• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ikipe izakina na APR FC yihaye imihigo yo gutsinda igakora amateka

Ikipe izakina na APR FC yihaye imihigo yo gutsinda igakora amateka

Ubwanditsi 11 Feb 2016 IMIKINO

Umuyobozi w’ikipe ya Mbabane Swallows yitegura kwakira APR FC mu mukino ubanza w’ijonjora ribanza rya Orange CAF Champions League, yatangaje ko bafite ikizere cyo kwitwara neza muri uyu mukino ndetse ahamagarira abakunzi b’iyi kipe kuzitabira umukino ari benshi.

-2058.jpg

Mbabane Swallows izakira APR FC ni ku Cyumweru tariki ya 14 Gashyantare 2016, kuri Somhlolo National Stadium mu gihe ikipe ya APR FC yaraye ihagurukanye abakinnyi 18 yerekeza muri Swaziland.

Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru ryo muri Swaziland kuri uyu wa Gatatu, Sibusiso Manana, umuyobozi wa Mbabane Swallows yavuze ko asanga ikipe ye itazatenguha abafana.

“Imyiteguro irakomeje kandi ndahamya ko tuzaba tubiteguye neza ku Cyumweru. Ntabwo ari umukino usanzwe, ni yo mpamvu natwe twiteguye bikomeye. Dufite intego yo kuba twakomeza, turaharanira ishema ry’igihugu, tuzamura ibendera ryacyo. Ntabwo tuzaba dukina nka Mbabane Swallows ahubwo nk’igihugu cya Swaziland kuko tuzi icyo bisobanuye.”

Sibusiso Manana akaba yakomeje asaba abafana batandukanye bo muri Swaziland kuzaza gushyigikira ikipe yabo kuko ngo bizeye intsinzi.

Amateka ya Mbabane Swallows muri iri rushanwa:

Mbabane Swallows ni ikipe yashinzwe mu 1948, bivuze ko imaze imyaka 68. Ikaba igiye gukina CAF Champions League ku nshuro ya 4 yikurikiranya, iya 6 mu myaka 10 ishize, ariko ntirarenga ijonjora ribanza.

Mu nshuro ebyiri zibanza yakuwemo n’amakipe yo muri Afurika y’Epfo; Orlando Pirates (2006), Supersport United (2009) mu gihe mu nshuro eshatu ziheruka yagiye ikurwamo n’amakipe yo muri Zambia; Zanaco (2013), Nkana (2014), na Zesco United (2015). Aha, hose habaga ari mu ijonjora ribanza.

Abasifuzi b’uyu mukino:

Uyu mukino wa Mbabane Swallows na APR FC uzayoborwa n’abasufuzi batatu bo muri Zimbabwe: Norman MATEMERA, Salani NCUBE na Edgar RUMECK.

Umutoza w’ikipe ya APR FC, Rubona Emmanuel yamaze gushyira hanze urutonde rw’abakinnyi 18 arahagurukana nabo kuri uyu wa gatatu bakerekeza mu gihugu cya Swaziland, gukina umukino ubanza na Mbabane Swallows.
-2059.jpg
Ni mu irushanwa rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo, Orange CAF Champions League muri 2016, riratangira kuri uyu wa gatanu, mu mikino y’amajonjora.
Abakinnyi 18, umutoza Rubona azifashisha:

Abazamu:

1 . Ndoli Jean Claude
2. Kwizera Olivier

Abakina inyuma:

3. Rusheshangoga Michel
4. Ngabo Albert
5. Rutanga Eric
6. Bayisenge Emery
7.nshutinamagara Ismaeil
8. Usengimana Faustin
9. Rwatubyaye Abdul

Abakina Hagati:

10. Mukunzi Yannick
11. Ntamuhanga Tumaine
12. Butera Andrew
13. Bizimana Djihad
14. Benedata Janvier
15. Iranzi J Claude
16. Sibomana Patrick

Ba Rutahizamu:

17. Ndahinduka Michel
18. Mubumbyi Bernabeu
Umutoza mukuru: Rubona Emmanuel

Umutoza Wungirije: Bizimana Didier
Umutoza w’Abazamu: Mugabo Alex

Kalisa Adolphe bita Camarade, akaba ari we uyoboye iyi delegatiyo y’aba bakinnyi ba APR FC bazakina uyu mukino na Mbabane Swallows kuri iki cyumweru.

Ikipe ya Mbabane Swallows irahura na APR FC mu mukino ubanza wa Champions League, Rubona Emmanuel avuga ko nta makuru menshi ayifiteho, buretse amashusho macye yabashije kubona kuri Youtube ikina.

Ku rundi ruhande, umuyobozi wa Mbabane Swallows, yatangarije ikinyamakuru Swazi Observer, ku ikipe ya APR FC ifite abakinnyi 15 b’abanyamahanga igenderaho, mu gihe iyi kipe imaze imyaka 4 nta mukinnyi igikoresha w’umunyamahanga.

M.Fils

2016-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura

Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura

Ubwanditsi 16 Aug 2019
APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

Ubwanditsi 16 Oct 2023
FIBA Africa U-16 Zone V:  U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

FIBA Africa U-16 Zone V: U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

Ubwanditsi 10 Jun 2019
Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda

Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 11 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira
Amakuru

Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Ubwanditsi 10 Oct 2022
APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe
IMIKINO

APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

Ubwanditsi 16 Jun 2018
Miss Honorine “Igisabo” yagaye umubyimba w’ikibuno cya Oda Paccy
Mu Rwanda

Miss Honorine “Igisabo” yagaye umubyimba w’ikibuno cya Oda Paccy

Ubwanditsi 05 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru