• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»FIBA Africa U-16 Zone V: U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

FIBA Africa U-16 Zone V: U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

Ubwanditsi 10 Jun 2019 HIRYA NO HINO, IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abangavu batarengeje imyaka 16 iratangira icakirana n’iya Tanzania mu mikino y’abatarengeje imyaka 16 mu karere ka gatanu, igamije gushaka itike y’igikombe cya Afurika ( FIBA AFRICA U16) kizabera mu Rwanda muri Kanama uyu mwaka.

U Rwanda rwakiriye iyi mikino y’akarere ka gatanu guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 kugeza ku wa Gatandatu tariki ya 15 Kamena 2019 mu bangavu no mu cyiciro cy’ingimbi.

Mu cyiciro cy’ingimbi, iri rushanwa ryitabiriwe n’ibihugu bibiri aribyo u Rwanda rwayakiriye ndetse na Uganda mu gihe mu bangavu hitabiriye u Rwanda, Tanzania na Uganda.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere nibwo habaye inama tekinike yemeza ko umukino ubimburira iyindi uza guhuza u Rwanda na Tanzania mu bangavu kuri uyu wa Mbere guhera saa 18:00 muri Petit Stade Amahoro.

Mu ngimbi, u Rwanda ruzakina na Uganda ku wa Gatatu ndetse bakine undi mukino ku wa Gatandatu bahataniye itike yo kujya mu mikino ya nyuma ya FIBA Africa U-16 izabera muri Cap Vert.

Mu bangavu, buri gihugu kizahura n’ikindi mu mikino ibiri harebwe uko azaba yakurikiranye ku rutonde ukuyemo u Rwanda kuko ruzakira imikino ya nyuma izaba muri Kanama, aho Uganda na Tanzania ari zo zigomba kwishakamo ibona itike.

Umutoza w’ikipe y’igihugu y’ingimbi, Murenzi Yves, yavuze ko biteguye neza aya marushanwa, aho bafite intego yo gushimisha abanyarwanda.

Ati” Gahunda ni ugushimisha abanyarwanda kandi abanyarwanda bakunda intsinzi. Niba ubushize twaratwaye igikombe ubu ntabwo aribwo twasubira inyuma.”

Mushumba Charles utoza abangavu yavuze ko ikipe yiteguye neza ndetse izifashisha iyi mikino mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika izakira muri Kanama.

Aya makipe y’u Rwanda agizwe n’abanyeshuri, yatangiye imyiteguro y’aya marushanwa mu Ukuboza 2018, aho bahurijwe hamwe, bigira hamwe mu rwego rwo kubasha kubakurikirana, aho bamwe biga muri Ecole Notre Dame de la Providance i Huye abandi muri Lycée de Kigali mu gihe bahurizwa hamwe mu mpera z’icyumweru no mu biruhuko.

Abakinnyi bagize ikipe y’igihugu y’ingimbi (U-16): Niyomugabo Augustin, Ntayomba Emmanuel, Izere Rutsindura Brillant Brave, Karenzi Brian, Nubaha Ghislain, Cyusa Ntaganira Emmanuel, Ishema Kevin, Muhizi Ngoga Bonheur, Mutabazi Pacifique, Kizito Murenzi Romain, Iratubona Ulysse, Irakoze Jules, Rutatika Dick Sano na Muhigira Tristan.

Abakinnyi 12 bagize ikipe y’Abangavu: Usanase Stacy Charlene, Tumukunde Oliviette, Dusingizumuremyi Stella Matutina, Munezero Lamla, Umuhamya Ange Promesse, Uwimpuhwe Violette, Kariza Karenzi Arlette, Burasa Ishimwe Naomie, Nyiramugisha Hope, Umubyeyi Amelie Ella, Hahirwa Raissa na Teta Allya Meghan.

Uko amakipe azahura muri iyi mikino

Kuwa Mbere tariki ya 10 Kamena 2019

18.00 – Rwanda vs Tanzania (Girls)

Kuwa Kabiri tariki 11 Kamena

18.00 – Tanzania vs Uganda (Girls)

Kuwa Gatatu tariki 12 Kamena 2019

17.00 – Uganda vs Rwanda (Girls) 
19.00 – Rwanda vs Uganda (Boys)


Kuwa Kane tariki 13 Kamena 2019

18.00 – Tanzania vs Rwanda (Girls)

Kuwa Gatanu tariki 14 Kamena 2019

18.00 – Uganda vs Tanzania (Girls)

Kuwa Gatandatu tariki 15 Kamena 2019

17.00 – Rwanda vs Uganda (Girls) 
19.00 – Uganda vs Rwanda (Boys)

 

Ikipe y’igihugu y’abangavu izakina Zone V na FIBA Africa U-16 muri Kanama

 

 

2019-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mubyo ba Bishop  bavuga ku butinganyi harimo ko ari iturufu yo kwaka ubuhungiro

Mubyo ba Bishop bavuga ku butinganyi harimo ko ari iturufu yo kwaka ubuhungiro

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Mu mukino wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda utarabereye igihe, Kiyovu SC itsinze AS Kigali 2-1

Mu mukino wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda utarabereye igihe, Kiyovu SC itsinze AS Kigali 2-1

Ubwanditsi 21 Aug 2024
Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Amakipe y’u Rwanda ari gukina Afro Basketball muri Afurika y’Epfo ntiyabashije kurenga 1/4

Amakipe y’u Rwanda ari gukina Afro Basketball muri Afurika y’Epfo ntiyabashije kurenga 1/4

Ubwanditsi 12 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntabwo dukeneye abatugirira impuhwe, dukeneye uburenganzira- Jeanne d’Arc Ntigurirwa
Mu Rwanda

Ntabwo dukeneye abatugirira impuhwe, dukeneye uburenganzira- Jeanne d’Arc Ntigurirwa

Ubwanditsi 14 Aug 2017
Bidatunguranye, abayoboke b’umutwe w’iterabwoba, RNC, bivanze mu matora ya Uganda, banahundagaza amajwi kuri Yoweri K. Museveni.
Amakuru

Bidatunguranye, abayoboke b’umutwe w’iterabwoba, RNC, bivanze mu matora ya Uganda, banahundagaza amajwi kuri Yoweri K. Museveni.

Ubwanditsi 15 Jan 2021
Ikoreshwa ry’imihanda kuri uyu wa gatanu
Mu Mahanga

Ikoreshwa ry’imihanda kuri uyu wa gatanu

Ubwanditsi 15 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru