• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Uzayobora FIFA aramenyekana uyu munsi

Uzayobora FIFA aramenyekana uyu munsi

Ubwanditsi 26 Feb 2016 IMIKINO

Ishyiraramwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA rirabona umuyobozi mushya kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Gashyantare 2016 mu matora ari bubere i Zurich mu Busuwisi.

Muri aya matora, u Rwanda ruhagarariwe na Nzamwita Vincent De Gaulle, aho abahatanira gusimbura Sepp Blatter ari Gianni Infantino, Sheikh Salman bin Ebrahim Al Khalifa, Tokyo Sexwale, Jerome Champagne na Prince Ali Bin Al Hussein.

-2284.jpg

Aba bose haratorwamo umwe

Infantino ushyigikiwe n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’u Burayi (UAFA) na Sheikh Salman bin Ebrahim Al Khalifa ushyigikiwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ni bo bahabwa amahirwe menshi yo gutorerwa uyu mwanya wari ufitwe na Sepp Blatter mu myaka 18 ishize.

Amashyirahamwe y’umupira w’amaguru mu bihugu bya Kuwait na Indonesia ntari mu biguhu 207 byemerewe guhagararirwa muri ayo matora kubera ibihano yafatiwe.

Mbere y’igikorwa nyir’izina cyo guhitamo umuyobozi mushya wa FIFA, Issa Hayatou wayiyoboraga by’agateganyo yasabye abari bwitabire aya motora guhitamo uwo babona uzazana impinduka ndetse akongera kugarura isura nziza y’uru rwego rwatakarijwe icyizere na benshi nyuma yo kuvugwamo ibyaha bya ruswa yo ku rwego rwo hejuru.

Yagize ati “Isi yose iduhanze amaso muri iki cyumweru nyuma ya kimwe mu bihe bikomeye mu mateka. Kwemeza impinduka, bizatanga ubutumwa bukomeye ko twumvise kandi turi gukora ibishoboka byose kugira ngo twigarurire icyizere ndetse duhindure imikorere yacu.”

Amatora y’umuyobozi wa FIFA yaherukaga kuba muri Gicurasi umwaka ushize, Sepp Blatter wageze muri iri shyirahamwe mu mwaka wa 1975, akaribera perezida kuva mu 1998 niwe wari watorewe kongera kuriyobora muri manda ya gatanu atsinze Umufaransa Jerome Champagne, Prince Ali Bin Al Hussein, Umudage Michael Van Praag, Luis Figo na David Ginola.

Kubera ibyaha bya ruswa byavuzwe muri iri shyirahamwe byanatumye bamwe mu bayobozi baryo batabwa muri yombi n’ubutabera, Blatter yeguye nyuma y’amezi atatu gusa atowe ahita anahagarikwa mu bikorwa byose bya ruhago mu gihe cy’imyaka itandatu we na Michel Platini wayoboraga UAFA.

M.Fils

2016-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gael Faye na Miss Shanel barahurira mu gitaramo

Gael Faye na Miss Shanel barahurira mu gitaramo

Ubwanditsi 18 Feb 2016
Ikipe ya Zamalek yo mu Misiri yegukanye BAL yakinwaga bwa mbere, Patriots BBC yo mu Rwanda yasoje ku mwanya wa kane.

Ikipe ya Zamalek yo mu Misiri yegukanye BAL yakinwaga bwa mbere, Patriots BBC yo mu Rwanda yasoje ku mwanya wa kane.

Ubwanditsi 31 May 2021
APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri

APR FC yafashe umwanzuro wo guhagarika iminsi 30 Mamadou Sy na Daudda Youssuf kubera imyitwarire mibi bagaragarije mu Misiri

Ubwanditsi 10 Oct 2025
Amafoto – U Rwanda rukomeje imyiteguro y’umukino bazasuramo Djibouti

Amafoto – U Rwanda rukomeje imyiteguro y’umukino bazasuramo Djibouti

Ubwanditsi 23 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IGP Gasana yasabye sosiyete zitwara abagenzi gukora kinyamwuga no kubahiriza amategeko y’umuhanda
Mu Mahanga

IGP Gasana yasabye sosiyete zitwara abagenzi gukora kinyamwuga no kubahiriza amategeko y’umuhanda

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero
Mu Mahanga

Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Umunyapolitiki Tomas Nahimana amaze iminsi mu karere k’uburasirazuba bw’Afrika
Mu Rwanda

Umunyapolitiki Tomas Nahimana amaze iminsi mu karere k’uburasirazuba bw’Afrika

Ubwanditsi 16 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru