• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Ubwanditsi 14 Feb 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Aho gusaba ubutabera kumuhanaguraho ubusembwa karemano, Ingabire Victoire nasabe Imana imukize umutima ugambana.

Kuri uyu wa 14 Gashyantare 2024, uyu Ingabire Victoire Umuhoza ugira isoni nke, yagaragaye mu Rukiko Rukuru ngo aburana gukurwaho ubusembwa, ibyo abenshi bafashe nko gutoneka imitima yakomerekeje ubwo yapfobyaga Jenoside yakorewe Abatutsi, akanagambirira gusubiza Abanyarwanda mu kaga k’intambara, abinyujije mu mitwe y’iterabwoba.

Ingabire Victoire yubahuka gusa gukurwaho ubusembwa, azi ukuntu ari bihemu watatiye ineza yagiriwe na Perezida wa Repubulika, ubwo yamufunguraga atarangije igihano, nyuma akikomereza inzira y’ubushotoranyi n’ubugambanyi, dore ko atigeze ahagarika gukorana na FDLR no kuyibera umuvugizi.

Kuva yafungurwa ibirego byakomeje kwisukiranya mu bugenzacyaha, abenshi bakanibaza aho Ingabire Victoire yakuye ubudahangarwa butuma adasubizwa aho yagombye kuba ari.

Usaba gukurwaho ubusembwa ntiyagombye kuba Ingabire, wirirwa mu bikorwa bisebya u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo, abinyujije mu bitangazamakuru birwanya inyungu z’u Rwanda. Urugero rwa hafi ni ibiganiro bye bya buri munsi byemeza ko u Rwanda rudakwiye kwakira abimukira, ngo kuko “ruhutaza uburenganzira bwa muntu”.

Ingabire ahonyora amategeko nkana, aho yiyita umukuru w’ishyaka ritemewe, DALFA-Umurinzi, yirengagije ko umuntu wakatiwe igifungo kigeze ku mezi 6 atemerewe ibikorwa bya politiki nk’ibyo abamo. Abashukanyi ntibatinya no kumwita”umukuru wa opozisiyo nyarwanda”, maze nawe akikirigita agaseka ngo ashyigikiwe n’ibihangange. Ubwo yari mu y’abagabo ko nta gihanganye cyamubohoje ra?!

Iyo Victoire avugana n’abo bamwoshya(aka wa muheto woshya umwambi bitazajyana),yemeza ko ubwo yakatirwaga igifungo cy’imyaka 15 yarenganye. Nyamara n’uyu munsi imbere y’urukiko yiyemereye ko yahawe imbabazi, bivuze ko anemera ko yari yakoze ibyaha yahamijwe n’ubutabera, kuko nta mwere utakamba ngo ahabwe imbabazi?

Mbere yo gusaba gukurwaho icyasha mu mategeko rero, Ingabire Victoire nabanze yitandukanye n’agatima gahora karararikiye ubugome.

Niba asenga, Ingabire nasabe Imana imukize umudayimoni w’urwango n’ irondabwoko byamugize imbata. Nayisabe imucishe ukubiri n’abajenosideri n’ibigarasha bimushukisha kumwoherereza “ingemu” y’inticantikize buri kwezi. Ibyo nibyo byonyine byamugira umuturage muzima, akagira umutuzo mu mategeko, no mu mutima.

2024-02-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Ubwanditsi 14 Aug 2021
Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi yasezeye, Adolphe Kalisa agirwa Umunyamabanga wa FERWAFA

Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi yasezeye, Adolphe Kalisa agirwa Umunyamabanga wa FERWAFA

Ubwanditsi 08 Aug 2023
Mukamabano Madeleine  wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa  Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Mukamabano Madeleine wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Ubwanditsi 10 Aug 2017
Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta

Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta

Ubwanditsi 01 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya: Raila Odinga afite impungenge ko amajwi azanyerezwa mu matora y’Umukuru w’igihugu
Mu Rwanda

Kenya: Raila Odinga afite impungenge ko amajwi azanyerezwa mu matora y’Umukuru w’igihugu

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Ibya abashaka  kwiyamamariza Ubuperezida  ni ‘ Agahomamunwa ‘
POLITIKI

Ibya abashaka kwiyamamariza Ubuperezida ni ‘ Agahomamunwa ‘

Ubwanditsi 15 May 2017
Abayobozi b’ibigo by’amashuri bane bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 50
Mu Mahanga

Abayobozi b’ibigo by’amashuri bane bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 50

Ubwanditsi 11 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru