• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Imyanzuro ikomeye yafatiwe mu nama y’abakuriye inzego z’ubutasi muri Afurika

Imyanzuro ikomeye yafatiwe mu nama y’abakuriye inzego z’ubutasi muri Afurika

Ubwanditsi 07 Aug 2016 Mu Rwanda

Abakuriye inzego z’Ubutasi muri Afurika basabye ko nta mucamanza wakongera kwitwaza Ubucamanza Mpuzamahanga ngo ashyireho impapuro zita muri yombi umuyobozi wa Afurika, banagaragaza impungenge ku mikorere ya ICC mu nyungu za bimwe mu bihugu bikomeye ku Isi.

Ni imwe mu myanzuro y’inama ya 13 yahuje abayobozi b’Akanama k’Inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika, CISSA, yateraniye i Kigali kuwa 4 n’uwa 5 Kanama 2016, yiga ku “guhangana n’ubwiyongere bw’ikoreshwa nabi ry’ubucamanza mpuzamahanga bigirirwa Afurika.”

Iyi nama yakusanyije iyi myanzuro ishingiye ku nshingano ifite zo “gufasha Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe n’inzego zayo guhangana n’ibibazo by’umutekano byugarije Afurika”.

Harimo kandi no kuba hari impapuro ziri gushyirirwaho guta muri yombi abayobozi ba Afurika bikozwe n’abacamanza bo mu bihugu “byigenga” byo mu burengerazuba bw’Isi, bikabangamira umutekano w’ibihugu ndetse bikagira n’ingaruka ku mibereho y’abaturage bitewe n’ibihano ibihugu byabo byashyiriweho.

Byose kandi byafatiye ku kuba Ubucamanza mpuzamahanga buri gukoreshwa nabi bigahungabanya ubusugire n’umutekano w’ibihugu bya Afurika, ndetse ibyinshi bigakorwa mu nyungu z’ibihugu bikomeye.

Ikoreshwa nabi ry’Ubucamanza mpuzamahanga

CISSA ifunguye ku bihugu byose bigize AU, ariko ubu igizwe n’Inzego zishinzwe Iperereza n’Umutekano w’igihugu zo mu bihugu 51, Ubunyamabanga Bukuru bwayo bugakorera Addis Ababa, Ethiopia.

Muri iyi nama yaberaga i Kigali, izi nzego ziyemeje guhanahana amakuru ku gihe no guhuza imbaraga mu guhangana n’ibibazo bikomeje kwibasira Afurika.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara nyuma y’iyi nama rivuga ko “zashimangiye ubushake bwo guhuza imbaraga mu guhangana n’igitutu gikomeje kwiyongera gishingiye ku butabera mpuzamahanga.”

Rikomeza rigira riti “Inzego zigize uyu muryango zamaganye ikoreshwa ry’ihame ry’ubucamanza mpuzamahanga bikozwe n’umucamanza umwe, zisaba ko umwanzuro wo gukoresha iryo hame wajya ufatwaho icyemezo n’urwego rukuru rw’ubucamanza.”

-3514.jpg

Izi nzego z’iperereza mu bihugu bya Afurika kandi zasabye ibihugu bishaka gukoresha ubucamanza mpuzamahanga kujya bikorana n’ibirebwa n’ikibazo mbere yo gushyiraho impapuro zita muri yombi abaturage babyo.

ICC yakomeje gukomanyirizwa

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC, rwakunze gushinjwa kwibasira abayobozi ba Afurika, ndetse ibihugu bya Afurika biri mu nzira yo kwitandukanya narwo burundu, bikivana mu masezerano ya Roma yarushyizeho, bimwe muri ibyo bihugu byanashyizeho umukono.

CISSA iti “Hashingiwe ku ngingo ya 98 y’amasezerano ya Roma, inzego z’ubutasi muri ibi bihugu zagaragaje impungenge ku isinywa ry’amasezerano y’inyongera agabanya uburemere bw’ishyirwa mu bikorwa ry’amategeko mpuzamahanga, mu nyungu za bimwe mu bihugu bikomeye.”

Iyi nama ya 13 ya CISSA yasabye ko ibihugu bitandukanye mbere yo gukoresha ihame ry’Ubucamanza mpuzamahanga, byajya bibanza gukorana n’ibihugu birebwa n’ikibazo, mbere yo gutangira gushakisha abaturage babyo.

“Inzego zigize uyu muryango zunze mu ijwi ry’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ryo gusaba ihagarikwa ry’impapuro zashyiriweho guta muri yombi no gukurikirana abayobozi ba Afurika cyangwa abandi bayobozi bo ku rwego rwo hejuru, kugeza ubwo ibiganiro n’abarebwa n’ibibazo bizagera ku musozo ndetse byose bigakemuka.”

Izo nzego zashimangiye umwanzuro wo guhanahana amakuru arebana n’Imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri leta, (INGOs) n’imiryango y’itangazamakuru ifite intego zidasobanutse cyangwa ibindi bikorwa bidashyirwa amakenga.

Ibihugu byakunze kwamagana ikoreshwa ry’ihame ry’ubucamanza mpuzamahanga, bituma hari bamwe mu bantu ku giti cyabo babukoresha mu nyungu zifatwa nk’iza politiki bagakurikirana abayobozi b’ibindi bihugu.

Harimo nk’Umucamanza Andreu Merelles akoresheje ihame ry’ ubucamanza mpuzamahanga watanze ibirego mu 2008 bikurikirana abayobozi b’u Rwanda, ariko biza guteshwa agaciro mu 2015, , bikaba byarakomeje gufatwa nk’ ibishingiye ku nyungu za politiki.

-3513.jpg

Abari bitabiriye inama

2016-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Ubuhamya bw’Umusilikare wa Habyarimana wahungishije Abatutsi 18 akabageza i Burundi

Ubuhamya bw’Umusilikare wa Habyarimana wahungishije Abatutsi 18 akabageza i Burundi

Ubwanditsi 14 Apr 2017
Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Ubwanditsi 01 Jun 2020
Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Gambia: Miliyoni 11 z’ amadorali zaburiwe ingero Jammeh akimara guhunga

Ubwanditsi 23 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mbanda  yahaye ‘ Gasopo’  Amashyaka yiyita  Opposition  harimo  na RNC
ITOHOZA

Mbanda yahaye ‘ Gasopo’ Amashyaka yiyita Opposition harimo na RNC

Ubwanditsi 26 May 2017
Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.
Mu Mahanga

Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.

Ubwanditsi 03 Feb 2017
Impamvu u Rwanda rwafashe umwanzuro wo kuva k’umupaka uhuriweho (One Stop Border Post) n’abarundi wa Ruhwa
INKURU NYAMUKURU

Impamvu u Rwanda rwafashe umwanzuro wo kuva k’umupaka uhuriweho (One Stop Border Post) n’abarundi wa Ruhwa

Ubwanditsi 21 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru