• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe

Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe

Ubwanditsi 21 Apr 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda n’itangazamakuru byose nk’ibikorera abaturage birashaka uburyo bwo gukorana ku buryo nta n’umwe ubangamira undi mu kazi.

Kuri uyu wa Kane, abanyamakuru n’abapolisi bakuru bateraniye hamwe i Kigali bigira hamwe uko banoza akazi kabo, buri wese akuzuza inshingano afitiye sosiyete.

Nubwo byabaye ngombwa ko Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC) ku bufatanye butegura aya mahugurwa, haremezwa ko nta gikuba cyacitse, ko nta munyamakuru uhohoterwa mu kazi n’umupolisi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Celestin Twahirwa yagize ati “Nta tangazamakuru rifitanye ikibazo na Polisi, nta mupolisi ufitanye ikibazo n’itangazamakauru.”

-2706.jpg

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Celestin Twahirwa

Nubwo ariko avuga atya, ACP Twahirwa avuga ko ahari abantu hatabura ibibazo, bityo ko hakenewe amahugurwa ahoraho mu kurushaho gukora kinyamwuga. Ibibazo bigaragajwe bigakemuka, nta mupolisi uhutaje umunyamakuru.

Ashimangira ko Polisi izirikana ko abanyamakuru ari umuyoboro wo kwereka abaturarwanda uko umutekano wabo urinzwe, n’ibyo bagomba kwirinda.

Agashimangira ariko ko amakuru yose atari ngombwa kuyatangaza, yaba ku ruhande rw’inzego z’umutekano kimwe n’itangazamakuru.

Yaboneyeho kuvuga ko hari nk’ibitangazwa nko ku mbuga nkoranyamabaga, cyangwa itangazamakuru bihabanye n’umuco nyarwanda cyangwa umutekano w’abaturage mu gihe ari ibibahahamura.

-2707.jpg

Cleophas Barore uyoboye RMC

Ku ruhande rw’abanyamakuru, Cleophas Barore uyoboye RMC, agaragaza ko guhugurirwa hamwe n’abapolisi ari umwanya wo gusasa inzobe, hakagaragazwa aho bamwe bagiye basitaranaho mu kazi.

Yagize ati“Hari n’igihe umuntu asitaranaho kubera ko umuntu atazi inshingano zundi.”

Umupolisi waturutse muri Canada akaba ari impuguke mu by’itangazamakuru, niwe ugiye kumarana iminsi itatu n’abanyamakuru n’abapolisi bamwe bakorana n’itangazamakuru.

Kugeza ubu mu Rwanda nta rubanza ruriho, umunyamakuru agaragaza ko yahohotewe.

Ku rundi ruhande ariko, Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura rurasaba n’abanyamakuru kubahiriza amahame agenga umwuga wabo, ku buryo nabo batagira umuturage bahohotera.

Ku muturage wahohotewe nawe, uru rwego rugaragaza ko rumwakira. Kugeza ubu RMC ivuga ko kuva yashingwa imaze kwakira ibirego birega 140, harimo n’iby’abaturage batishimira ibyabatangajweho.

2016-04-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Apr 2024
Abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique baratabaza

Abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique baratabaza

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Umusirikare w’u Rwanda yahitanwe n’impanuka y’imodoka

Umusirikare w’u Rwanda yahitanwe n’impanuka y’imodoka

Ubwanditsi 07 Jul 2016
Christine Uwizera Coleman, umupasitori wanywanye na Sekibi. 

Christine Uwizera Coleman, umupasitori wanywanye na Sekibi. 

Ubwanditsi 20 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itorero Philadephia ryabaye umuhuza wa aba perezida badacana uwaka muri Kongo Kinshasa ari bo M Fayulu na Perezida E Tchisekedi
Mu Mahanga

Itorero Philadephia ryabaye umuhuza wa aba perezida badacana uwaka muri Kongo Kinshasa ari bo M Fayulu na Perezida E Tchisekedi

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Bugesera: Abaturage ba Rilima bahuriye mu nama y’umutekano
Mu Mahanga

Bugesera: Abaturage ba Rilima bahuriye mu nama y’umutekano

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Abaturage Kaniga ngo’ RPF – Inkotanyi ‘ iri hafi guhindura aho batuye  paradizo
POLITIKI

Abaturage Kaniga ngo’ RPF – Inkotanyi ‘ iri hafi guhindura aho batuye paradizo

Ubwanditsi 14 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru