• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Muri LONI bariyama abategetsi mu Burundi bapfobya jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994

Muri LONI bariyama abategetsi mu Burundi bapfobya jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994

Ubwanditsi 28 Aug 2016 ITOHOZA

Umujyanama spesiyali wa LONI mu kuburizamo jenoside, Adama Dieng, ariyama abategetsi mu Burundi kutazongera gupfobya jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda akanabibutsa yuko imvugo za bamwe muri bo zo kuyihembera mu Burundi zikurikiranirwa hafi !

Mu itangazo ryasohorewe New York, ku cyicaro gikuru cya LONI, ejo tariki 24/08/2016, Dieng yavuze yuko aterwa impungenge n’amagambo y’abategetsi abiba urwango ruganisha mu bwicanyi. Muri iryo tangazo Adama Dieng ati urugero rwa hafi ni amagambo aherutse kuvugwa n’umutegetsi wo hejuru muri CNDD-FDD, ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi !

-3831.jpg

Pascar Nyabenda

Mu butumwa Pascar Nyabenda yatanze nka Perezida wa CNDD-FDD tariki 16 z’uku kwezi, bukaba bunagaragara kuri website y’iryo shyaka, yavuze yuko jenoside yatangajwe ko yakorewe abatutsi mu Rwanda ari ikintu cyahimbwe n’umuryango mpuzamahanga ( International Community) ngo gikoreshwe gukuraho leta y’abahutu yariho icyo gihe ( Montages Genocidaires Contre le Gouvernent dit Hutu de Kigali) !

Dieng ati amagambo nk’ayo adafite agaciro, wasesenguramo gupfobya jenoside, ashobora gutuma amako asubiranamo haba mu Burundi cyangwa inyuma y’imipaka yabwo.

-3829.jpg

Adama Dieng

Mu nama ya CNDD-FDD yabaye tariki 20 z’uku kwezi umwanya wa Perezida w’ishyaka wavanyweho, Nyabenda ajyana nawo ariko ibyo ntaho bihuriye n’ayo magambo ye gupfobya jenoside kuko ibyo ari ibisanzwe mu Burundi cyane uhereye Mata umwaka ushize. Nyabenda nubwo uwo mwanya wa Perezida yari afite mu ishyaka wakuweho ariko aracyari Perezida w’inteko nshingamategeko.

-125.png

Interahamwe

Iyo raporo ya Dieng ikagaragaza kandi yuko ibintu mu Burundi byifashe nabi kuko havugwa ubwicanyi, abantu kuburirwa irengero, iyicarubozo n’ifungwa ritisunze amategeko rikorerwa abatavuga rumwe na leta.

-3832.jpg

Umugambi ni ugutsemba Abatutsi

Dieng akavuga yuko urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD rwitwa imbonerakure rushinjwa kuba ruri muri ayo marorerwa akorerwa inzirakarengane mu Burundi ngo kandi hakaba n’amakuru avuga yuko izo Mbonerakure ziyemeje kubiba ubwicanyi n’ubundi buguzi bwa nabi bishingiye mu moko ! Dieng agatangazwa n’uko na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu mu Burundi yiyemereye yuko imbonerakure ari rumwe mu nzego z’igihugu zibungabunga umutekano !

Adama Dieng akibutsa leta y’u Burundi yuko ifite inshingano zo kubungabunga umutekano w’abantu, hatitawe ku moko cyangwa umurongo wa politike babarizwamo, ikanirinda icyo aricyo cyose cyatuma amoko asubiranamo !

-3830.jpg

Izi ni za bariyeri zo guhiga Abatutsi 1994

Dieng akanabwira kandi leta y’u Burundi yuko hasohotse amagambo nk’ayo ya Nyabenda ahembera imvururu zishingiye ku moko, yakwamaganirwa kure hagasohorwa andi yubaka ubumwe mu bantu aho ku guma muri wa murongo uhembera amacakubiri !

Kayumba Casmiry

2016-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwamaganye ubusabe bwo gufungura Ngeze na bagenzi be bahamijwe Jenoside

U Rwanda rwamaganye ubusabe bwo gufungura Ngeze na bagenzi be bahamijwe Jenoside

Ubwanditsi 14 May 2018
Nyuma y’imyaka 23 atavuga rumwe na leta, Rukerantare wari Maneko wa Habyarimana  yagandutse

Nyuma y’imyaka 23 atavuga rumwe na leta, Rukerantare wari Maneko wa Habyarimana yagandutse

Ubwanditsi 21 Feb 2017
Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Ubwanditsi 29 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame – Ibizava mu matora birazwi, uwo bimena umutwe bimumene umutwe
POLITIKI

Kagame – Ibizava mu matora birazwi, uwo bimena umutwe bimumene umutwe

Ubwanditsi 14 Jul 2017
Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda
Amakuru

Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2024
Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever
Amakuru

Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever

Ubwanditsi 29 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru