• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Museveni arashinja umutwe wa ADF kuba ari wo wishe AIGP Andrew Kaweesi n’umushinjacyaha Kagezi

Perezida Museveni arashinja umutwe wa ADF kuba ari wo wishe AIGP Andrew Kaweesi n’umushinjacyaha Kagezi

Ubwanditsi 07 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Umutwe w’inyeshyamba wa ADF ngo niwo ukwiye gushinjwa iyicwa ry’uwahoze ari umuvugizi w’igipolisi cya Uganda, Andrew Felix Kaweesi ndetse n’urupfu rw’umushinjacyaha, Joan Kagezi nk’uko byatangajwe na perezida Museveni wemeza ko iyicwa ry’aba bantu bo ku rwego rwo hejuru mu buyobozi ryababaje igihugu ndetse rigateza umwuka w’ubwoba.

Perezida Museveni wagezaga ijambo ku gihugu akaba yemeje ko kunanirwa kw’inzego z’iperereza ari byo byahaye icyuho ADF cyo gukora ubwicanyi mu gihugu.

Museveni kuri uyu wa gatatu akaba yagize ati: “Bamwe mu baterabwoba ba ADF kimwe n’abandi banyabyaha, bamaze kubona ko badashobora kurokoka mu biturage, bacengeye mu mijyi, aho tutibanze byuzuye mu bijyanye no guteza imbere ubushobozi bw’ubutasi.”

Kubera izi mpamvu, ngo ba sheikh bagera kuri 7 barishwe kimwe na Major Kiggundu, Joan Kagezi, AIGP Kaweesi ndetse na Suzan Magara.

Abashinzwe ubutasi mu gipolisi no mu gisirikare ariko bamaze iminsi bafata abakekwaho ubu bwicanyi nk’uko Chimpreports dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Perezida Museveni akaba agira ati: “Ubu bwicanyi busa nk’ubufitanye isano na ADF, ubundi bwicanyi, nk’abagore bishwe mu bice bya Entebbe na Wakiso, cyo kimwe n’ubwicanyi mu bice bya Masaka mu ijoro ry’ubunani, bwari abanyabyaha bo mu gihugu bakoresheje imipanga.”

Umuyobozi mukuru wa ADF, Jamil Mukulu, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano za Tanzania mbere yo kumwoherereza Uganda.

Uwitwa Kitagenda ni umwe mu bafashwe bakekwaho kwica Kaweesi

Ibi perezida Museveni yabitangaje mu gihe haherutse gutangazwa inkuru y’itabwa muri yombi ry’uwahoze mu mutwe kabuhariwe w’igipolisi (Police Flying Squad) witwa Abel Kitagenda ushinjwa uruhare mu iyicwa rya Andrew Kaweesi kuwa 17 Werurwe 2017.

Umukuru w’urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO), Col Kaka Bagyenda avuga ko iperereza kuri ubu bwicanyi ryenda kurangira.

Yahakanye ibyatangajwe mu itangazamakuru ariko ko Kitagenda yari azi uyu mugambi wo kwica Kaweesi.

Yagize ati: “Maze iminsi nsoma amakuru yo kuyobya mu itangazamakuru kuva muri weekend. Ariko vuba tuzarangiza iperereza hanyuma dushyikirize abakekwa igipolisi bashinjwe.”

Col Bagyenda kandi yahakanye ko kwica Kaweesi ari umugambi wateguriwe imbere mu gipolisi, avuga ko ari ibivugwa ariko bitaremezwa.

Abayobozi bamwe bavuganye na Chimpreports bakaba bayibwiye ko Kitagenda yafashwe akekwaho icyaha kidafite aho gihuriye n’ubwicanyi bukorerwa abayobozi.

Perezida Museveni akaba yabwiye inteko ishinga amategeko, ko ku birebana n’ubwicanyi bwakorewe Joan Kagezi, abashehe b’Abasilamu, AIGP Kaweesi na Major Kiggundu, abantu 90 bamaze gutabwa muri yombi bakaba bari kuburana, abatarafatwa bakaba bagishakishwa.

Yakomeje agira ati: “Abanyabyaha ba ADF muri Congo bazasubiza kuri ubu bwicanyi bw’abantu bacu nubwo baba bihishe muri Congo. Umutekano wabo n’uko bakwitanga ku bushake bagasaba imbabazi.”

 

2018-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Ubwanditsi 15 Dec 2017
U Rwanda rwasabye Uganda ibisobanuro ku ifungwa ry’Abanyarwanda n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano

U Rwanda rwasabye Uganda ibisobanuro ku ifungwa ry’Abanyarwanda n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano

Ubwanditsi 20 Dec 2017
Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala

Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala

Ubwanditsi 19 Nov 2019
Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Ubwanditsi 07 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26
Amakuru

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

Ubwanditsi 11 Sep 2025
FIFA yohereje Constant Omari nk’indorerezi mu matora ya Perezida wa Ferwafa
IMIKINO

FIFA yohereje Constant Omari nk’indorerezi mu matora ya Perezida wa Ferwafa

Ubwanditsi 27 Dec 2017
RMC yasuye abanyamakuru babiri bafunze
Mu Rwanda

RMC yasuye abanyamakuru babiri bafunze

Ubwanditsi 04 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru