• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Bobi Wine mu rukiko yavuze ko aticuza

Bobi Wine mu rukiko yavuze ko aticuza

Ubwanditsi 02 May 2019 HIRYA NO HINO, POLITIKI

Ubwo yitabaga urukiko ku wa mbere tariki ya 29 Mata 2019, Depite Ssentamu Robert Kyagulanyi wamenyekanye cyane nka Bobi Wine ku izina ry’ubuhanzi, yatangaje abantu nyuma yuko ahawe umwanya wo kugira icyo avuga akavuga ko atari we uri mu rubanza ko ahubwo ari urukiko ubwarwo ruri mu rubanza.

Uyu mudepute wa Kyadondo y’Uburasirazuba, yaraye agejejwe imbere y’urukiko rwa ‘Buganda Road’ ruherereye mu murwa mukuru wa Uganda, Kampala, ashinjwa kudakurikiza ‘Status’ imugenga, icyaha bivugwa ko yakoze mu kwezi kwa 7 k’umwaka washize wa 2018.

Kimwe n’umuvandimwe we Fred Nyanzi Ssentamu, uwitwa David Lule, Edward Sebufu n’abandi, bashinjwa kuba barasuzuguye amategeko bagategura imyigaragambyo mu buryo bunyuranije n’ingingo ya 116 mu gitabo cy’amategeko ahana.

Kuri ubu Bobi Wine afungiye by’agateganyo muri Gereza ya Luzira kugeza ku wa kane taliki ya 2 z’ukwezi kwa 5 twinjiyemo aho azasubira mu rukiko kuburana ku byo aregwa.

Ahawe umwanya ngo agire icyo yabwira urukiko mbere yo gukomeza afunzwe, Bobi Wine nibwo yumije abantu agira ati “Murakoze kuri aka kanya mumpaye, mfite icyizere ko atari njye uri mu rubanza, ni urukiko ubwarwo ruri mu rubanza, nta cyaha na kimwe nakoze, ndi hano gusa kuko ntemeranywa na Politique iyoboye igihugu, by’umwihariko Perezida Museveni.”

Bobi wine yongeyeho ko roho ye yizeye ko atari mu rukiko kubwo kwiba ibya rubanda cyangwa kwica umuntu, ahubwo yishimiye kuba ari mu rukiko kubwo kurwanirira rubanda, Perezida w’urukiko na buri munyagihugu wese.

Uyu munyamuziki winjiye muri Politique, yavuze ko azakomeza kurwanya imisoro ibogamye no kurwanirira ubutabera kuri bose, niba ari kubabazwa kubera byo, nta pfunwe afite bigomba kuba, kuko ayo mateka ngo azamucungura.

Hari abandi bareganwa na Bobi Wine bo bakomeje kuba mu buhungiro kuva taliki ya 11 z’ukwa 7 k’umwaka ushize mu mihanda ya Kampala, bashinjwa gusuzugura ingingo za 5 ni iya 10 z’amategeko agenga umudendezo wa rubanda, bategura inama rusange y’abaturage batabimenyesheje ubuyobozi ubwo aribwo bwose, batanujuje ibisabwa cyangwa ngo banakorane na Police ngo yemeze ko abayitabiriye bose nta ntwaro bitwaje.

Perezida Museveni uyu muhanzi ashinja kuba inyuma y’ibimukorerwa byose, aherutse kubwira abahanzi batandukanye bo muri Uganda gutandukanya umuziki na Politiki kuko ngo ntaho bihuriye.

Gusa nubwo Museveni yavuze ibi, na we mu bikorwa bye by’ubukangurambaga yagiye agaragara akoresha umuziki n’abanyamuziki banyuranye.

2019-05-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Ubwanditsi 09 Apr 2020
RDC: Ikibatsi cy’umuriro n’imvura y’amasasu bikomeje kwisuka ku barwanyi ba Kayumba (Video)

RDC: Ikibatsi cy’umuriro n’imvura y’amasasu bikomeje kwisuka ku barwanyi ba Kayumba (Video)

Ubwanditsi 01 Jul 2019
Canada: Gen Kabarebe yagaragaje ubushake bw’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi

Canada: Gen Kabarebe yagaragaje ubushake bw’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

Ubwanditsi 27 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu 3 Kiliziya isabwa kugirango ihabwe imbabazi

Ubwanditsi 24 Nov 2016
Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?
Amakuru

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Ubwanditsi 24 Aug 2024
Perezida Kagame yasimbuye Museveni k’Ubuyobozi bwa  EAC
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasimbuye Museveni k’Ubuyobozi bwa EAC

Ubwanditsi 02 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru