• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Tanzania: Depite Tundu Lisu yarasiwe iwe bikekwa ko yaba yazize kumena ibanga

Tanzania: Depite Tundu Lisu yarasiwe iwe bikekwa ko yaba yazize kumena ibanga

Ubwanditsi 08 Sep 2017 ITOHOZA

Depite Tundu Lisu wo mu ishyaka rya CHADEMA muri Tanzania yarashwe n’umuntu utaramenyekana, ahita ajyanwa mu Bitaro Bikuru bya Dodoma.

Umuyobozi mukuru wa CHADEMA Freeman Mbowe aravuga ko Depite Tundu Lisu yarasiwe iwe mu rugo kuri uyu wa kane, akaba arembye.

Amakuru tukirimo gutohoza aravuga ko Depite Tundu Lisu bikekwa ko yaba yazize kumena ibanga no kutavuga rumwe n’ubutegetsi ku kibazo cy’imyitozo ya gisilikare ikomeje gukorerwa mu nkambi z’Abarundi igamije guteza umutekano muke muri kano karere.

Ayo makuru agitohozwa kandi avuga ko bamwe mu biyita impunzi z’abarundi mu nkambi muri Tanzania bahawe imyitozo ya gisilikare.

Ibi ngo biri mu rwego rwo kwitegura guhangana n’ibitero by’abarwanya ubutegetsi bwa Petero nkurunziza bibumbiye muri FOREBU ya Gen. Godefoid Niyombare.

Ishyaka rya CHADEMA ryasohoye itangazo ryamagana iraswa ry’umunyamuryango waryo, risaba polisi gukora iperereza, nk’uko tubikesha Ikinyamakuru Swahili Times.

-7935.jpg


Aho Tundu Lissu aryamye mu bitaro, ni mu cyumba cy’abarwayi bagomba kubagwa, nk’uko bitangazwa na Mwananchi.

Abanyepolitiki batandukanye bamaze kumugeraho mu bitaro, kimwe n’inshuti n’abavandimwe, bamwe barira.

Perezida John Magufuli yavuze ko yababajwe bikomeye n’iraswa ry’uyu mugabo, avuga ko aza kumusengera agakira.

-7937.jpg

Depite Tundu Lisu aganira n’abanyamakuru mu minsi ishize

Muri ubwo butumwa yacishije kuri Twitter, Magufuli yasabye inzego z’umutekano gushakisha abarashe Tundu.

Uyu mugabo w’imyaka 49 y’amavuko akomoka mu Ntara ya Singida.

Umukuru w’igihugu w’Uburundi Petero NKURUNZIZA hamwe na John Pombe MAGUFULI wa Tanzaniya baheruka kubonanira bwa mbere amaso mu yandi mu kwezi kwa karindwi 2017 mu mubonano wabereye mu karere ka Ngara mu ntara ya Kagera, mu gihugu cya Tanzaniya.

Umukuru w’igihugu Petero NKURUNZIZA yageze muri Tanzania avuye i Bujumbura mu ndege bikekwa ko ari iy’Umunyemari Rujugiro Ayabatwa Tribert, bari kumwe akaba yari mu butumwa bwa RNC, Ishyaka rye na Kayumba Nyamwasa, mu gutaha Petero Nkurunziza, yafashe urugendo n’imodoka, akaba yaraciye ku rubibe Uburundi buhana na Tanzaniya, i Kobero mu ntara ya Muyinga.

Muri urwo rugendo, Umukuru w’igihugu, Petero NKURUNZIZA yaherekejwe n’abaminisitiri batatu ba Leta y’Uburundi aribo Alain Guillaume BUNYONI ushinzwe Umutekano, Alain Aimé NYAMITWE Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Isabelle NDAHAYO ushinzwe ’Uburundi muri Afrika y’uburasirazuba, Domitien NDIHOKUBWAYO w’ikigega cya Leta, hamwe na Emmanuel NTAHOMVUKIYE ushinzwe kwivuna abanzi.

Umukuru w’Igihugu wa Tanzaniya niwe wagiye kumwakira, mw’ijambo rye yabwiye abaturage bari ku kibuga cy’umupira w’amaguru i Ngara, John MAGUFULI yababwiye ko yabazaniye umukuru w’Igihugu Petero NKURUNZIZA, ababwira ko yaje kuganira nawe bari bonyine, nyuma ku mugoroba agirana ibiganiro n’abandi bamuherekeje.

-7934.jpg

Perezida Nkurunziza na Perezida Magufuri i Ngara muri Tanzania

2017-09-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Uganda: Dr Sam Ruvuma yatawe muri yombi akekwaho uruhare mu gucyura ku ngufu  impunzi z’Abanyarwanda

Uganda: Dr Sam Ruvuma yatawe muri yombi akekwaho uruhare mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Ubwanditsi 19 Dec 2017
I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

Ubwanditsi 03 Sep 2024
Itohoza : Uko isoko ryo kubaka Hoteli ya FERWAFA, imaze gufungisha abantu 3 ryatanzwe

Itohoza : Uko isoko ryo kubaka Hoteli ya FERWAFA, imaze gufungisha abantu 3 ryatanzwe

Ubwanditsi 26 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016
Mu Mahanga

14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

Ubwanditsi 25 Jan 2017
CECYDAR igiye kwizihiza imyaka 25 imaze ishinzwe hanibukwa uwayishinze ariwe Rugamba Sipiriyani.
SHOWBIZ

CECYDAR igiye kwizihiza imyaka 25 imaze ishinzwe hanibukwa uwayishinze ariwe Rugamba Sipiriyani.

Ubwanditsi 29 Aug 2017
Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize
INKURU NYAMUKURU

Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize

Ubwanditsi 12 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru