• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ijambo ry’Umwami Kigeli V muri ibi bihe by’icyunamo Mata 2016. Ni iki kiryihishe inyuma

Ijambo ry’Umwami Kigeli V muri ibi bihe by’icyunamo Mata 2016. Ni iki kiryihishe inyuma

Ubwanditsi 14 Apr 2016 POLITIKI

Umwami Kigeli, ari na we wa nyuma w’u Rwanda, ni umwe mu bimye ingoma bakayimaraho igihe kigufi cyane. Yahunze igihugu mu mwaka wa 1960, (Abanyarwanda babyita kubunda), Dominiko Mbonyumutwa aba Perezida, anatoresha Kamarampaka yo gukuraho burundu ingoma ya cyami.

Magingo aya, inkuru ni ikimenyabose ko uburyo uyu Mwami abayeho buhabanye cyane n’ubuzima bw’icyubahiro buteye ishema nk’ubw’umwami nyirizina yahoranye.

Mu nyandiko “Umwami utagira igihugu”, yanditswe na Ariel Sabar (Washingtonian 27/05/2013) yagaragaje imibereho mibi cyane y’umwami ubara ubucyeye, ubeshejweho no gufashwa kubona igaburo rimurenza umunsi asabirije, aho atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ntibyumvikana ukuntu nyuma y’imyaka 56 mu buhunzi, Kigeli akigeza ijambo kubanyarwanda, kandi ridafite ikintu nakimwe ribungura, ahubwo ribasubiza inyuma mu bumwe n’ubwiyunge bari bamaze kugeraho.

Iyo usoma ijambo Kigeli, yavuze muri iki gihe isi yose yifatanije n’u Rwanda mu kwibuka imbaga y’abanyarwanda yahitanywe na Jenoside wibaza niba Kigeli afite amakuru ahagije ku rwanda, hari aho avuga ngo « Mbabazwa cyane n’ubwicanyi bwabaye mu gihugu cyacu, ndetse no kumva ko hari umunyarwanda ukicwa azira ubwoko bwe, ibitekerezo bye, aho akomoka cyangwa indi mpamvu iyo ariyo yose. » birababaje kubona Kigeli avuga amagambo nkaya aterekeranye ! ninde munyarwanda ukicwa azira ubwoko bwe nkuko kigeli abivuga ?

Birazwi ko bene aya magambo atoneka abanyarwanda, avugwa n’asize baruhekuye, tuziko ubu mu Rwanda ntawe uzira ubwoko bwe, ibitekerezo bye, aho akomoka cyangwa indi mpamvu iyo ariyo yose nkuko Kigeli abivuga. twese tuzi uko abahagaritse jenoside, bakirinze neza umutekano w’Abanyarwanda bose ntawe uhutajwe.

-95.png

Umwami Kigeli yaka imfashanyo

Abazi neza Kigeli bamuziho kugira ibitekerezo bishaje n’imyumvire nk’iy’abahezanguni bakomeje guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi, kandi bakifuza intambara kubanyarwanda.

Dore ijambo ry’umwimerere rya Kigeli muri iki cyunamo

Ndabaramukanya urukundo n’urukumbuzi rwinshi kandi mbifuriza kugira ubwihangane muri ibi bihe twibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yo 1994 mu Rwanda n’ubundi bwicanyi byaduhekuye bugahitana inzirakarengane nyinshi.

Nk’umubyeyi wanyu nifatanije n’abanyarwanda bose mukababaro bafite muri ibi bihe.

Mu bihe nk’ibi twibuka abacu bazize ubwicanyi ndengakamere bwabaye mu gihugu cyacu, birakwiye ko abana b’u Rwanda aho bari hose baharanira ubwumvikane no kubabarirana bityo bakirinda amacakubiri , ahubwo bakarushaho gukorera hamwe, kubahana no gukundanda, kuko aribyo muti nyakuri watuma dushobora kubana mu mahoro mu rwatubyaye n’ahandi hose.

Birakwiye ko buri munyarwanda yumva ko kumena amaraso ari ukunyuranya nibyo Imana idushakaho nk’ibiremwa byayo; tugomba kwirinda kandi icyatuma u Rwanda rusubira mu miborogo nk’iyo muri 1994 n’ubundi bwicanyi bwagiye buba mu gihugu hose cyane cyane twirinda ibyabaye mu mamateka y’igihugu cyacu byatuzaniye ibyago bikomeye harimo:

Ubuhunzi, amacakubiri mu moko n’uturere no gutakaza umuco mwiza w’urukundo rwakimuntu byarangaga umunyarwanda. Mbabazwa cyane n’ubwicanyi bwabaye mu gihugu cyacu, ndetse no kumva ko hari umunyarwanda ukicwa azira ubwoko bwe, ibitekerezo bye, aho akomoka cyangwa indi mpamvu iyo ariyo yose.

-2639.jpg

Ndahindurwa

Dusubize amaso imyuma maze turebe impamvu nkuru zatumye amahano nk’ariya n’ubwicanyi burenze urugero buba hagati y’abana b’u Rwanda; maze turusheho guharanira amahoro n’ubumwe kandi turwanye twese byimazeyo ko bitakongera kubaho. Ibihe turimo birasaba ko buri munyarwanda agomba kumva ko u Rwanda ari urwa twese, kandi ko dukwiye kurubanamo mu mahoro n’ubwumvikane nk’abavandimwe.

Ndabasaba gushyirahamwe tugaharanira indangakamere z’umuco mwiza ubereye abana b’ u Rwanda, tukabwizanya ukuri kubyabaye mu gihugu cyacu kugirango dushakire hamwe umuti nyawo watuma twubaka ejo hazaza heza habereye urubyiruko n’abadukomokaho bose.

Imana irinde u Rwanda rwacu n’ abarutuye.

Ndangije mbifuriza amahoro.

Bikorewe i Washington, kuwa 07/04/2016.

Umwami Kigeli V Ndahindurwa.

Ubusanzwe Kigeli yari impunzi muri Uganda afashwe neza Perezida Iddi Amin. Amini ahiritswe ku butegetsi mu 1978, Kigeli yahungiye muri Kenya afatwa neza na Paster Ezra Mpyisi, nyuma aza kumuhungishiriza muri Amerika.

Nanubu rero Mpyisi ahora agundagurana n’itahuka rya Kigeli, areba uko yagaruka mu Rwanda , leta y’uRwanda nayo ngo ihora yiteguye kwakira Kigeli mu byubahiro bye.

Ariko n’ubwo Mpyisi abona yuko bikwiye, abanyarwanda bavuga y’uko Kigeli yamaze kwangirika ntacyo yamarira igihugu n’abanyarwanda ko ahubwo aje yabasubiza inyuma mu bumwe n’ubwiyunge bari bamaze kugeraho.

Cyiza Davidson

2016-04-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Abanyarwanda ubwabo bagomba kwikebuka, bakigaya cyane kuko aribo bisenyeye ubumwe n’ Igihugu muw’1994, aho gukomeza gushakira impamvu ku banyamahanga.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Abanyarwanda ubwabo bagomba kwikebuka, bakigaya cyane kuko aribo bisenyeye ubumwe n’ Igihugu muw’1994, aho gukomeza gushakira impamvu ku banyamahanga.

Ubwanditsi 01 May 2021
Impamvu u Bufaransa bwashyigikiye kandidatire ya Mushikiwabo ku kuyobora OIF

Impamvu u Bufaransa bwashyigikiye kandidatire ya Mushikiwabo ku kuyobora OIF

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

RUSHYASHYA 10 Dec 2025
Perezida Tshisekedi agiye gutangirira ingendo z’akazi mu bihugu bitatu

Perezida Tshisekedi agiye gutangirira ingendo z’akazi mu bihugu bitatu

Ubwanditsi 04 Feb 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Rud van nesterloy
    March 28, 20187:29 am -

    Kuri Wowe wanditse iyi nkuru CYIZA DAVIDSON

    maze gusoma imyandikire y’inkuru yawe kubwanjye nsanga hari icya biguteye
    kuko wasesenguye uganisha kucyo washakaga kugeraho kuko njye mbona warabaye nkumuntu uhimbira undi
    kuko se wenda uwo bahimbira atabasha no kunyomoza ibinyoma byawe
    dore rero inyandiko zawe uzandika ushaka ko zisomwa inama nakugiro ba umunyamwuga ureke gutwarwa no kubogama,
    vuga ibigomba kuvugwa, sesengura neza kandi wirinde ibinyoma no gesebanya
    Witwarwa ninyungu uriho uharanira ngo wibagirwe ejo hazaza
    koresha ubwenge bwawe kora ubushakashatsi bwawe neza kandi wirinde kuba igikoresho ahubwo ube umukozi wikinyamakuru ukorera

    Isubireho kuko ibi wanditse ntabwo ari byo

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bamwe mu bahoze bayobora Rayon sports barateranya Leta n’abaturage.
Amakuru

Bamwe mu bahoze bayobora Rayon sports barateranya Leta n’abaturage.

Ubwanditsi 03 May 2024
HAMISA MABETTO urwaye bikomeye ngo yaba yafashwe n’Amadayimoni
SHOWBIZ

HAMISA MABETTO urwaye bikomeye ngo yaba yafashwe n’Amadayimoni

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Gushyirahamwe kw’abagore nibyo bizazana impinduka -Graça Machel
Mu Mahanga

Gushyirahamwe kw’abagore nibyo bizazana impinduka -Graça Machel

Ubwanditsi 13 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru