• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Ubwanditsi 08 Jan 2018 ITOHOZA

Mu Karere ka Kisoro muri Uganda havumbuwe imbunda 11 mu mukwabu w’abashinzwe umutekano ndetse Abanyarwanda 20 bivugwa ko binjiye mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko barirukanwa.

Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’aka karere, Hajji Shafiq Sekandi, umaze iminsi akurikirana imikwabu nk’iyi ikorwa kuva mu mwaka ushize n’abashinzwe umutekano, ngo izo mbunda zazanwe mu gihugu zivanwe muri Congo n’abahoze ari abarwanyi ba M23 bahungaga.

Inyinshi muri izi mbunda ngo zikaba zigurishwa n’izi nyeshyamba ku banyabyaha.

Mu mukwabu waherukaga mu mujyi wa Bunagana wo muri Congo uhana imbibe na Uganda nk’uko Chimpreports dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga, ngo abayobozi ku ruhande rwa Congo batangaje ko bavumbuye imbunda n’amasasu mu rugo rw’umugore w’imyaka 71 witwa Saidati Ndagizi.

Iminsi mikeya nyuma yahoo kuwa 31 Ukuboza 2017, imbunda ya AK-47 n’amasasu yayo byavumbuwe mu giturage cya Rukolo muri Uganda ihishe munsi y’amabuye.

Hagati aho, umuyobozi wa Kisoro akaba anatangaza ko Abanyarwanda 20 bakuwe ku mupaka wa Cyanika nyuma yo gusanga nta byangombwa bafite bibemerera kwinjira muri Uganda, barasuzumwa basubizwa inyuma.

Ibi bibaye nyuma y’iminsi mikeya nabwo abandi Banyarwanda 75 birukanwe muri Uganda nyuma yo gufatirwa muri Kisoro, aho ikinyamakuru Daily Monitor cyatangaje ko abenshi muri abo bantu bafashwe bashinjwa ibyaha bitandukanye birimo  gutura no kwinjira muri Uganda mu buryo butemewe ndetse no gucukura amabuye y’ agaciro bujura.

Ni ubwa gatatu mu gihe kitaranze ibyumweru 3, Uganda yirukana ku butaka bwayo Abanyarwanda babanjije gufungirwa i Kampala kuko no mu mpera z’umwaka ushize hari abanyarwanda 5 birukanywe.

 

2018-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Urunturuntu mu nyeshyamba za Gumino zikorana n’iza Kayumba

RDC: Urunturuntu mu nyeshyamba za Gumino zikorana n’iza Kayumba

Ubwanditsi 09 Dec 2018
Agashya : Abakandida muri Guverinoma ya Nahimana bari kumukwepa

Agashya : Abakandida muri Guverinoma ya Nahimana bari kumukwepa

Ubwanditsi 24 Jan 2017
Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana  wamwicishije

Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana wamwicishije

Ubwanditsi 10 Feb 2017
Umwe mu batorokanye na Ntamuhanga wo mu idosiye ya Kizito, yatawe muri yombi

Umwe mu batorokanye na Ntamuhanga wo mu idosiye ya Kizito, yatawe muri yombi

Ubwanditsi 04 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FARDC iravuga ko iby’inyeshyamba zinjiye muri Rutshuru ari ibihuha
Mu Mahanga

FARDC iravuga ko iby’inyeshyamba zinjiye muri Rutshuru ari ibihuha

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Umutoza wa Young Africans yatangaje amagambo akomeye mbere yo guhura na Rayon Sports
IMIKINO

Umutoza wa Young Africans yatangaje amagambo akomeye mbere yo guhura na Rayon Sports

Ubwanditsi 16 May 2018
Igitaramo  cy’Imbaturamugabo  kiswe ‘Kigali Intsinzi Concert’ kirategurwa  mu marembo ya Stade amahoro
Mu Rwanda

Igitaramo cy’Imbaturamugabo kiswe ‘Kigali Intsinzi Concert’ kirategurwa mu marembo ya Stade amahoro

Ubwanditsi 17 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru