2018
Bobi Wine yakubitiwe mu ngobyi y’abarwayi

Bobi Wine yakubitiwe mu ngobyi y’abarwayi

Ubwanditsi 31 Aug 2018
Burundi: Babiri bari bajyanywe mu kato bakekwaho COVID-19 bishwe batagejejweyo

Burundi: Babiri bari bajyanywe mu kato bakekwaho COVID-19 bishwe batagejejweyo

Ubwanditsi 05 Apr 2020
Uganda: Abadepite bangiwe kugera mu nzu y’ibanga yatunzwe agatoki ko itoterezwamo Abanyarwanda

Uganda: Abadepite bangiwe kugera mu nzu y’ibanga yatunzwe agatoki ko itoterezwamo Abanyarwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bitunguranye, Zinedine Zidane yeguye ku mirimo yo gutoza Real Madrid
IMIKINO

Bitunguranye, Zinedine Zidane yeguye ku mirimo yo gutoza Real Madrid

Ubwanditsi 31 May 2018
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije
Mu Mahanga

Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 21 Jan 2016
RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet
IKORANABUHANGA

RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

Ubwanditsi 19 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru