• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Ubwanditsi 19 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Uwera Beatrice udakunze kwihanganira abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko abiyita ko bayirokotse ahubwo ari abana b’abayikoze nka Gatebuke Claude na Denise Zaneza mwene Sebatware Marcel wasize yoretse imbaga y’abatutsi muri CIMERWA ndetse n’abandi babana muri Jambo ASBL.

Beatrice yatangiye abagaya ababwira ko kwiyitirira gucika ku icumu atari ibintu ahubwo ari ugushinyagurira abarokotse nuko abaha Ubutumwa butomoye bugira buti “Uwabaha kuvukira mu bwoba, mukavuka aho mutagira ba sekuru, ba sewabo na ba Nyirarume, babaza ababyeyi babo impamvu batagira imiryango bakaburirwa igisubizo nabo!” “Uwabaha gukurira mu rujijo nka bamwe muri twe, ba nyina bajyaga kwandikisha ku ishuri mu wa mbere bati ise ninde? Nyina w’umwana ati yarapfuye izina rikandikwa ariko umwana w’imyaka 7 agaherako asobanukirwa ko ise yapfuye nta kindi gisobanuro, kandi ubwo yarishwe”

“Uwabaha kwiga uri umuhanga warangiza Primaire ntiwemererwe kwiga ayisumbuye, ugasibira inshuro eshatu ntacyo bitanga, bikarangira ubaye umuhinzi cg umunywi w’urwagwa ugategereza igihe bazagutemera”

“Uwabaha gukurira mu bwoba, ababyeyi bawe bahora barwana no kutagaragara ngo badahohoterwa kubera uko bareshya yajya mu kabari nk’abandi agakubitwa, yajya mu nama y’abaturage agatangwaho ingero mbi, akicwa no kwigunga” “Uwabaha guhigwa ugashyirwa ku rutonde rw’abagome rw’abagome, imbarutso yakoma bakaguhiga, bakagutema, bakagutemera abana, bakagutemera abavandimwe n’abo ukunda”

“Uwabaha kumara imyaka 27 utazi ibyobo abawe bajugunywemo, wagira Imana umugororwa akakwerurira ko nyoko cyangwa nyogokuru bamutaye mu musarane babanje kumucamo ibice” “Uwabaha kurwara Ihungabana ridakira kubera guhora mu gihirahiro cyo kwibaza aho abawe batawe n’icyo bazize udafitiye igisubizo maze bagahora muri confusion ya jenoside, wabona umwana ukikanga kuko asa nuwawe, wabona umugabo ukamwikangamo so cyangwa musaza wawe”

“Uwabaha guhora ubara imyaka wibaza abana bawe batemaguwe uko bari kuba bangana iyo baza kubaho. Uwabaha kuba INCIKE ugasaza utagira umwana n’umwe kandi warabyaye abana benshi ufite n’abuzukuru, ukabura aho wavutse ukabura aho washatse ugasigara uhagaze mu cyeragati”

“Muri ubwo butumwa yashyize ku rubuga rwa Facebook yashoje agira ati “ndetse uwabaha no KUZIMA mugasogongera bya nyabyo kuri uwo mubabaro n’agahinda. Inkuru yabo ikajya ibarwa n’ababamenye iminsi yazaba myinshi bakibagirana” Ubundi Umunyarwanda wa nyawe ntiyakifuje ko ikibi kigera kuri mugenzi we ariko ibyo abajenosideri bikora bitandukanye n’icyerekezo cyiza cy’Imibereho myiza”

Bea Uwera agirana ibiganiro na Rushyashya yagize ati ”Simbifurije guhura n’akaga twahuye nako, ariko kucyifuza nabyo ubwabyo umuntu yagatekereje inyungu zibiherekeje zitari ugutagatifuza ba se b’inkoramaraso bafite ibiganza bijejeta amaraso y’abatutsi bamennye, Ubundi Umuntu arivukira ariko umwambari w’umujenosideri ushaka kugenda nkawe ntiyakabaye mu bantu.

2021-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

50% y’Amafaranga azava ku mikino ya nyuma y ‘lgikombe cy’Amahoro 2023 azafasha abagizweho ingaruka n’ibiza

50% y’Amafaranga azava ku mikino ya nyuma y ‘lgikombe cy’Amahoro 2023 azafasha abagizweho ingaruka n’ibiza

Ubwanditsi 24 May 2023
Urukiko rwategetse ko Bazeye na Abega bari abayobozi muri FDLR bakomeza gufungwa by’agateganyo

Urukiko rwategetse ko Bazeye na Abega bari abayobozi muri FDLR bakomeza gufungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 14 May 2019
Tuyishime Placide uyobora ikipe ya Musanze FC yamaganywe n’urugaga rw’abatoza kubera kwirukana Seninga Innocent.

Tuyishime Placide uyobora ikipe ya Musanze FC yamaganywe n’urugaga rw’abatoza kubera kwirukana Seninga Innocent.

Ubwanditsi 26 May 2021
Uko Uganda yayoboye batayo idasanzwe yasubije Perezida Nkurunzi i Burundi yakorewe coup d’etat.

Uko Uganda yayoboye batayo idasanzwe yasubije Perezida Nkurunzi i Burundi yakorewe coup d’etat.

Ubwanditsi 21 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus
UBUKUNGU

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

Ubwanditsi 09 Apr 2020
Uganda: Umwe mu basirikare barinda umugore wa Perezida Museveni tayewe icyuma
Mu Mahanga

Uganda: Umwe mu basirikare barinda umugore wa Perezida Museveni tayewe icyuma

Ubwanditsi 05 May 2018
Uwemezaga ko Col. Theoneste Bagosora arengana arashaka  kuba Perezida w’Abanyarwanda
ITOHOZA

Uwemezaga ko Col. Theoneste Bagosora arengana arashaka kuba Perezida w’Abanyarwanda

Ubwanditsi 30 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru