• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Burusiya bwemeje ko Syria yashwanyurije mu kirere ibisasu 71 mu birenga 100 yarashweho

U Burusiya bwemeje ko Syria yashwanyurije mu kirere ibisasu 71 mu birenga 100 yarashweho

Ubwanditsi 15 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’aho Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibihugu bifatanyije bigabye ibitero ku birindiro bikekwa ko bibitswemo intwaro z’ubumara muri Syria, u Burusiya bwatangaje ko yabashije gushwanyaguriza mu kirere 71 mu 103 byari byatewe.

Kuri uyu wa Gatandatu ahagana saa munani z’ijoro ku isaha yo muri Syria nibwo Amerika, u Bwongereza n’u Bufaransa byagabye ibitero ku kigo kiri mu mujyi wa Damascus ndetse n’ibindi bibiri biri hafi y’uwa Homs.

Ibi bihugu bivuga ko byagabye ibi bitero mu rwego rwo kwihaniza Syria ikomeje gukoresha intwaro z’ubumara, igiheruka akaba ari icyabaye mu cyumweru gishize mu mujyi wa Douma gihitana abasaga 40 abandi 500 bagakomereka.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umuyobozi mu ngabo z’u Burusiya, Lt Gen Sergey Rudskoy yavuze ko ibisasu bikomeye bigera 103 aribyo byagabwe ahantu hatandukanye muri Syria, 73 muri byo bishwanyaguzwa bitaragera ku butaka.

Nk’uko Aljazeera yabitangaje, Minisiteri y’Ingabo mu Burusiya yemeje ko Syria yifashishije ibisasu byakozwe n’Abarusiya byo mu bwoko bwa S-125, S-200, 2K12 Kub mu gushwanyaguza iby’Abanyamerika n’abo bafatanyije.

Muri ibi bitero Amerika yakoresheje ibisasu byo mu bwoko bwa Tomahawk bifite ubushobozi bwo kugera muri kilometero 1667, u Bufaransa bwohereza indege zikomeye z’intambara zirimo Mirage na Rafale, mu gihe u Bwongereza bwakoresheje Tornado GR4s enye. Ibi bihugu byemeza ko urugamba bateguye rwagenze neza.

Muri Mata 2017 nabwo Amerika yarashe ku birindiro bya gisirikare muri Syria, aho byavugwaga ko ariho haturutse intwaro z’ubumara zagabwe ku baturage bo mu mujyi wa Khan Sheikhoun zigahitana abagera kuri 85 barimo n’abana.

Kuva mu myaka yashize ubutegetsi bwa Bachar el-Assad bwagiye bushinjwa kurasa ibisasu bikozwe n’ibinyabutabire bigira ingaruka ku buzima bw’abantu.

Raporo yakozwe n’Ikigo gishinzwe gukumira ikoreshwa ry’ibisasu by’ubumara yagaragaje ko hagati ya 2014 na 2015, ubutegetsi bwa Assad bwakoresheje by’ubumara.

Syria n’u Burusiya bibyamaganira kure, bikagaragaza ko ari ibihimbwa n’ibihugu bitifuza ko urugamba rwo kurwanya iterabwoba rukomeza.

Amerika, u Bwongereza n’u Bufaransa byafatanyije kurasa ibisasu kuri Syria


2018-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyamategeko Bernard Maingain yiteguye kuvuga n’akarimurori ibyagizwe ubwiru mu rubanza rw’ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana, kuko asanga ari ingenzi mu kunga Abanyarwanda.

Umunyamategeko Bernard Maingain yiteguye kuvuga n’akarimurori ibyagizwe ubwiru mu rubanza rw’ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana, kuko asanga ari ingenzi mu kunga Abanyarwanda.

Ubwanditsi 20 Feb 2022
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Ubwanditsi 01 Sep 2018
Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.

Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.

Ubwanditsi 15 Dec 2020
Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Ubwanditsi 29 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I Berlin: Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ka Volkswagen itunganyiriza imodoka mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

I Berlin: Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ka Volkswagen itunganyiriza imodoka mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Oct 2018
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi
Amakuru

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Ubwanditsi 24 May 2022
Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gushyira hanze Album ye ya Karindwi yise “Ubushobozi” izaba iriho indirimbo zisaga 15
Amakuru

Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gushyira hanze Album ye ya Karindwi yise “Ubushobozi” izaba iriho indirimbo zisaga 15

Ubwanditsi 20 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru