• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko amahirwe atajya ku rugi rw’umuntu ngo akomange

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko amahirwe atajya ku rugi rw’umuntu ngo akomange

Editorial 09 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko rugomba guhaguruka rugakora rukabyaza umusaruro amahirwe ari mu bihugu byabo, ku mugabane ndetse n’Isi muri rusange aho gutegereza ko ayo mahirwe azaza kubishakira.

Ni impanuro yatangiye mu nama Nyafurika y’Urubyiruko izwi nka ‘YouthConnekt Africa Summit’ 2019, irimo kubera i Kigali kuva kuri uyu wa 9 kugeza kuwa 11 Ukwakira 2019, aho yitabiriwe n’abiganjemo urubyiruko basaga ibihumbi 10 baturutse mu bihugu 91 byo muri Afurika no hanze yayo nka Khazaksan, Mexique n’ahandi.

Uretse uru rubyiruko, iyi nama yitabiriwe na ba baminisitiri barenga 20 b’urubyiruko bo mu bihugu bitandukanye bya Afurika, ba rwiyemezamirimo, abahagarariye imiryango mpuzamahanga n’abandi, bose baje kuganira ku iterambere ry’urubyiruko mu bijyanye n’inganda.

Iyi nama kandi yanitabiriwe n’abandi bayobozi ku rwego rwa Afurika, abashoramari ku rwego mpuzamahanga, igihangange mu mupira w’amaguru, Didier Drogba, intumwa za Komisiyo y’Ubumwe bw’Afurika, abahagarariye imiryango ishamikiye ku Muryango w’Abibumbye n’abandi.

Zimwe mu ntego z’iyi nama mpuzamahanga harimo kuganira ku buryo urubyiruko rwarushaho kwihangira imirimo mu buhinzi, Ikoranabuhanga no kurukangurira kubyaza umusaruro impano zarwo, ndetse no kurushishikariza kugira uruhare mu guteza imbere umugabane wa Afurika.

Mu mpanuro Perezida Kagame yagejeje kuri uru rubyiruko, yarubwiye ko Guverinoma zifite inshingano zo gushyiraho uburyo urubyiruko rukuza impano zarwo ariko na rwo rufite inshingano yo gutera intambwe ngo rubayze umusaruro ayo mahirwe.

Ati “Amahirwe ntabwo ajya ku rugi rw’umuntu ngo akomange ngo urankeneye, ahubwo abantu bakeneye kugenda bagakomanga ku muryango w’amahirwe yakingura ukayasuhuza nayo akakubwira ati urashaka iki, ukayabwira ngo ni wowe nshaka”.

Umukuru w’Igihugu yakomeje agira ati “Niba udashyizemo izo mbaraga uzabura ayo mahirwe. Niba wicaye uzabona amahirwe akunyuzeho uvuge ngo ni wowe nashakaga. Genda uyashake, rimwe na rimwe uyarwanire, uyashake, ntutume agenda, nutume aguhitaho, wivuga ngo nakunyuraho arakubwira ko aje, ntabwo bibaho”.

Perezida Kagame yashishikarije urubyiruko gushyira hamwe kuko iyo bikozwe abantu bagendera hamwe, bakagera kure kandi vuba.

Ati “Kwihuta bisaba kugira intego, uburyo bwo kubyaza umusaruro amahirwe ahari, ariko ugashyira mu mutima wa byose abantu hanyuma ikoranabuhanga rigakoreshwa”.

Perezida Kagame kandi yashishikarije urubyiruko kwita ku buzima bwabo kuko rubukeneye n’igihugu kibukeneye. Aha niho yahereye avuga ko u Rwanda atari igihugu gikize mu mitungo ariko gikize ku buzima, umutima n’intego ari yo mpamvu gikora ibyo gishoboye byose.

Yavuze ko ibi ari byo byatumye rufata iya mbere mu kugoboka impunzi zo muri Libya, aho kugeza ubu aba mbere 66 bamaze kugera mu Rwanda abandi bakaba bategerejwe.

Minisitiri w’urubyiruko Rosemary Mbabazi yavuze ko intego y’inama y’uyu mwaka ari ukuganira ku buryo bwo guhuza ubumenyi bw’urubyiruko n’amahirwe ahari hagamijwe gukemura ikibazo cy’ubushomeri mu rubyiruko muri Afurika.

Yabwiye urubyiruko ko iyi nama ari umwanya wo kurwereka ko rushyigikiwe, rushoboye bityo rugatera intambwe igana imbere kuko nta rwitwazo na rumwe ruri mu nzira yarwo.

Umuyobozi wungirije wa UNDP, Ahunna Eziakonwa, yavuze ko gushora imari mu rubyiruko ari ikintu gikwiye kwitabwaho cyane kandi bishoboka.

Ati “Ku mugabane wa Afurika ntabwo dushora imari ihagije mu iterambere ry’urubyiruko, mu kubongerera ubumenyi. Hakenewe kongera imbaraga nyinshi mu gushora imari mu rubyiruko”.

Agendeye ku rugero rw’u Rwanda, yavuze ko bishoboka kuko ari cyanyuze mu mahano ya Jenoside yakorewe batutsi kigasenyuka ariko ubu nyuma y’imyaka 25 kikaba ari ikimenyetso cyo kongera kwiyubaka n’icyizere ku mugabane wose wa Afurika.

Ati “Bambwiye ko ijambo ‘ntibishoboka’ ritaba mu nkoranyamagambo y’u Rwanda none iminsi mpamaze nabonye ko iri jambo ridakwiye no kuba mu nkoranyamagambo ya Afurika”.

Mu kiganiro cyibanze ku kurebera hamwe uko imirimo yahangwa muri Afurika ndetse ubumenyi buhabwa abanyafurika bijyanishijwe n’isoko ry’umurimo ndetse n’ibikenewe, hagaragajwe ko hagikenewe ishoramari mu gushyigikira urubyiruko.

Issam Chleue ukomoka muri Mali yavuze ko “Urubyiruko rukwiye kuba mu mutima wa politiki kugira ngo rubashe kugira icyo ruhindura mu ngengo y’imari na gahunda zigenerwa ibikorwa byo kuzamura imishinga ya bagenzi babo”.

Gahunda ya YouthConnekt yatangijwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame mu 2012 imaze kwaguka mu buryo bugaragara, kuko kugeza ubu ibihugu 11 bimaze gutangira kuyishyira mu bikorwa naho ibindi umunani bimaze gutanga ubusabwe bwo kuyimakaza.

Inama ya YouthConnekt ihuriza hamwe urubyiruko ruturutse mu bihugu bitandukanye muri Afurika, hakaganirwa ku nsanganyamatsiko zinyuranye. Ni ku nshuro ya gatatu ibaye kuva yajya ku rwego rwa Afurika.

Muri izi nama kandi hifashishwa abantu batandukanye bafite aho bageze bakaganira n’urubyiruko. Inama nk’iyi yabaye muri Nyakanga 2017 yitabiriwe n’umuhanzi Akon n’umunyemali ukomeye w’umushinwa, Jack Ma.

Kugeza ubu binyuze muri gahunda ya YouthConnekt ba rwiyemezamirimo 600 banyuze mu mwiherero, abahembwe ni 180. Kugeza ubu kandi iyi gahunda imaze gutinyura urubyiruko 8000 rwihangiye imirimo.

 

Inama ya YouthConnekt yitabiriwe n’abaturutse mu bihugu 91

 

Urubyiruko rukurikiye impanuro za Perezida Kagame

 

 

N’abaturutse hanze ya Afurika bitabiriye iyi nama

 

Minisitiri Shyaka aganira n’abandi bayobozi bitabiriye YouthConnect 2019

 

 

 

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima Dr Ndimubanzi Patrick yitabiriye iyi nama

 

 

 

 

Byari ibyishimo

 

Perezida Kagame ubwo yari ageze muri Kigali Arena ahabereye inama ya YouthConnekt

 

Asuhuza urubyiruko

 

Asuhuza umuhanzi Patoranking

 

 

Nyuma y’ikiganiro bafashe ‘Selfie’ na Perezida Kagame

 

 

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko kudategereza ngo amahirwe abasange aho bari.
Src: IGIHE

 

2019-10-09
Editorial

IZINDI NKURU

Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Editorial 29 Jul 2018
Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza

Editorial 08 Aug 2019
Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki  Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Editorial 06 Apr 2025
Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Editorial 19 Apr 2021
Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Editorial 29 Jul 2018
Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza

Editorial 08 Aug 2019
Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki  Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Editorial 06 Apr 2025
Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Editorial 19 Apr 2021
Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Editorial 29 Jul 2018
Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza

Editorial 08 Aug 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru