Mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 11 Kamena 2026, hatangijwe ku mugaragaro Igikombe cy’Isi cya FIFA 2026, irushanwa ryitezwe na benshi ndetse rikaba ari ryo rya mbere mu mateka rikinwa n’amakipe 48.
Iri rushanwa riri gukinirwa mu bihugu bitatu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada, rikazamara ukwezi kurenga amakipe ahatanira igikombe gikomeye kurusha ibindi muri ruhago y’isi.
Umukino wafunguye iri rushanwa wahuje igihugu cya Mexique n’icya Afurika y’Epfo, aho Mexique yitwaye neza imbere y’abafana bayo itsinda ibitego 2-0.
Rutahizamu usanzwe akinira ikipe ya Al-Qadsiah, Julián Quiñones yafunguye amazamu mbere y’uko Raúl Jiménez atsinda igitego cya kabiri cyahesheje Mexique amanota atatu ya mbere muri iri rushanwa.
Undi mukino wabaye nyuma yawo, Koreya y’Epfo yatsinze Czechia ibitego 2-1 nyuma yo kubanza gutsindwa igitego cya mbere. Hwang In-beom na Oh Hyeon-gyu ni bo bafashije Koreya y’Epfo kubona intsinzi ya mbere muri iri rushanwa.
Nyuma y’imikino ibiri ibanza, Mexique na Koreya y’Epfo ni zo ziyoboye Itsinda A n’amanota atatu buri imwe, mu gihe Afurika y’Epfo na Czechia zitarabona inota na rimwe.
Imikino iteganyijwe kuri uyu mugoroba, aho irushanwa rikomeza kuri uyu wa Gatanu hakinwa indi mikino ibiri, aho Canada yakiriye iri rushanwa irakina na Bosnia & Herzegovina naho Leta Zunze Ubumwe za Amerika ihure na Paraguay.













