• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe

Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe

Ubwanditsi 21 Apr 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda n’itangazamakuru byose nk’ibikorera abaturage birashaka uburyo bwo gukorana ku buryo nta n’umwe ubangamira undi mu kazi.

Kuri uyu wa Kane, abanyamakuru n’abapolisi bakuru bateraniye hamwe i Kigali bigira hamwe uko banoza akazi kabo, buri wese akuzuza inshingano afitiye sosiyete.

Nubwo byabaye ngombwa ko Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC) ku bufatanye butegura aya mahugurwa, haremezwa ko nta gikuba cyacitse, ko nta munyamakuru uhohoterwa mu kazi n’umupolisi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Celestin Twahirwa yagize ati “Nta tangazamakuru rifitanye ikibazo na Polisi, nta mupolisi ufitanye ikibazo n’itangazamakauru.”

-2706.jpg

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Celestin Twahirwa

Nubwo ariko avuga atya, ACP Twahirwa avuga ko ahari abantu hatabura ibibazo, bityo ko hakenewe amahugurwa ahoraho mu kurushaho gukora kinyamwuga. Ibibazo bigaragajwe bigakemuka, nta mupolisi uhutaje umunyamakuru.

Ashimangira ko Polisi izirikana ko abanyamakuru ari umuyoboro wo kwereka abaturarwanda uko umutekano wabo urinzwe, n’ibyo bagomba kwirinda.

Agashimangira ariko ko amakuru yose atari ngombwa kuyatangaza, yaba ku ruhande rw’inzego z’umutekano kimwe n’itangazamakuru.

Yaboneyeho kuvuga ko hari nk’ibitangazwa nko ku mbuga nkoranyamabaga, cyangwa itangazamakuru bihabanye n’umuco nyarwanda cyangwa umutekano w’abaturage mu gihe ari ibibahahamura.

-2707.jpg

Cleophas Barore uyoboye RMC

Ku ruhande rw’abanyamakuru, Cleophas Barore uyoboye RMC, agaragaza ko guhugurirwa hamwe n’abapolisi ari umwanya wo gusasa inzobe, hakagaragazwa aho bamwe bagiye basitaranaho mu kazi.

Yagize ati“Hari n’igihe umuntu asitaranaho kubera ko umuntu atazi inshingano zundi.”

Umupolisi waturutse muri Canada akaba ari impuguke mu by’itangazamakuru, niwe ugiye kumarana iminsi itatu n’abanyamakuru n’abapolisi bamwe bakorana n’itangazamakuru.

Kugeza ubu mu Rwanda nta rubanza ruriho, umunyamakuru agaragaza ko yahohotewe.

Ku rundi ruhande ariko, Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura rurasaba n’abanyamakuru kubahiriza amahame agenga umwuga wabo, ku buryo nabo batagira umuturage bahohotera.

Ku muturage wahohotewe nawe, uru rwego rugaragaza ko rumwakira. Kugeza ubu RMC ivuga ko kuva yashingwa imaze kwakira ibirego birega 140, harimo n’iby’abaturage batishimira ibyabatangajweho.

2016-04-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

Ubwanditsi 17 May 2024
Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwatonetse inkovu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.

Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwatonetse inkovu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.

Ubwanditsi 16 Sep 2022
Abasirikare ba Congo bagabye igitero ku nyeshyama z’Abarundi ziyobowe na Gen. Nzabampema Aloys

Abasirikare ba Congo bagabye igitero ku nyeshyama z’Abarundi ziyobowe na Gen. Nzabampema Aloys

Ubwanditsi 03 Apr 2019
Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Ubwanditsi 03 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN:Ikipe izegukana igikombe izahabwa akayabo izahembwa miliyoni 560 FRW
IMIKINO

CHAN:Ikipe izegukana igikombe izahabwa akayabo izahembwa miliyoni 560 FRW

Ubwanditsi 02 Jan 2016
Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah
Amakuru

Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah

Ubwanditsi 12 Sep 2022
Inzego z’ubutasi za Uganda [ CMI ] zubuye ibikorwa byo gushimuta  Abanyarwanda
ITOHOZA

Inzego z’ubutasi za Uganda [ CMI ] zubuye ibikorwa byo gushimuta Abanyarwanda

Ubwanditsi 29 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru