• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Museveni arashinja umutwe wa ADF kuba ari wo wishe AIGP Andrew Kaweesi n’umushinjacyaha Kagezi

Perezida Museveni arashinja umutwe wa ADF kuba ari wo wishe AIGP Andrew Kaweesi n’umushinjacyaha Kagezi

Ubwanditsi 07 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Umutwe w’inyeshyamba wa ADF ngo niwo ukwiye gushinjwa iyicwa ry’uwahoze ari umuvugizi w’igipolisi cya Uganda, Andrew Felix Kaweesi ndetse n’urupfu rw’umushinjacyaha, Joan Kagezi nk’uko byatangajwe na perezida Museveni wemeza ko iyicwa ry’aba bantu bo ku rwego rwo hejuru mu buyobozi ryababaje igihugu ndetse rigateza umwuka w’ubwoba.

Perezida Museveni wagezaga ijambo ku gihugu akaba yemeje ko kunanirwa kw’inzego z’iperereza ari byo byahaye icyuho ADF cyo gukora ubwicanyi mu gihugu.

Museveni kuri uyu wa gatatu akaba yagize ati: “Bamwe mu baterabwoba ba ADF kimwe n’abandi banyabyaha, bamaze kubona ko badashobora kurokoka mu biturage, bacengeye mu mijyi, aho tutibanze byuzuye mu bijyanye no guteza imbere ubushobozi bw’ubutasi.”

Kubera izi mpamvu, ngo ba sheikh bagera kuri 7 barishwe kimwe na Major Kiggundu, Joan Kagezi, AIGP Kaweesi ndetse na Suzan Magara.

Abashinzwe ubutasi mu gipolisi no mu gisirikare ariko bamaze iminsi bafata abakekwaho ubu bwicanyi nk’uko Chimpreports dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Perezida Museveni akaba agira ati: “Ubu bwicanyi busa nk’ubufitanye isano na ADF, ubundi bwicanyi, nk’abagore bishwe mu bice bya Entebbe na Wakiso, cyo kimwe n’ubwicanyi mu bice bya Masaka mu ijoro ry’ubunani, bwari abanyabyaha bo mu gihugu bakoresheje imipanga.”

Umuyobozi mukuru wa ADF, Jamil Mukulu, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano za Tanzania mbere yo kumwoherereza Uganda.

Uwitwa Kitagenda ni umwe mu bafashwe bakekwaho kwica Kaweesi

Ibi perezida Museveni yabitangaje mu gihe haherutse gutangazwa inkuru y’itabwa muri yombi ry’uwahoze mu mutwe kabuhariwe w’igipolisi (Police Flying Squad) witwa Abel Kitagenda ushinjwa uruhare mu iyicwa rya Andrew Kaweesi kuwa 17 Werurwe 2017.

Umukuru w’urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO), Col Kaka Bagyenda avuga ko iperereza kuri ubu bwicanyi ryenda kurangira.

Yahakanye ibyatangajwe mu itangazamakuru ariko ko Kitagenda yari azi uyu mugambi wo kwica Kaweesi.

Yagize ati: “Maze iminsi nsoma amakuru yo kuyobya mu itangazamakuru kuva muri weekend. Ariko vuba tuzarangiza iperereza hanyuma dushyikirize abakekwa igipolisi bashinjwe.”

Col Bagyenda kandi yahakanye ko kwica Kaweesi ari umugambi wateguriwe imbere mu gipolisi, avuga ko ari ibivugwa ariko bitaremezwa.

Abayobozi bamwe bavuganye na Chimpreports bakaba bayibwiye ko Kitagenda yafashwe akekwaho icyaha kidafite aho gihuriye n’ubwicanyi bukorerwa abayobozi.

Perezida Museveni akaba yabwiye inteko ishinga amategeko, ko ku birebana n’ubwicanyi bwakorewe Joan Kagezi, abashehe b’Abasilamu, AIGP Kaweesi na Major Kiggundu, abantu 90 bamaze gutabwa muri yombi bakaba bari kuburana, abatarafatwa bakaba bagishakishwa.

Yakomeje agira ati: “Abanyabyaha ba ADF muri Congo bazasubiza kuri ubu bwicanyi bw’abantu bacu nubwo baba bihishe muri Congo. Umutekano wabo n’uko bakwitanga ku bushake bagasaba imbabazi.”

 

2018-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Ubwanditsi 25 Oct 2023
Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

RUSHYASHYA 08 Nov 2025
Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Ubwanditsi 09 Nov 2023
Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 26 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

P. Kagame na Museveni  bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]
INKURU NYAMUKURU

P. Kagame na Museveni bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

Ubwanditsi 30 Jan 2018
COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi
UBUKUNGU

COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

Ubwanditsi 26 Mar 2020
UGANDA: Abakobwa Batonganye n’ Abayobozi b’ Ishuri Kubera Kwambara Imyenda Igaragaza ubwambure bwabo
Mu Rwanda

UGANDA: Abakobwa Batonganye n’ Abayobozi b’ Ishuri Kubera Kwambara Imyenda Igaragaza ubwambure bwabo

Ubwanditsi 02 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru