• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Shampiyona ibura imikino 2 ngo irangire, Kiyovu SC na APR FC ku gikombe, Rayon Sports igabanyije amahirwe yayo

Shampiyona ibura imikino 2 ngo irangire, Kiyovu SC na APR FC ku gikombe, Rayon Sports igabanyije amahirwe yayo

Ubwanditsi 07 May 2023 Amakuru, IMIKINO

Icyumweru kirangiye ibyishimo ari byose kuri Kiyovu SC n’abakunzi bayo biturutse ku mukino itsinzemo Musanze FC igitego kimwe ku busa, imirindi ya Rayon Sports yari iyiri inyuma ibaye mike kuko yo itsinzwe na Gorilla FC muri shampiyona yakinwaga ku munsi wa 28.

Kwitwara neza kwa Kiyovu SC mu mukino yasuyemo ikipe ya Musanze FC byagezweho nyuma y’igitego kimwe cyabonetse muri uyu mukino wabereye kuri Sitade Ubworoherane.

Ni igitego cyatsinzwe na Nshimirimana Ismael uzwi nka Pitchou ubwo hari ku munota wa mbere w’umukino, ni igitego cyabonetse hakiri kare ndetse kinasoza uyu mukino wose ntakindi kibonetse muri uyu mukino.

Ubwo Abakunzi b’Urucaca bishimiraga iyi tsinzi byari amarira kuri Rayon Sports yo yatakaje ku mukino yari yakiriye ikipe ya Gorilla FC, uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium Gikundiro yatsinzwe ibitego bitatu kuri kimwe.

Ni gitego kimwe cyatsinzwe na Mussa Esenu wa Rayon sports naho ibindi bya Gorilla FC byo bitsidwa na Iradukunda Simeon watsinze bibiri naho ikindi gitsindwa na Twizerimana Onesme.

Uku gutsindwa kwa Rayon Sports kwatanze inyungu kandi ku ikipe ya APR FC yo yatsindiraga Espoir FC mu Bugesera ibitego bibiri kuri kimwe.

Ni ibitego byatsinzwe na Bizimana Yannick na Kwitonda Alain Backa ku ruhande rw’ikipe y’Ingabo z’igihugu na Janjali Joseph.

Gutsinda kwa Kiyovu SC kwatumye igumana umwana wa mbere ndetse inizera ko mu mikino ibiri ibura ngo shampiyona isozwe yanatwata igikombe kuko irarusha APR FC yafashe umwanya wa kabiri amanota 4.

Rayon Sports yatakaje umwanya wa kabiri yo bisa naho yakwepye igikombe cya Shampiyona bitewe n’imikino isigaye ariko gusa amahirwe ntabwo arashira burundu, ihanze amaso igikombe cy’Amahoro aho igeze muri 1/2 aho izahura na Mukura VS.

Uko imikino y’umunsi wa 28 wa Primus National League yose yagenze:


2023-05-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Patriots BBC yisanze mu itsinda rya mbere mu irushanwa rya Basketball Africa League rigomba gutangira mu Rwanda hagati muri Gicurasi 2021.

Patriots BBC yisanze mu itsinda rya mbere mu irushanwa rya Basketball Africa League rigomba gutangira mu Rwanda hagati muri Gicurasi 2021.

Ubwanditsi 01 May 2021
Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane

Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane

Ubwanditsi 23 Oct 2021
Mu mukino Petros utoza Urucaca yashinje abasifuzi bo mu Rwanda ubwiyemezi, Kiyovu SC yatsinze Gorilla FC 1-0

Mu mukino Petros utoza Urucaca yashinje abasifuzi bo mu Rwanda ubwiyemezi, Kiyovu SC yatsinze Gorilla FC 1-0

Ubwanditsi 03 Oct 2023
Ubwo batsindaga Police FC, Khadime wa Rayon Sports yatahanye asaga ibihumbi 280 Frw abandi babona ibihumbi 230 Frw

Ubwo batsindaga Police FC, Khadime wa Rayon Sports yatahanye asaga ibihumbi 280 Frw abandi babona ibihumbi 230 Frw

Ubwanditsi 06 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Alassane Ouattara yageze i Kigali yitabiriye umuhango uzahemberwamo Ellen Johnson Sirleaf
INKURU NYAMUKURU

Perezida Alassane Ouattara yageze i Kigali yitabiriye umuhango uzahemberwamo Ellen Johnson Sirleaf

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Ubutumwa bw’Ishyaka PL bwo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24
Mu Rwanda

Ubutumwa bw’Ishyaka PL bwo kwibuka Jenoside kunshuro ya 24

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Amagambo ashize ivuga : Perezida Kagame yahuye na Donald Trump
POLITIKI

Amagambo ashize ivuga : Perezida Kagame yahuye na Donald Trump

Ubwanditsi 25 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru