Perezida Kagame yagaragaje ko umukino wahuje amakipe y’abafatanyabikorwa ba Visit Rwanda, Arsenal FC na Atletico Madrid wari mwiza, ashima Arsenal FC yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma wa UEFA Champions League itsinze Atletico Madrid.
Amakipe yombi yakinnye umukino wo kwishyura wa kimwe cya kabiri, ku wa 5 Gicurasi 2026.
Arsenal yakiniraga kuri Emirates Stadium yinjiye mu mukino mbere ndetse ikinira mu kibuga cya Atletico Madrid cyane. Ku munota wa 44’ Bukayo Saka yatsinze igitego rukumbi cyabonetse muri uyu mukino, bituma iyi kipe yo mu Bwongereza igira igiteranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino yombi.
Nyuma y’uyu mukino, ubutumwa Perezida Paul Kagame yashyize kuri X bugaragaza ko uyu mukino warangiye Arsenal FC itsinze Atletico Madrid wari mwiza.
Ati “Umukino mwiza hagati y’amakipe y’abafatanyabikorwa ba Visit Rwanda, Atletico Madrid na Arsenal. Mwakoze cyane Arsenal FC ku ntsinzi no kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League.”
Ku wa 6 Gicurasi 2026 hateganyijwe undi mukino wa kimwe cya kabiri uzahuza Bayern Munchen na Paris Saint Germain na zo zifitanye ubufatanye na Visit Rwanda. Umukino ubanza wari warangiye PSG iwayo itsinze Bayern Munchen 5-4.
Izakomeza izahurira na Arsenal FC ku mukino wa nyuma i Budapest ku wa 30 Gicurasi 2026.
Ni ku nshuro ya kabiri Arsenal igeze ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa, aho iya mbere ari nabwo iwuherukaho hari mu 2006 itsindwa na FC Barcelona.













