• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umutoza wa Rayon Sports Minnaert yakiriye Djoliba yitegura abakeba APR FC

Umutoza wa Rayon Sports Minnaert yakiriye Djoliba yitegura abakeba APR FC

Ubwanditsi 16 Mar 2018 IMIKINO

Nyuma y’imyaka isaga ibiri batandukanye, umutoza w’ikipe ya Rayon Sports; Ivan Minnaert yongeye guhura n’ikipe yahoze atoza ya AC Djoliba, ayiha ikaze mbere y’uko aba banya-Mali bahura n’abakeba ba Rayon Sports; APR FC , muri CAF Confederation Cup.

APR FC izakira AC Djoliba mu mukino wo kwishyura wa 1/16 cya CAF Confederation Cup kuri uyu wa Gatandatu, umukino uzabera kuri Stade Amahoro i Remera guhera saa 15:30.

Iyi kipe yo muri Mali yaraye igeze i Kigali, aho ije guhagarara ku gitego 1-0 yatsinze mu mukino ubanza wabaye mu minsi 10 ishize i Bamako.

AC Djoliba de Bamako yaraye igeze i Kigali gukina na APR FCAC Djoliba de Bamako yaraye igeze i Kigali gukina na APR FC

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, umutoza wa Rayon Sports, Ivan Jacky Minnaert yashyize hanze ifoto ye yongeye guhura na bamwe mu bo bakoranye muri iyi kipe yatoje hagati y’Ukwakira 2014 n’Ugushyingo 2015, aho yayisanganiye kuri Grand Legacy Hotel bacumbitsemo.

Nyuma yo kongera kugirwa umutoza wa Rayon Sports ku nshuro ya kabiri mu ntagiriro z’uku kwezi, Ivan Minnaert yaje bwa mbere muri Rayon Sporrs tariki ya 13 Ugushyingo 2015 avuye muri Djoliba, gusa ntiyahatinze kuko tariki ya 26 Gashyantare 2016 yahise yerekeza muri AFC Leopards yo muri Kenya.

Ivan Minnaert yaje muri Rayon Sports bwa mbere mu 2015 avuye muri Djoliba /Foto:Hardy Uwihanganye- RuhagoYacuIvan Minnaert yaje muri Rayon Sports bwa mbere mu 2015 avuye muri Djoliba /Foto:Hardy Uwihanganye- RuhagoYacu
Minnaert yagiye guha ikaze no kuganira n'iyi kipe yabereye umutoza mbere yo kuza mu Rwanda

Minnaert yagiye guha ikaze no kuganira n’iyi kipe yabereye umutoza mbere yo kuza mu Rwanda
Umutoza wa Rayon Sports yashyize hanze ifoto mu ijoro ryakeye

Umutoza wa Rayon Sports yashyize hanze ifoto mu ijoro ryakeye

Ivan Minnaert akomeje gutegura umukino wo kwishyura ikipe ye ya Rayon Sports izahuramo na Mamelodi Sundowns ku Cyumweru muri Afurika y’Epfo, muri 1/16 cya CAF Champions League.

Rayon Sports irasabwa gutsinda cyangwa kunganya uyu mukino, ariko yinjije byibuze igitego kugira ngo yizere gukora amateka yo kuba ikipe ya mbere igeze mu matsinda y’iri rushanwa nyafurika.

Minnaert ntabwo azareba uko ikipe yabereye umutoza izaba yesurana n’ikipe ya APR FC bahanganye hano mu Rwanda dore ko biteganyijwe ko iyi kipe yambara ubururu n’umweru abereye umutoza, ihaguruka mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu saa Tatu za mu gitondo (09:00), yerekeza muri Afurika y’Epfo mu gihe umukino uzaba ku Cyumweru saa 19:00.

2018-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Steve Mclaren yeretswe umuryango muri NEWCASTLE

Steve Mclaren yeretswe umuryango muri NEWCASTLE

Ubwanditsi 11 Mar 2016
Ikipe ya Rayon Sports yaguye miswi na Lydia Ludic 1-1

Ikipe ya Rayon Sports yaguye miswi na Lydia Ludic 1-1

Ubwanditsi 12 Feb 2018
Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Ubwanditsi 23 Dec 2022
Tour du Rwanda 2020: Umunya-Ethiopia yegukanye agace ka kabiri

Tour du Rwanda 2020: Umunya-Ethiopia yegukanye agace ka kabiri

Ubwanditsi 24 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yatangaje Serumogo Omar na Mitima Isaac nk’abakinnyi bayo kugeza mu mpeshyi za 2025
Amakuru

Rayon Sports yatangaje Serumogo Omar na Mitima Isaac nk’abakinnyi bayo kugeza mu mpeshyi za 2025

Ubwanditsi 04 Jul 2023
REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC
Amakuru

REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC

Ubwanditsi 02 Oct 2025
Urugiye kera ruhinyuza intwari : Perezida Mugabe yeguye nyuma y’imyaka 37 ku butegetsi
HIRYA NO HINO

Urugiye kera ruhinyuza intwari : Perezida Mugabe yeguye nyuma y’imyaka 37 ku butegetsi

Ubwanditsi 21 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru