• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Ubwanditsi 19 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Uwera Beatrice udakunze kwihanganira abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko abiyita ko bayirokotse ahubwo ari abana b’abayikoze nka Gatebuke Claude na Denise Zaneza mwene Sebatware Marcel wasize yoretse imbaga y’abatutsi muri CIMERWA ndetse n’abandi babana muri Jambo ASBL.

Beatrice yatangiye abagaya ababwira ko kwiyitirira gucika ku icumu atari ibintu ahubwo ari ugushinyagurira abarokotse nuko abaha Ubutumwa butomoye bugira buti “Uwabaha kuvukira mu bwoba, mukavuka aho mutagira ba sekuru, ba sewabo na ba Nyirarume, babaza ababyeyi babo impamvu batagira imiryango bakaburirwa igisubizo nabo!” “Uwabaha gukurira mu rujijo nka bamwe muri twe, ba nyina bajyaga kwandikisha ku ishuri mu wa mbere bati ise ninde? Nyina w’umwana ati yarapfuye izina rikandikwa ariko umwana w’imyaka 7 agaherako asobanukirwa ko ise yapfuye nta kindi gisobanuro, kandi ubwo yarishwe”

“Uwabaha kwiga uri umuhanga warangiza Primaire ntiwemererwe kwiga ayisumbuye, ugasibira inshuro eshatu ntacyo bitanga, bikarangira ubaye umuhinzi cg umunywi w’urwagwa ugategereza igihe bazagutemera”

“Uwabaha gukurira mu bwoba, ababyeyi bawe bahora barwana no kutagaragara ngo badahohoterwa kubera uko bareshya yajya mu kabari nk’abandi agakubitwa, yajya mu nama y’abaturage agatangwaho ingero mbi, akicwa no kwigunga” “Uwabaha guhigwa ugashyirwa ku rutonde rw’abagome rw’abagome, imbarutso yakoma bakaguhiga, bakagutema, bakagutemera abana, bakagutemera abavandimwe n’abo ukunda”

“Uwabaha kumara imyaka 27 utazi ibyobo abawe bajugunywemo, wagira Imana umugororwa akakwerurira ko nyoko cyangwa nyogokuru bamutaye mu musarane babanje kumucamo ibice” “Uwabaha kurwara Ihungabana ridakira kubera guhora mu gihirahiro cyo kwibaza aho abawe batawe n’icyo bazize udafitiye igisubizo maze bagahora muri confusion ya jenoside, wabona umwana ukikanga kuko asa nuwawe, wabona umugabo ukamwikangamo so cyangwa musaza wawe”

“Uwabaha guhora ubara imyaka wibaza abana bawe batemaguwe uko bari kuba bangana iyo baza kubaho. Uwabaha kuba INCIKE ugasaza utagira umwana n’umwe kandi warabyaye abana benshi ufite n’abuzukuru, ukabura aho wavutse ukabura aho washatse ugasigara uhagaze mu cyeragati”

“Muri ubwo butumwa yashyize ku rubuga rwa Facebook yashoje agira ati “ndetse uwabaha no KUZIMA mugasogongera bya nyabyo kuri uwo mubabaro n’agahinda. Inkuru yabo ikajya ibarwa n’ababamenye iminsi yazaba myinshi bakibagirana” Ubundi Umunyarwanda wa nyawe ntiyakifuje ko ikibi kigera kuri mugenzi we ariko ibyo abajenosideri bikora bitandukanye n’icyerekezo cyiza cy’Imibereho myiza”

Bea Uwera agirana ibiganiro na Rushyashya yagize ati ”Simbifurije guhura n’akaga twahuye nako, ariko kucyifuza nabyo ubwabyo umuntu yagatekereje inyungu zibiherekeje zitari ugutagatifuza ba se b’inkoramaraso bafite ibiganza bijejeta amaraso y’abatutsi bamennye, Ubundi Umuntu arivukira ariko umwambari w’umujenosideri ushaka kugenda nkawe ntiyakabaye mu bantu.

2021-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’ibyumweru bitatu byari bishize agize imvune, Ruboneka Bosco ukinira APR FC yatangiye imyitozo

Nyuma y’ibyumweru bitatu byari bishize agize imvune, Ruboneka Bosco ukinira APR FC yatangiye imyitozo

Ubwanditsi 27 Sep 2021
Hatahuwe isano iri hagati ya RNC n’Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda mu guhungabanya u Rwanda

Hatahuwe isano iri hagati ya RNC n’Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda mu guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2018
N’iyo inzira ijya mu ijuru yanyura muri Uganda nashaka ahandi nyura – Uwirukanyweyo

N’iyo inzira ijya mu ijuru yanyura muri Uganda nashaka ahandi nyura – Uwirukanyweyo

Ubwanditsi 28 Feb 2019
U Burusiya bwemeje ko Syria yashwanyurije mu kirere ibisasu 71 mu birenga 100 yarashweho

U Burusiya bwemeje ko Syria yashwanyurije mu kirere ibisasu 71 mu birenga 100 yarashweho

Ubwanditsi 15 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano
Amakuru

Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano

Ubwanditsi 09 Dec 2025
Niyitegeka ugiye gusimbura Depite Mukayisenga witabye Imana ni muntu ki?
Mu Rwanda

Niyitegeka ugiye gusimbura Depite Mukayisenga witabye Imana ni muntu ki?

Ubwanditsi 24 Jun 2017
Uko Museveni, Kayumba na Rudasingwa bakina umukino w’ubucabiranya bigira nyoni nyinshi
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni, Kayumba na Rudasingwa bakina umukino w’ubucabiranya bigira nyoni nyinshi

Ubwanditsi 12 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru