• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ikipe izakina na APR FC yihaye imihigo yo gutsinda igakora amateka

Ikipe izakina na APR FC yihaye imihigo yo gutsinda igakora amateka

Ubwanditsi 11 Feb 2016 IMIKINO

Umuyobozi w’ikipe ya Mbabane Swallows yitegura kwakira APR FC mu mukino ubanza w’ijonjora ribanza rya Orange CAF Champions League, yatangaje ko bafite ikizere cyo kwitwara neza muri uyu mukino ndetse ahamagarira abakunzi b’iyi kipe kuzitabira umukino ari benshi.

-2058.jpg

Mbabane Swallows izakira APR FC ni ku Cyumweru tariki ya 14 Gashyantare 2016, kuri Somhlolo National Stadium mu gihe ikipe ya APR FC yaraye ihagurukanye abakinnyi 18 yerekeza muri Swaziland.

Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru ryo muri Swaziland kuri uyu wa Gatatu, Sibusiso Manana, umuyobozi wa Mbabane Swallows yavuze ko asanga ikipe ye itazatenguha abafana.

“Imyiteguro irakomeje kandi ndahamya ko tuzaba tubiteguye neza ku Cyumweru. Ntabwo ari umukino usanzwe, ni yo mpamvu natwe twiteguye bikomeye. Dufite intego yo kuba twakomeza, turaharanira ishema ry’igihugu, tuzamura ibendera ryacyo. Ntabwo tuzaba dukina nka Mbabane Swallows ahubwo nk’igihugu cya Swaziland kuko tuzi icyo bisobanuye.”

Sibusiso Manana akaba yakomeje asaba abafana batandukanye bo muri Swaziland kuzaza gushyigikira ikipe yabo kuko ngo bizeye intsinzi.

Amateka ya Mbabane Swallows muri iri rushanwa:

Mbabane Swallows ni ikipe yashinzwe mu 1948, bivuze ko imaze imyaka 68. Ikaba igiye gukina CAF Champions League ku nshuro ya 4 yikurikiranya, iya 6 mu myaka 10 ishize, ariko ntirarenga ijonjora ribanza.

Mu nshuro ebyiri zibanza yakuwemo n’amakipe yo muri Afurika y’Epfo; Orlando Pirates (2006), Supersport United (2009) mu gihe mu nshuro eshatu ziheruka yagiye ikurwamo n’amakipe yo muri Zambia; Zanaco (2013), Nkana (2014), na Zesco United (2015). Aha, hose habaga ari mu ijonjora ribanza.

Abasifuzi b’uyu mukino:

Uyu mukino wa Mbabane Swallows na APR FC uzayoborwa n’abasufuzi batatu bo muri Zimbabwe: Norman MATEMERA, Salani NCUBE na Edgar RUMECK.

Umutoza w’ikipe ya APR FC, Rubona Emmanuel yamaze gushyira hanze urutonde rw’abakinnyi 18 arahagurukana nabo kuri uyu wa gatatu bakerekeza mu gihugu cya Swaziland, gukina umukino ubanza na Mbabane Swallows.
-2059.jpg
Ni mu irushanwa rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo, Orange CAF Champions League muri 2016, riratangira kuri uyu wa gatanu, mu mikino y’amajonjora.
Abakinnyi 18, umutoza Rubona azifashisha:

Abazamu:

1 . Ndoli Jean Claude
2. Kwizera Olivier

Abakina inyuma:

3. Rusheshangoga Michel
4. Ngabo Albert
5. Rutanga Eric
6. Bayisenge Emery
7.nshutinamagara Ismaeil
8. Usengimana Faustin
9. Rwatubyaye Abdul

Abakina Hagati:

10. Mukunzi Yannick
11. Ntamuhanga Tumaine
12. Butera Andrew
13. Bizimana Djihad
14. Benedata Janvier
15. Iranzi J Claude
16. Sibomana Patrick

Ba Rutahizamu:

17. Ndahinduka Michel
18. Mubumbyi Bernabeu
Umutoza mukuru: Rubona Emmanuel

Umutoza Wungirije: Bizimana Didier
Umutoza w’Abazamu: Mugabo Alex

Kalisa Adolphe bita Camarade, akaba ari we uyoboye iyi delegatiyo y’aba bakinnyi ba APR FC bazakina uyu mukino na Mbabane Swallows kuri iki cyumweru.

Ikipe ya Mbabane Swallows irahura na APR FC mu mukino ubanza wa Champions League, Rubona Emmanuel avuga ko nta makuru menshi ayifiteho, buretse amashusho macye yabashije kubona kuri Youtube ikina.

Ku rundi ruhande, umuyobozi wa Mbabane Swallows, yatangarije ikinyamakuru Swazi Observer, ku ikipe ya APR FC ifite abakinnyi 15 b’abanyamahanga igenderaho, mu gihe iyi kipe imaze imyaka 4 nta mukinnyi igikoresha w’umunyamahanga.

M.Fils

2016-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Apr 2024
Umunsi wa 16 wa shampiyona uratangira Gorilla FC yakira Police FC, umukino wa Rayon Sports na Musanze wegejwe inyuma

Umunsi wa 16 wa shampiyona uratangira Gorilla FC yakira Police FC, umukino wa Rayon Sports na Musanze wegejwe inyuma

Ubwanditsi 20 Jan 2023
Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa

Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa

Ubwanditsi 02 Oct 2019
Areruya Joseph yegukanye agace ka 4 ka La Tropicale Amissa Bongo

Areruya Joseph yegukanye agace ka 4 ka La Tropicale Amissa Bongo

Ubwanditsi 19 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri
Amakuru

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Imfura z’Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Gishari (GIP) 161 zahawe Impamyabumenyi
Mu Mahanga

Imfura z’Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Gishari (GIP) 161 zahawe Impamyabumenyi

Ubwanditsi 22 Feb 2017
U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi
POLITIKI

U Rwanda na Tanzania mu gutokora umubano w’ibihugu byombi

Ubwanditsi 23 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru