• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gen Mudacumura Sylvestre Yafatanywe Flash Disk Yari Aboheye Mu Ijosi Irimo Amabanga Ya FDLR.

Gen Mudacumura Sylvestre Yafatanywe Flash Disk Yari Aboheye Mu Ijosi Irimo Amabanga Ya FDLR.

Ubwanditsi 18 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Nyuma y’Amakuru yacicikanye ko Umuyobozi w’umutwe w’iterabwoba wa FDLR , Sylvestre MUDACUMURA wanashakishwaga na ICC yiciwe muri RD-Congo mu gace ka Nyanzale, chefferie ya Bwito!

Tumaze kumenya ko yafatanywe flash disk yari aboheye mu ijosi irimo amabanga ya FDLR, Laptop na ma Telefone menshi na Documents nyinshi.  Iyo ni imwe mu mpamvu zo kuzahara no gucika  intege kwa FDLR n’ibikorwa byayo. Ubu umurambo we uri kujyanwa Goma aho uri bwerekanwe mu itangazamakuru.

Lt Gen Mudacumura yari umusaza urindwa n’abasirikare 120 mu misozi ikikije aho yabaga, akagira n’abandi barwanyi babarirwa muri 30 bamuba iruhande nk’uko umwe mu barwanyi babanye na we yabitangaje.

Bivugwa ko yari arwaye Diabete kandi mu ngendo ze zose akaba yakoreshaga amaguru yirinda ko yatabwa muri yombi kubera gushakishwa n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha kubera ibyaha by’intambara byakozwe n’umutwe yayoboraga.

Nyuma y’uko FDLR icitsemo ibice kahavuka CNRD, Mudacumura n’ingabo ze bahungiye mu mashyamba ya Congo muri Rutshuru ari ho aguye arashwe.

Amakuru avuga ko yaguye mu bitero byavuye mu gace ka Bwito byerekeza Bukombo aho yarasiwe akaba yari asanzwe afite ibirindiro muri ako gace ahitwa Makomalehe hazwi nka Camp Paris na Monument.

Aho ni ho yari yarashyize uburinzi n’ubuyobozi bukuriye uyu mutwe uregwa guhungabanya umutekano mu Burasirazuba bwa Congo mu myaka 19 ishize.

Ni agace gaherereye mu ishyamba ry’ibirunga muri Kivu y’Amajyaruguru hakaba ubwihisho bwa FDLR.

Lt.Gen. Mudacumura Sylivestre yaguye mu mirwano mugitero FDLR yagabweho n’umutwe udasanzwe w’abacomando ba FARDC witwa Hibou ku bufatanye n’umutwe w’inyeshyamba za NDC.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu tariki ya 18 Nzeli 2019 , mu birindiro bya FDLR, yaguwe gitumo, FADC yabashije guca muri humye umutwe wa CRAP ukuriwe na Col. Ruhinda, babasha kugariza ibirindiro bya FDLR no kwinjira neza aho Gen. Mudacumura yari aherereye, zihita zi mumishaho urufaya rw’amasasu.

Iyi mirwano yabereye Kiringa, muri Lokarite ya Makomerehe, Gurupoma ya Bukoma Zone ya Rutshuru.

Mu bandi barwanyi baguye muri iki gitero harimo Col. Serge wari umunyamabanga we na Major Gaspald wari Chef wa Escort we ndetse n’umunyamabanga wihariye wa FDLR, Col. Soso Sixbert, n’abandi cumi na batanu  bafashwe mpiri, imirwano irakomeje ntiharamenyekana neza imibare nyayo y’abayiguyemo.

LT.Gen. Mudacumura yavutse 1954, avukira mucyahoze ari Komini Kibirira, ubu ni mu karere ka Ngororero mu Ntara y’uburengerazuba, yize amashuri ya gisilikare muri The Leadership Academy Of the Armed Forces in Hamburg  mu gihugu cy’Ubudage. Mu mwaka w’I 1994 Mudacumura yari afite ipeti rya Major, akaba yari umwe mubasilikare bakomeye barindaga Perezida Habyarimana, Mudacumura yageze muri FDLR mu 2003, avuye I Kamina mu gikorwa cy’Abasilikare barwanaga kuruhande rwa Perezida Laurent Desire Kabira, akaba yaraje asimbura Col. Munyandekwe ahita ahabwa kuyobora FDLR-FOCA.

Umurambo wa Mudacumura

Umuryango we uba mugihugu cy’UBudage. Mudacumura yari yarashyiriweho impapuro mpuzamahanga zimuta muri yombi na ICC ndetse akaba yashakishwaga na Leta z’unze ubumwe z’Amerika zamushyiriyeho ibihano.

Mu mpera z’ukwezi kwa mbere uyu mwaka, Bazeye na Lt.Col Abega, bagejejwe mu Rwanda nyuma yo gutabwa muri yombi  aba bombi bafashwe ku mupaka wa Bunagana , bahuriye i Kampala mu murwa mukuru wa Uganda n’itsinda ryoherejwe n’umutwe RNC utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda kugira ngo banoze umugambi wo gutera u Rwanda.

Aba bagabo bombi baregwa kandi no gutanga amakuru atari yo ku Rwanda agamije kwangiza isura yarwo mu mahanga.

Mu Ukuboza 2018, nibwo Bazeye na Lt.Col Abega bafashwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bitangazwa ko bari bavuye muri Uganda, nyuma baje koherezwa mu Rwanda.

Umutwe wa FDLR, Bazeye na Lt.Col Abega babarizwagamo, urwanya Leta y’u Rwanda, umaze imyaka igera kuri 25 urwanira ku butaka bwa Congo, ukaba ugizwe na bamwe basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.

2019-09-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare

Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare

Ubwanditsi 21 May 2020
Impamvu nyamukuru yatumye FDLR icikamo ibice

Impamvu nyamukuru yatumye FDLR icikamo ibice

Ubwanditsi 08 Sep 2016
Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.

Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.

Ubwanditsi 26 Feb 2021
Ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa, Deo Nyirigira yitabye CMI gusobanura uburyo yiyunze na Jean Paul Turayishimye 

Ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa, Deo Nyirigira yitabye CMI gusobanura uburyo yiyunze na Jean Paul Turayishimye 

Ubwanditsi 29 Jul 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo kwirukanwa ku butegetsi, Jacob Zuma ashobora gufungwa
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo kwirukanwa ku butegetsi, Jacob Zuma ashobora gufungwa

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Indoto za Areruya ugiye gusiganwa bwa mbere mu Bufaransa mu mwambaro wa Delko Marseille
IMIKINO

Indoto za Areruya ugiye gusiganwa bwa mbere mu Bufaransa mu mwambaro wa Delko Marseille

Ubwanditsi 03 May 2018
Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?
UBUKUNGU

Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?

Ubwanditsi 08 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru