• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Muri LONI bariyama abategetsi mu Burundi bapfobya jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994

Muri LONI bariyama abategetsi mu Burundi bapfobya jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994

Ubwanditsi 28 Aug 2016 ITOHOZA

Umujyanama spesiyali wa LONI mu kuburizamo jenoside, Adama Dieng, ariyama abategetsi mu Burundi kutazongera gupfobya jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda akanabibutsa yuko imvugo za bamwe muri bo zo kuyihembera mu Burundi zikurikiranirwa hafi !

Mu itangazo ryasohorewe New York, ku cyicaro gikuru cya LONI, ejo tariki 24/08/2016, Dieng yavuze yuko aterwa impungenge n’amagambo y’abategetsi abiba urwango ruganisha mu bwicanyi. Muri iryo tangazo Adama Dieng ati urugero rwa hafi ni amagambo aherutse kuvugwa n’umutegetsi wo hejuru muri CNDD-FDD, ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi !

-3831.jpg

Pascar Nyabenda

Mu butumwa Pascar Nyabenda yatanze nka Perezida wa CNDD-FDD tariki 16 z’uku kwezi, bukaba bunagaragara kuri website y’iryo shyaka, yavuze yuko jenoside yatangajwe ko yakorewe abatutsi mu Rwanda ari ikintu cyahimbwe n’umuryango mpuzamahanga ( International Community) ngo gikoreshwe gukuraho leta y’abahutu yariho icyo gihe ( Montages Genocidaires Contre le Gouvernent dit Hutu de Kigali) !

Dieng ati amagambo nk’ayo adafite agaciro, wasesenguramo gupfobya jenoside, ashobora gutuma amako asubiranamo haba mu Burundi cyangwa inyuma y’imipaka yabwo.

-3829.jpg

Adama Dieng

Mu nama ya CNDD-FDD yabaye tariki 20 z’uku kwezi umwanya wa Perezida w’ishyaka wavanyweho, Nyabenda ajyana nawo ariko ibyo ntaho bihuriye n’ayo magambo ye gupfobya jenoside kuko ibyo ari ibisanzwe mu Burundi cyane uhereye Mata umwaka ushize. Nyabenda nubwo uwo mwanya wa Perezida yari afite mu ishyaka wakuweho ariko aracyari Perezida w’inteko nshingamategeko.

-125.png

Interahamwe

Iyo raporo ya Dieng ikagaragaza kandi yuko ibintu mu Burundi byifashe nabi kuko havugwa ubwicanyi, abantu kuburirwa irengero, iyicarubozo n’ifungwa ritisunze amategeko rikorerwa abatavuga rumwe na leta.

-3832.jpg

Umugambi ni ugutsemba Abatutsi

Dieng akavuga yuko urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD rwitwa imbonerakure rushinjwa kuba ruri muri ayo marorerwa akorerwa inzirakarengane mu Burundi ngo kandi hakaba n’amakuru avuga yuko izo Mbonerakure ziyemeje kubiba ubwicanyi n’ubundi buguzi bwa nabi bishingiye mu moko ! Dieng agatangazwa n’uko na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu mu Burundi yiyemereye yuko imbonerakure ari rumwe mu nzego z’igihugu zibungabunga umutekano !

Adama Dieng akibutsa leta y’u Burundi yuko ifite inshingano zo kubungabunga umutekano w’abantu, hatitawe ku moko cyangwa umurongo wa politike babarizwamo, ikanirinda icyo aricyo cyose cyatuma amoko asubiranamo !

-3830.jpg

Izi ni za bariyeri zo guhiga Abatutsi 1994

Dieng akanabwira kandi leta y’u Burundi yuko hasohotse amagambo nk’ayo ya Nyabenda ahembera imvururu zishingiye ku moko, yakwamaganirwa kure hagasohorwa andi yubaka ubumwe mu bantu aho ku guma muri wa murongo uhembera amacakubiri !

Kayumba Casmiry

2016-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

N.Korea iratangaza ko yiteguye kurwana intambara y’imperuka na Leta ya Amerika

N.Korea iratangaza ko yiteguye kurwana intambara y’imperuka na Leta ya Amerika

Ubwanditsi 28 Sep 2017
Super Cup: Hemejwe ko umukino wasubitswe kubera ibura ry’umuriro uzakomereza aho wari ugeze

Super Cup: Hemejwe ko umukino wasubitswe kubera ibura ry’umuriro uzakomereza aho wari ugeze

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Aho umwanzi yaba aturutse hose, yaba ari uw’indani yaba ari uwo hanze ikibazo cye kizakemuka – RDF

Aho umwanzi yaba aturutse hose, yaba ari uw’indani yaba ari uwo hanze ikibazo cye kizakemuka – RDF

Ubwanditsi 21 Jun 2018
Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Canada : David Himbara yakomanyirijwe

Ubwanditsi 31 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020
Amakuru

Rutahizamu Harry Kane yafashije ikipe y’u Bwongereza gusanga u Butaliyani ku Mukino wa Nyuma wa Euro 2020

Ubwanditsi 08 Jul 2021
Imyanzuro ikomeye yafatiwe mu nama y’abakuriye inzego z’ubutasi muri Afurika
Mu Rwanda

Imyanzuro ikomeye yafatiwe mu nama y’abakuriye inzego z’ubutasi muri Afurika

Ubwanditsi 07 Aug 2016
Hitabajwe Ambasade ya Norvège kubera abana bafatiwe muri Uganda bajyanywe muri RNC
INKURU NYAMUKURU

Hitabajwe Ambasade ya Norvège kubera abana bafatiwe muri Uganda bajyanywe muri RNC

Ubwanditsi 26 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru