• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»FIBA Africa U-16 Zone V: U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

FIBA Africa U-16 Zone V: U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

Ubwanditsi 10 Jun 2019 HIRYA NO HINO, IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abangavu batarengeje imyaka 16 iratangira icakirana n’iya Tanzania mu mikino y’abatarengeje imyaka 16 mu karere ka gatanu, igamije gushaka itike y’igikombe cya Afurika ( FIBA AFRICA U16) kizabera mu Rwanda muri Kanama uyu mwaka.

U Rwanda rwakiriye iyi mikino y’akarere ka gatanu guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 kugeza ku wa Gatandatu tariki ya 15 Kamena 2019 mu bangavu no mu cyiciro cy’ingimbi.

Mu cyiciro cy’ingimbi, iri rushanwa ryitabiriwe n’ibihugu bibiri aribyo u Rwanda rwayakiriye ndetse na Uganda mu gihe mu bangavu hitabiriye u Rwanda, Tanzania na Uganda.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere nibwo habaye inama tekinike yemeza ko umukino ubimburira iyindi uza guhuza u Rwanda na Tanzania mu bangavu kuri uyu wa Mbere guhera saa 18:00 muri Petit Stade Amahoro.

Mu ngimbi, u Rwanda ruzakina na Uganda ku wa Gatatu ndetse bakine undi mukino ku wa Gatandatu bahataniye itike yo kujya mu mikino ya nyuma ya FIBA Africa U-16 izabera muri Cap Vert.

Mu bangavu, buri gihugu kizahura n’ikindi mu mikino ibiri harebwe uko azaba yakurikiranye ku rutonde ukuyemo u Rwanda kuko ruzakira imikino ya nyuma izaba muri Kanama, aho Uganda na Tanzania ari zo zigomba kwishakamo ibona itike.

Umutoza w’ikipe y’igihugu y’ingimbi, Murenzi Yves, yavuze ko biteguye neza aya marushanwa, aho bafite intego yo gushimisha abanyarwanda.

Ati” Gahunda ni ugushimisha abanyarwanda kandi abanyarwanda bakunda intsinzi. Niba ubushize twaratwaye igikombe ubu ntabwo aribwo twasubira inyuma.”

Mushumba Charles utoza abangavu yavuze ko ikipe yiteguye neza ndetse izifashisha iyi mikino mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika izakira muri Kanama.

Aya makipe y’u Rwanda agizwe n’abanyeshuri, yatangiye imyiteguro y’aya marushanwa mu Ukuboza 2018, aho bahurijwe hamwe, bigira hamwe mu rwego rwo kubasha kubakurikirana, aho bamwe biga muri Ecole Notre Dame de la Providance i Huye abandi muri Lycée de Kigali mu gihe bahurizwa hamwe mu mpera z’icyumweru no mu biruhuko.

Abakinnyi bagize ikipe y’igihugu y’ingimbi (U-16): Niyomugabo Augustin, Ntayomba Emmanuel, Izere Rutsindura Brillant Brave, Karenzi Brian, Nubaha Ghislain, Cyusa Ntaganira Emmanuel, Ishema Kevin, Muhizi Ngoga Bonheur, Mutabazi Pacifique, Kizito Murenzi Romain, Iratubona Ulysse, Irakoze Jules, Rutatika Dick Sano na Muhigira Tristan.

Abakinnyi 12 bagize ikipe y’Abangavu: Usanase Stacy Charlene, Tumukunde Oliviette, Dusingizumuremyi Stella Matutina, Munezero Lamla, Umuhamya Ange Promesse, Uwimpuhwe Violette, Kariza Karenzi Arlette, Burasa Ishimwe Naomie, Nyiramugisha Hope, Umubyeyi Amelie Ella, Hahirwa Raissa na Teta Allya Meghan.

Uko amakipe azahura muri iyi mikino

Kuwa Mbere tariki ya 10 Kamena 2019

18.00 – Rwanda vs Tanzania (Girls)

Kuwa Kabiri tariki 11 Kamena

18.00 – Tanzania vs Uganda (Girls)

Kuwa Gatatu tariki 12 Kamena 2019

17.00 – Uganda vs Rwanda (Girls) 
19.00 – Rwanda vs Uganda (Boys)


Kuwa Kane tariki 13 Kamena 2019

18.00 – Tanzania vs Rwanda (Girls)

Kuwa Gatanu tariki 14 Kamena 2019

18.00 – Uganda vs Tanzania (Girls)

Kuwa Gatandatu tariki 15 Kamena 2019

17.00 – Rwanda vs Uganda (Girls) 
19.00 – Uganda vs Rwanda (Boys)

 

Ikipe y’igihugu y’abangavu izakina Zone V na FIBA Africa U-16 muri Kanama

 

 

2019-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwasinyanye na  CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026

U Rwanda rwasinyanye na CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026

RUSHYASHYA 05 Mar 2026
Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubwanditsi 10 Dec 2024
Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.

Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.

Ubwanditsi 10 Jun 2021
Yerusalemu: Abagera kuri 52 bamaze kugwa mu myigaragambyo yakuruwe na Amerika yimuye ambasade yayo

Yerusalemu: Abagera kuri 52 bamaze kugwa mu myigaragambyo yakuruwe na Amerika yimuye ambasade yayo

Ubwanditsi 15 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda Cycling Cup 2018 iratangira hibukwa Byemayire Lambert [ Ingengabihe ]
IMIKINO

Rwanda Cycling Cup 2018 iratangira hibukwa Byemayire Lambert [ Ingengabihe ]

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Abantu 17 baguye mu gitero cy’Abiyahuzi muri Burkina Faso.
Mu Rwanda

Abantu 17 baguye mu gitero cy’Abiyahuzi muri Burkina Faso.

Ubwanditsi 14 Aug 2017
Abarimo Byiringiro Lague, Mutsinzi Ange na Bizimana Djihad bari mu mwiherero witegura Senegal
Amakuru

Abarimo Byiringiro Lague, Mutsinzi Ange na Bizimana Djihad bari mu mwiherero witegura Senegal

Ubwanditsi 06 Sep 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru