• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Kigali: Impunzi z’Abarundi zibutse ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 na 12 Ukuboza 2015

Kigali: Impunzi z’Abarundi zibutse ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 na 12 Ukuboza 2015

Ubwanditsi 12 Dec 2018 HIRYA NO HINO

Impunzi z’Abarundi zahungiye mu Rwanda guhera kuri uyu wa  Mbere ushize11 Ukuboza zatangiye igikorwa cyo kwibuka ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 no kuwa 12 Ukuboza 2015.

Ni muri urwo rwego izi mpunzi zateguye ibikorwa bitandukanye bya siporo nk’imikino y’umupira w’amaguru yahuje impunzi zo mu turere dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali.

Nk’uko bitangazwa na komite yateguye iki gikorwa, ngo cyari mu rwego rwo kwibuka abantu bose bishwe cyangwa baburiwe irengero ku matariki 11 na 12 Ukuboza 2015 mu murwa mukuru w’u Burundi, Bujumbura.

Uwari umuvugizi w’igisirikare cy’u Burundi icyo gihe, Col Gaspard Baratuza, yatangaje kko hishwe inyeshyamba 87 zari zagabye ibitero ku bigo bya gisirikare mu murwa mukuru n’ikindi kiri muri Ntara ya Bujumbura Rural.

Nyamara, abarokotse ubu bwicanyi n’imiryango y’abapfuye bo bavuga ko icyo gihe hishwe abantu basaga 200.

Umwe mu barokotse ubu bwicanyi yagize ati: “Itariki 11 na 12 Ukuboza kuri njye ni amatariki y’umukara. Natawe muri yombi njyanwa ku biro bya serivisi z’ubutasi z’igihugu (SNR). Nashinjwe kugira uruhare mu gatsiko k’inyeshyamba ntanazi.”Uyu yongeyeho ko yabonye ibibi byose byo kw’isi kandi yiboneye inshuti ze zisaga icumi zicirwa aho bari bafungiye.

Chairman wa komite y’impunzi z’Abarundi mu Rwanda, Patrice Ntadohoka, yavuze ku bwicanyi bwakozwe n’inzego z’umutekano z’u Burundi zibukurera abasore bagize uruhare mu myigaragambyo yamaganaga manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza.

Patrice Ntadohoka ukuriye impunzi z’Abarundi mu Rwanda

Ntadohoka akaba ashinja izi nzego z’umutekano kuba zarishe insoresore nyinshi by’umwihariko muri Musaga, Nyakabiga, Jabe na Cibitoke.

Iyi komite y’impunzi n’abarookotse bakaba basaba ubutabera ndetse bagasaba ko abayobozi bashyigikiye ibi bikorwa bahanwa hakurikijwe amategeko.

Umuhango wo gusoza iki gikorwa cyo kwibuka wabereye I Remera kuri uyu wa kabiri muri misa yabereye muri Centre Christus.

2018-12-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Ubwanditsi 20 May 2019
Uganda: Umusaza w’imyaka 80 yarashe umugore we w’imyaka 30 aramwica

Uganda: Umusaza w’imyaka 80 yarashe umugore we w’imyaka 30 aramwica

Ubwanditsi 16 May 2018
Ibimenyetso 6 byakwereka ko umukunzi wawe mutaberanye wamwibeshyeho

Ibimenyetso 6 byakwereka ko umukunzi wawe mutaberanye wamwibeshyeho

Ubwanditsi 19 Jul 2016
Sophia, umugore w’irobo noneho ngo arashaka umwana

Sophia, umugore w’irobo noneho ngo arashaka umwana

Ubwanditsi 30 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko bazimya umuriro w’Amatora!
Mu Mahanga

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Ubwanditsi 19 Oct 2016
Museveni  na Rujugiro baraca hirya no hino ngo Kandidature ya Mushikiwabo k’ubuyobozi bwa francophonie iburizwemo
INKURU NYAMUKURU

Museveni  na Rujugiro baraca hirya no hino ngo Kandidature ya Mushikiwabo k’ubuyobozi bwa francophonie iburizwemo

Ubwanditsi 03 Oct 2018
Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC
Amakuru

Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC

Ubwanditsi 25 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru