• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Meghan n’Igikomangoma Harry bagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kurushinga (Amafoto)

Meghan n’Igikomangoma Harry bagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kurushinga (Amafoto)

Ubwanditsi 24 May 2018 HIRYA NO HINO

Igikomangoma Harry na Meghan Markle bagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kurushinga bakemeranya kubana akaramata mu birori bikomeye byabereye mu Mujyi wa Windsor mu mpera z’icyumweru gishize.

Ubukwe bwa Meghan Markle na Harry bwabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 19 Gicurasi 2018; basezeraniye muri Chapelle yitiriwe Mutagatifu St George. Ibirori by’aba bombi byahuruje abarenga ibihumbi ijana barimo ibyamamare n’abakomeye mu ngeri zose.

Nyuma y’iminsi itatu barushinze, Meghan na Harry bagaragaye bwa mbere mu birori byabereye mu Busitani bwa Buckingham Palace ku wa Kabiri w’iki cyumweru bishimira ibikorwa by’ubugiraneza, kuyobora n’ibindi bifite aho bihurira n’igisirikare.

Iki gikorwa cyari cyahujwe n’imyiteguro y’isabukuru y’Igikomangoma Charles [ubyara Harry] uzizihiza isabukuru y’imyaka 70 mu Ugushyingo 2018, cyari cyitabiriwe n’abantu 6, 000 afasha mu bikorwa by’ubugiraneza bitandukanye na bamwe mu bakozi bari ahabereye igitero cy’iterabwoba i Manchester mu mwaka ushize.

Mu ijambo ry’Igikomangoma Harry, yabanje gusaba abitabiriye uwo muhango gufata umwanya wo kunamira abaguye muri icyo gitero anagaruka ku murage mwiza wa se mu bikorwa byo gufasha.

Yagize “Njye na William [umuvandimwe we] byatubereye icyitegererezo ntakuka cyo kugira uruhare tubikunze mu gukemura ibibazo, tugakora igishoboka cyose mu kwerekana impinduka.”

BBC yanditse ko ijambo ry’Igikomangoma Harry wagaragazaga akanyamuneza nyuma yo kurushinga, ryarogowe n’uruyuki rwamugiyeho na we bikamutangaza akaruvugaho ko rumubashije! Byasekeje benshi barimo na Meghan Markle, umugore we.

Igikomangoma Harry yakomeje agira ati “Data, nubwo wadusabye ko uyu munsi utavugwamo ibyawe cyane, ugomba kunyihanganira niba ntakumvise, cyane nka kera nkiri umwana. Ahubwo ndasaba abantu bose bari hano kugushimira mu myaka irenga 50 ishize ukora ibikorwa byiza.”

Meghan n’Igikomangoma Harry bagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kurushinga

Meghan wagendaga agatoki ku kandi ari kumwe n’Igikomangoma Harry, yaserutse mu ikanzu yera yakozwe n’Ikigo cy’imideli gikomeye mu Bwongereza cyitwa Goat n’ingofero y’urugara mu gihe umugabo we yari yambaye ikote rya mu gitondo afite n’umutaka ufunze.

Ubukwe bwa Meghan na Harry bwatashywe n’Umwamikazi w’u Bwongereza Elizabeth II, hari kandi ibyamamare bikomeye birimo George Clooney n’umugore we, David Beckham na Victoria Beckham, Idris Elba, Elton John, Serena Williams, Oprah Winfrey n’abandi benshi.

Nubwo Meghan n’umugabo we bataremeza aho bazasohokera mu kwezi kwa buki, ibitangazamakuru bitandukanye bikomeye ku Mugabane w’u Burayi byakunze gutangaza ko bashobora kukurira muri Afurika, ku rutonde rw’ibihugu bashobora kujyamo harimo Namibia n’u Rwanda.

Aba bombi bagendaga bafatanye urunana

Byari ibyishimo kuri bose

Igikomangoma Charles aritegura kuzuza imyaka 70

Igikomangoma Charles n’umugore we

Igikomangoma Harry umaze iminsi mike arushinze ageza ijambo ku bitabiriye ibi birori

Iki gikorwa cyarimo abantu 6000

Iki gikorwa cyashimiwemo Igikomangoma Charles witegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 70

Impeta Meghan aherutse kwambikwa

Meghan yagaragazaga akanyamuneza ari kumwe na sebukwe na nyirabukwe

Meghan Markle, umukinnyi wa film washyingiwe mu Bwami bw’u Bwongereza

Ni uku baserutse bwa mbere bambaye

Ubwo Igikomangoma Harry yavugaga ijambo yarogowe n’uruyuki ku gutwi bisetsa benshi

Yaserukanye ingofero y’urugara imurinda izuba

Igikomangoma Charles yari afite akanyamuneza muri ibi birori

Meghan n’Igikomangoma Harry baheruka kurushinga baje mu modoka imwe

Meghan na Harry bakoze ubukwe bw’agatangaza mu mpera z’icyumweru gishize

Meghan yamaze kwakirwa mu Muryango w’Ubwami bw’u Bwongereza

Ibirori by’aba bombi byahuruje imbaga

2018-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bidasubirwaho Zari Yatandukanye Na Diamond Burundu

Bidasubirwaho Zari Yatandukanye Na Diamond Burundu

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Kigali: Impunzi z’Abarundi zibutse ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 na 12 Ukuboza 2015

Kigali: Impunzi z’Abarundi zibutse ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 na 12 Ukuboza 2015

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Petroli yongeye kuba ikibazo gikomeye mu Burundi

Petroli yongeye kuba ikibazo gikomeye mu Burundi

Ubwanditsi 13 Jan 2018
Robot yitwa Sophia yavuze Ikinyarwanda i Kigali aho yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu baratangara

Robot yitwa Sophia yavuze Ikinyarwanda i Kigali aho yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu baratangara

Ubwanditsi 15 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nta Munyamuryango wa FPR-Inkotanyi ukwiriye gutinya kurwanya ikibi- Kagame
INKURU NYAMUKURU

Nta Munyamuryango wa FPR-Inkotanyi ukwiriye gutinya kurwanya ikibi- Kagame

Ubwanditsi 21 Dec 2019
Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y’uko ajya gutora
Mu Rwanda

Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y’uko ajya gutora

Ubwanditsi 28 Jul 2017
Kayumba Rugema uzwi ku izina rya Gafirifiri wigamba ibitero by’iterabwoba mbere yuko biba ni muntu ki? Sobanukirwa naho ahuriye nibyo bikorwa
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Rugema uzwi ku izina rya Gafirifiri wigamba ibitero by’iterabwoba mbere yuko biba ni muntu ki? Sobanukirwa naho ahuriye nibyo bikorwa

Ubwanditsi 28 Jun 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru