• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Tanzania: Depite Tundu Lisu yarasiwe iwe bikekwa ko yaba yazize kumena ibanga

Tanzania: Depite Tundu Lisu yarasiwe iwe bikekwa ko yaba yazize kumena ibanga

Ubwanditsi 08 Sep 2017 ITOHOZA

Depite Tundu Lisu wo mu ishyaka rya CHADEMA muri Tanzania yarashwe n’umuntu utaramenyekana, ahita ajyanwa mu Bitaro Bikuru bya Dodoma.

Umuyobozi mukuru wa CHADEMA Freeman Mbowe aravuga ko Depite Tundu Lisu yarasiwe iwe mu rugo kuri uyu wa kane, akaba arembye.

Amakuru tukirimo gutohoza aravuga ko Depite Tundu Lisu bikekwa ko yaba yazize kumena ibanga no kutavuga rumwe n’ubutegetsi ku kibazo cy’imyitozo ya gisilikare ikomeje gukorerwa mu nkambi z’Abarundi igamije guteza umutekano muke muri kano karere.

Ayo makuru agitohozwa kandi avuga ko bamwe mu biyita impunzi z’abarundi mu nkambi muri Tanzania bahawe imyitozo ya gisilikare.

Ibi ngo biri mu rwego rwo kwitegura guhangana n’ibitero by’abarwanya ubutegetsi bwa Petero nkurunziza bibumbiye muri FOREBU ya Gen. Godefoid Niyombare.

Ishyaka rya CHADEMA ryasohoye itangazo ryamagana iraswa ry’umunyamuryango waryo, risaba polisi gukora iperereza, nk’uko tubikesha Ikinyamakuru Swahili Times.

-7935.jpg


Aho Tundu Lissu aryamye mu bitaro, ni mu cyumba cy’abarwayi bagomba kubagwa, nk’uko bitangazwa na Mwananchi.

Abanyepolitiki batandukanye bamaze kumugeraho mu bitaro, kimwe n’inshuti n’abavandimwe, bamwe barira.

Perezida John Magufuli yavuze ko yababajwe bikomeye n’iraswa ry’uyu mugabo, avuga ko aza kumusengera agakira.

-7937.jpg

Depite Tundu Lisu aganira n’abanyamakuru mu minsi ishize

Muri ubwo butumwa yacishije kuri Twitter, Magufuli yasabye inzego z’umutekano gushakisha abarashe Tundu.

Uyu mugabo w’imyaka 49 y’amavuko akomoka mu Ntara ya Singida.

Umukuru w’igihugu w’Uburundi Petero NKURUNZIZA hamwe na John Pombe MAGUFULI wa Tanzaniya baheruka kubonanira bwa mbere amaso mu yandi mu kwezi kwa karindwi 2017 mu mubonano wabereye mu karere ka Ngara mu ntara ya Kagera, mu gihugu cya Tanzaniya.

Umukuru w’igihugu Petero NKURUNZIZA yageze muri Tanzania avuye i Bujumbura mu ndege bikekwa ko ari iy’Umunyemari Rujugiro Ayabatwa Tribert, bari kumwe akaba yari mu butumwa bwa RNC, Ishyaka rye na Kayumba Nyamwasa, mu gutaha Petero Nkurunziza, yafashe urugendo n’imodoka, akaba yaraciye ku rubibe Uburundi buhana na Tanzaniya, i Kobero mu ntara ya Muyinga.

Muri urwo rugendo, Umukuru w’igihugu, Petero NKURUNZIZA yaherekejwe n’abaminisitiri batatu ba Leta y’Uburundi aribo Alain Guillaume BUNYONI ushinzwe Umutekano, Alain Aimé NYAMITWE Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Isabelle NDAHAYO ushinzwe ’Uburundi muri Afrika y’uburasirazuba, Domitien NDIHOKUBWAYO w’ikigega cya Leta, hamwe na Emmanuel NTAHOMVUKIYE ushinzwe kwivuna abanzi.

Umukuru w’Igihugu wa Tanzaniya niwe wagiye kumwakira, mw’ijambo rye yabwiye abaturage bari ku kibuga cy’umupira w’amaguru i Ngara, John MAGUFULI yababwiye ko yabazaniye umukuru w’Igihugu Petero NKURUNZIZA, ababwira ko yaje kuganira nawe bari bonyine, nyuma ku mugoroba agirana ibiganiro n’abandi bamuherekeje.

-7934.jpg

Perezida Nkurunziza na Perezida Magufuri i Ngara muri Tanzania

2017-09-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Ubwanditsi 01 Jun 2020
Umusomyi: SISI reka gusaza wanduranije cyane

Umusomyi: SISI reka gusaza wanduranije cyane

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda uwashakishwaga akekwaho ubujura

Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda uwashakishwaga akekwaho ubujura

Ubwanditsi 05 Jan 2017
Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 26 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarundi bavuga yuko umuyobozi wa CNDD-FDD yataye umutwe
Mu Rwanda

Abarundi bavuga yuko umuyobozi wa CNDD-FDD yataye umutwe

Ubwanditsi 31 Mar 2016
Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Menya impamvu umugi wa Rouen mu Bufaransa wabaye indiri y’Interahamwe aho Ingabire Victoire yanyuze agakorera inama ya nyuma mbere yuko aza mu Rwanda muri 2009
HIRYA NO HINO

Menya impamvu umugi wa Rouen mu Bufaransa wabaye indiri y’Interahamwe aho Ingabire Victoire yanyuze agakorera inama ya nyuma mbere yuko aza mu Rwanda muri 2009

Ubwanditsi 05 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru