• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mu gushaka guhindura itegeko nshinga hari icyo Museveni amaze kwigira kuri Nkurunziza

Mu gushaka guhindura itegeko nshinga hari icyo Museveni amaze kwigira kuri Nkurunziza

Ubwanditsi 16 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Prezida Museveni wa Uganda na Nkurunziza w’u Burundi bararwana ingamba zisa zo guhindura itegeko nshinga ry’ibihugu byabo manda yo kumara ku butegetsi ikaba ndende kurushaho !

Muri Uganda manda y’umukuru w’igihugu kumara ku butegetsi yahoze imyaka itanu yongezwa incuro imwe gusa ariko muri 2005 itegeko nshinga rirahindurwa, binyuze muri referendum, manda ebyiri ntarengwa zikurwaho Museveni akomeza kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu nta nkomyi.

Mu Burundi ho itegeko nshinga riracyavuga yuko manda y’umukuru w’igihugu ari imyaka itanu kandi umuntu akaba adashobora kurenza manda ebyiri. Muri 2015 ariko Perezida Nkurunziza ibyo yabirenzeho yiyamamariza manda ya gatatu aribyo byatumye u Burundi bujya mu kaga na n’ubu butarashobora kwikuramo.

Abarundi bamaze iminsi mu mishyikirano Arusha yarangiye itagize na gito igeraho. Kimwe mu bitumvikanwagwaho n’uko abatavuga rumwe na leta barwanyaga yuko habaho ibyo guhindura itegeko nshinga mu buryo ubwo aribwo bwose.

Bakiva Arusha ariko, tariki 12 z’uku kwezi, Perezida Kurunziza yanyarukiye Bugendana mu ntara ya Gitega atangiza umuhango wo kuvugurura itegeko nshinga mu buryo bumwemerera kuzongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, ariko noneho manda ntarengwa zikaba ebyiri z’imyaka irindwi aho kuba ebyiri z’imyaka itanu nk’uko byari bimeze mu itegeko nshinga ririho n’ubwo nabwo Muri Mata 2015 Nkurunziza yaryishe akiyamamariza manda ya gatatu !

Muri Uganda ho ikibazo bamaze igihe bagundagurana nacyo ni icy’imyaka y’amavuko umuntu agomba kuba atarengeje, mu gihe ashaka kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika. Imyaka umuntu atagomba kuba arengeje ni 75. Bivuze rero y’uko Museveni ubu ufite imyaka 73 y’amavuko atemerewe kuzongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida kuko mu matora ataha azaba arengeje iyo myaka 75.

Umushinga w’itegeko ukuraho ibyo by’imyaka y’amavuko itemerera umuntu kwiyamamariza umwanya wa Perezida ugejejwe mu nteko ngo wigweho, abadepite bo muri opozisiyo nab’ishyaka NRM riri ku butegetsi bararwanye, benshi bagira impungenge yuko Uganda  ishobora guhinduka u Burundi bwo kuva Mata 2015 ariko Imana ikinga akaboko !

Hari amashilingi akabakaba miliyoni 30 buri mudepite wa Uganda yahawe ngo ajye kumvisha abamutoye iby’uko kuvugurura itegeko nshinga ngo Museveni azashobore kongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika. Obo muri opozisiyo ayo mafaranga bayafata nka ruswa yahawe abadepite, ku buryo hari na bamwe bahisemo kuyasubiza ! Hakaba n’amakuru avuga yuko ayo ari amafaranga yahawe abadepite bose muri rusange ngo ariko hari n’agera ku mashilingi miliyoni 40 Museveni yagiye aha abadepite ba NRM mu ibanga ngo bashyiremo imbaraga nyishi kurushaho kugira ngo itegeko nshinga rihinduke ku buryo bumunogeye !

Icyo Museveni ahuriyeho cyane na Nkurunziza n’uko bombi bashaka kuzongera kwiyamamaza, kandi itegeko nshinga rikaba rigomba kubanza guhindurwa. Muri uko guhindura itegeko nshinga hari aho Nkurunziza agaragara kuba umwarimu wa Museveni. Ubu no muri Uganda batangiye kuvuga ibya manda y’imyaka irindwi, yongerwa icuro imwe ku mwanya w’umukuru w’igihugu. Nkurunziza ariko we hari icyo adashaka kwigira kuri Museveni, arireba we wenyine gusa. Museveni we arasha yuko n’amanda y’abadepite yongerwa, akava ku myaka itanu ikajya ku myaka irindwi. Abadepite ba NRM bo bakavuga yuko ibyo ari ngombwa, kandi n’aba bariho imyaka itanu batorewe ikongerwaho ibiri.

Abaturage babatoreye imyaka itanu none ngo biyongereho indi ibiri ngo kandi ingingo 77(3) irabibemerera ! Ubwo niba atari ububandi n’iki ? Musevi uyu munsi mu gitondo yumvikanye kuri BBC y’igiswayire avuga yuko ashyigikiye cyane ibya manda y’imyaka irindwi, ngo kuko manda y’imyaka itanu ntacyo waba wari washobora kumarira abaturage. Ngo gutegeka imyaka itanu ni ukuzuza CV gusa !

Mu gihe mu Burundi no muri Uganda bashaka guhindura itegeko ngo manda ibe imyaka irindwi, hano mu Rwanda manda ya Perezida wa Repubulika yaragabanyijwe iva ku myaka irindwi ishyirwa kuri itanu mk’uko bimeze kuri manda y’abadeite. Ni ibihugu bike cyane hano ku isi manda zigera ku myaka irindwi.

Casmiry Kayumba

 

2017-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: HRW ngo ibya referendum bimaze kugwamo 15

Burundi: HRW ngo ibya referendum bimaze kugwamo 15

Ubwanditsi 19 May 2018
Kuki Urupfu Rwa Karegeya  Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda

Kuki Urupfu Rwa Karegeya Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Jan 2019
Uburyo Col Aloys Ntiwiragabo yakoresheje ngo yihishe ubutabera igihe kirekire mu Bufaransa butangiye kujya hanze

Uburyo Col Aloys Ntiwiragabo yakoresheje ngo yihishe ubutabera igihe kirekire mu Bufaransa butangiye kujya hanze

Ubwanditsi 11 Aug 2020
Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Apr 2019

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    August 7, 201812:48 pm -

    UZIKO MURI IBIGORYI KOKO!!! KO MUTATANGIRIYE KURI KAGAME KO ARIWE WATANGIYE GUHINDURA

    ITEGEKO AGAHITA YIHA AMANOTA 90 KWIJANA NGO YATOWE MUGIHE ISI YOSE IZIKO YANGWA NA

    RUBANDA NYAMWINSHI BARENGA 80 KWIJANA YICISHA NZARAMBA!!!1 KUKI MURI IBICUCU BIGEZAHO?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata
IMIKINO

Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata

Ubwanditsi 01 Mar 2019
Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe
Amakuru

Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe

Ubwanditsi 26 Dec 2025
Bane bafunzwe bazira ubufatanyacyaha mu bujura bw’inzitiramubu zigenewe abaturage
Mu Mahanga

Bane bafunzwe bazira ubufatanyacyaha mu bujura bw’inzitiramubu zigenewe abaturage

Ubwanditsi 10 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru