• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Leta zunze ubumwe za Amerika zongeye gushya ubwoba nyuma y’uko N. Koreya igerageje ikindi gisasu karahabutaka

Leta zunze ubumwe za Amerika zongeye gushya ubwoba nyuma y’uko N. Koreya igerageje ikindi gisasu karahabutaka

Ubwanditsi 04 Dec 2017 HIRYA NO HINO

Hashize iminsi 4 gusa Koreya ya ruguru yongeye kugerageza igisasu kirimbuzi nyuma y’amezi agera kuri 2 ihawe gasopo n’umuryango w’abibumbye wo kutongera gukora ibi bitwaro. Gusa Koreya ya ruguru ikomeje kugaragaza ko nta gahunda ifite yo guhagarika iyi gahunda.

Nyuma y’uko Koreya ya Ruguru igaragarije ko ititaye ku bihano yafatiwe n’umuryango w’abibumbye mu mezi abiri ashize ikongera kugerageza igisasu kiruta kure ibyo yari yaragerageje byose, umujyanama mu by’umutekano mu nzu ya White House, McMaster aratangaza ko umwuka w’intambara warushije kwiyongera ndetse Amerika ikaba irimo gukora ibishoboka byose ngo ihagarike Koreya mu maguru mashya.

Yagize ati: “Igitutu cy’intambara kirarushaho kwiyongera umunsi ku munsi, ariko gukoresha intwaro ntago ari cyo gisubizo dufite cyonyine kugeza ubu.”

Igisasu N. Koreya iherutse kugerageza ni cyo gisasu cyabashije gutumbagira cyane kurusha ibindi byose iki gihugu cyagerageje aho cyageze ku butumburuke bwa kilometero 4500 byose kandi kigenda ibirometero 1000 byose by’umurambararo mu gihe icyakibanjirije cyari cyatumbagiye kilometero 3000 n’umurambararo wa kilometero 900.

Kurebana ay’ingwe byakajije umurego cyane muri aya mezi abiri ashize ibi bikaba byaratumye Amerika yongera imbaraga mu kugenzura ubwirinzi bwayo ku bijyanye n’ibisasu bya Misille. Iki gisasu cyageregejwe na Koreya bishimangirwa ko gishobora kurasa aho ari ho hose ku butaka bwa Amerika.

Uyu mujyanama wa Perezida Trump mu by’umutekano ubwo yari mu nama i Calfornia kuri uyu wa Gatandatu yavuze ko hakiri uburyo bwo gukemura iki kibazo nta ntambara ibaye ariko ko basigaranye igihe gito cyane.


McMaster umujyanama mu by’umutekano w’igihugu muri White House

Yagize ati: “Haracyari inzira zo gukemura iki kibazo, gusa ni ugucunganwa n’amasaha kuko aragenda arushaho kutwotsa igitutu umunsi ku munsi bityo nta gihe kinini dufite.” Aha McMaster akaba yavugaga Kim Jung Un.

Yongeyeho ko Amerika yasabye ubushinwa guhagarika kugurisha peteroli mu gihugu cya Korea mu rwego rwo guca intege iki gihugu.

Hagati aho N. Korea ishinja Amerika ndetse na Korea y’epfo bihana imbibi kuba bikomeje ubushotoranyi.

Yagize iti: “Ni ibintu bigaragara, uburyo bakomeje kudushotora bafatanyije na Koreya y’epfo, bakora imyimenyerezo ihambaye mu kirere biragaragaza ko intambara y’ibisasu bya kirimbuzi ishobora kwaduka.”

Twabibutsa ko Reuters iherutse gutangaza ko kubera iki gisasu, ibiro bya Amerika bishinzwe kurwanya misile(MDA) byatangiye gushaka uburyo bwo kongera amasite yo guhagarika ibisasu bya Misile ku butaka bwa Amerika nk’uko byakozwe muri Koreya y’epfo mu rwego rwo kwirinda ibitero bishobora kugabwa na Koreya ya Ruguru.

2017-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Liverpool yatsinze Tottenham, yegukana UEFA Champions League ku nshuro ya gatandatu (Amafoto)

Liverpool yatsinze Tottenham, yegukana UEFA Champions League ku nshuro ya gatandatu (Amafoto)

Ubwanditsi 02 Jun 2019
Urujijo ku byavuye mu iperereza ku rupfu rwa Agnes uherutse gupfa bitunguranye

Urujijo ku byavuye mu iperereza ku rupfu rwa Agnes uherutse gupfa bitunguranye

Ubwanditsi 02 May 2018
Bobi Wine mu rukiko yavuze ko aticuza

Bobi Wine mu rukiko yavuze ko aticuza

Ubwanditsi 02 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi : Abana babiri bacukuriwe imva yo kubahambamo ari bazima.
INKURU NYAMUKURU

Burundi : Abana babiri bacukuriwe imva yo kubahambamo ari bazima.

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Hatangiye igenzura ku mpunzi z’Abanye-Congo zifuza gutaha
Mu Rwanda

Hatangiye igenzura ku mpunzi z’Abanye-Congo zifuza gutaha

Ubwanditsi 11 May 2018
Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.
Amakuru

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.

Ubwanditsi 13 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru