• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ikipe izakina na APR FC yihaye imihigo yo gutsinda igakora amateka

Ikipe izakina na APR FC yihaye imihigo yo gutsinda igakora amateka

Ubwanditsi 11 Feb 2016 IMIKINO

Umuyobozi w’ikipe ya Mbabane Swallows yitegura kwakira APR FC mu mukino ubanza w’ijonjora ribanza rya Orange CAF Champions League, yatangaje ko bafite ikizere cyo kwitwara neza muri uyu mukino ndetse ahamagarira abakunzi b’iyi kipe kuzitabira umukino ari benshi.

-2058.jpg

Mbabane Swallows izakira APR FC ni ku Cyumweru tariki ya 14 Gashyantare 2016, kuri Somhlolo National Stadium mu gihe ikipe ya APR FC yaraye ihagurukanye abakinnyi 18 yerekeza muri Swaziland.

Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru ryo muri Swaziland kuri uyu wa Gatatu, Sibusiso Manana, umuyobozi wa Mbabane Swallows yavuze ko asanga ikipe ye itazatenguha abafana.

“Imyiteguro irakomeje kandi ndahamya ko tuzaba tubiteguye neza ku Cyumweru. Ntabwo ari umukino usanzwe, ni yo mpamvu natwe twiteguye bikomeye. Dufite intego yo kuba twakomeza, turaharanira ishema ry’igihugu, tuzamura ibendera ryacyo. Ntabwo tuzaba dukina nka Mbabane Swallows ahubwo nk’igihugu cya Swaziland kuko tuzi icyo bisobanuye.”

Sibusiso Manana akaba yakomeje asaba abafana batandukanye bo muri Swaziland kuzaza gushyigikira ikipe yabo kuko ngo bizeye intsinzi.

Amateka ya Mbabane Swallows muri iri rushanwa:

Mbabane Swallows ni ikipe yashinzwe mu 1948, bivuze ko imaze imyaka 68. Ikaba igiye gukina CAF Champions League ku nshuro ya 4 yikurikiranya, iya 6 mu myaka 10 ishize, ariko ntirarenga ijonjora ribanza.

Mu nshuro ebyiri zibanza yakuwemo n’amakipe yo muri Afurika y’Epfo; Orlando Pirates (2006), Supersport United (2009) mu gihe mu nshuro eshatu ziheruka yagiye ikurwamo n’amakipe yo muri Zambia; Zanaco (2013), Nkana (2014), na Zesco United (2015). Aha, hose habaga ari mu ijonjora ribanza.

Abasifuzi b’uyu mukino:

Uyu mukino wa Mbabane Swallows na APR FC uzayoborwa n’abasufuzi batatu bo muri Zimbabwe: Norman MATEMERA, Salani NCUBE na Edgar RUMECK.

Umutoza w’ikipe ya APR FC, Rubona Emmanuel yamaze gushyira hanze urutonde rw’abakinnyi 18 arahagurukana nabo kuri uyu wa gatatu bakerekeza mu gihugu cya Swaziland, gukina umukino ubanza na Mbabane Swallows.
-2059.jpg
Ni mu irushanwa rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo, Orange CAF Champions League muri 2016, riratangira kuri uyu wa gatanu, mu mikino y’amajonjora.
Abakinnyi 18, umutoza Rubona azifashisha:

Abazamu:

1 . Ndoli Jean Claude
2. Kwizera Olivier

Abakina inyuma:

3. Rusheshangoga Michel
4. Ngabo Albert
5. Rutanga Eric
6. Bayisenge Emery
7.nshutinamagara Ismaeil
8. Usengimana Faustin
9. Rwatubyaye Abdul

Abakina Hagati:

10. Mukunzi Yannick
11. Ntamuhanga Tumaine
12. Butera Andrew
13. Bizimana Djihad
14. Benedata Janvier
15. Iranzi J Claude
16. Sibomana Patrick

Ba Rutahizamu:

17. Ndahinduka Michel
18. Mubumbyi Bernabeu
Umutoza mukuru: Rubona Emmanuel

Umutoza Wungirije: Bizimana Didier
Umutoza w’Abazamu: Mugabo Alex

Kalisa Adolphe bita Camarade, akaba ari we uyoboye iyi delegatiyo y’aba bakinnyi ba APR FC bazakina uyu mukino na Mbabane Swallows kuri iki cyumweru.

Ikipe ya Mbabane Swallows irahura na APR FC mu mukino ubanza wa Champions League, Rubona Emmanuel avuga ko nta makuru menshi ayifiteho, buretse amashusho macye yabashije kubona kuri Youtube ikina.

Ku rundi ruhande, umuyobozi wa Mbabane Swallows, yatangarije ikinyamakuru Swazi Observer, ku ikipe ya APR FC ifite abakinnyi 15 b’abanyamahanga igenderaho, mu gihe iyi kipe imaze imyaka 4 nta mukinnyi igikoresha w’umunyamahanga.

M.Fils

2016-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, APR FC yanganyije na Pyramids FC  1-1

Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, APR FC yanganyije na Pyramids FC 1-1

Ubwanditsi 14 Sep 2024
Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Ubwanditsi 19 Mar 2022
Amafoto : REG BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022 yatangiranye intsinzi imbere ya AS Salé yo muri Morocco

Amafoto : REG BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2022 yatangiranye intsinzi imbere ya AS Salé yo muri Morocco

Ubwanditsi 07 Mar 2022
APR FC yatsinze Mukura VS 1-0 ifata umwanya wa mbere by’agateganyo, uko indi mikino ikinwa

APR FC yatsinze Mukura VS 1-0 ifata umwanya wa mbere by’agateganyo, uko indi mikino ikinwa

Ubwanditsi 14 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere
Amakuru

Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari
Mu Mahanga

Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Uganda: Kuki dukomeje kubona ibinyoma ku Rwanda?
POLITIKI

Uganda: Kuki dukomeje kubona ibinyoma ku Rwanda?

Ubwanditsi 13 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru