• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Ubwanditsi 23 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu kiganiro kuri Televiziyo y’Igihugu, Mukuralinda yatangaje ko muri ibi biganiro byabaye tariki ya 14 Nzeri, abahagarariye RDC bisubiye, banga gahunda yo gusenya FDLR ikubiye muri raporo y’inzobere, nyamara iki gihugu cyari cyagaragaje ko gishaka kuyisenya.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda wungirije, Alain Mukuralinda, yagaragaje ko uko ibiganiro bya Luanda biba, ari ko udafite ubushake bwo gukemura ibibazo biri hagati y’impande zombi agaragara.

Tariki ya 31 Nyakanga, abahagarariye u Rwanda, RDC na Angola bemeranyije ko imirwano hagati y’impande zishyamiranye muri RDC ihagarara guhera tariki ya 4 Kanama 2024, umutwe witwaje intwaro wa FDLR na wo ugasenywa.

Umwanzuro wo gusenya FDLR washingiye ku gitekerezo cyatanzwe n’Intumwa za RDC mu biganiro bya Luanda byabaye tariki ya 21 Werurwe 2024.

Byagaragaraga ko hatagize igihinduka, aya makimbirane ashobora kurangira kuko uyu mutwe ni wo ufatwa nka nyirabayazana w’ibibazo by’umutekano muke.

Ni kenshi Guverinoma ya RDC yumvikanye ivuga ko ishaka gukemura iki kibazo, ariko ibyabereye mu biganiro bya Luanda tariki ya 14 Nzeri 2024 byerekanye ibihabanye n’ibyo.

Ubwo ibi biganiro ku rwego rw’abaminisitiri byajyaga gusubukurwa, inzobere mu iperereza n’Igisirikare z’u Rwanda, RDC na Angola zaherukaga guhurira i Rubavu mu nama yabaye tariki ya 29 n’iya 30 Kanama 2024, zemeza gahunda yo gusenya umutwe wa FDLR.

Yagize ati “Ubwo bageze mu nama, abagomba gutanga raporo barayitanze. Niba Minisitiri wacu avuze ngo ‘Twasinye saa saba’, ugomba kumva ko byagoranye. Mu byagoranye rero hagomba kuba harabayeho impinduka kuko ya migambi yo kuvuga ngo barahagarika FDLR ntayo twumvise.”

Ubutumwa bwa “saa saba” Mukuralinda yakomojeho ni ubwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, watangaje ko inyandikomvugo y’ibi biganiro yashyizweho umukono saa saba z’ijoro kubera ko byabanje kugorana.

Mukuralinda yakomeje ati “Usesenguye ukareba uti byagenze gute?, ni umuhuza ugomba kubivuga, niba ariko ntacyo yavuze, na ba bandi batubwiraga bati ‘Tuzabaha ingamba zo guhagarika FDLR’, bakaba ntazo baduhaye, ni uko hari icyahindutse.”

Tshisekedi wo kwakira muri RDC Abanyarwanda batandatu bigeze gukurikiranwaho ibyaha bya jenoside. Aba bacumbikiwe by’agateganyo muri Niger, bamwe muri bo barangije igifungo, abandi bagirwa abere.

Muri aba Banyarwanda harimo Capt Innocent Sagahutu wagerageje kabiri kujya muri RDC binyuranyije n’amategeko kugira ngo yinjire mu mutwe wa FDLR n’abandi nka muramu wa Habyarimana Juvénal wayoboye u Rwanda, Zigiranyirazo Protais.

Mukuralinda yagaragaje ko kuba Perezida Tshisekedi yarahindukiye, agashaka kwifatanya n’aba Banyarwanda bafite umugambi wo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda kandi ibiganiro bya Luanda bikomeje, byerekana ko afite indimi ebyiri.

Ati “Niba uhindukiye, ukajya gufatanya n’abantu na bo ubwabo bavuga bati ‘Twahirika ubutegetsi bw’u Rwanda’, ni nde se ufite indimi ebyiri? Niba harabayeho indimi ebyiri, hakabaho kwivuguruza, ni nde se watinyuka kubabuza ngo ‘Ibyo twari tugiye gukora byose nibihagarare’. Ni Umukuru w’Igihugu!”

Mukuralinda yemeje ko uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, bigenda bigaragaza ufite ubushake buke bwo gukemura ibibazo byateye amakimbirane hagati y’u Rwanda na RDC.

Yagize ati “Uyu munsi uko ibiganiro bigenda biba, bigenda bigaragara udafite ubushake ni nde? Nyamara ejo bundi mu minsi ishize, ni we wavuzaga akamo ko u Rwanda ari rwo nyirabayazana. Nibikomeze kugeza igihe nyirabayazana azagaragarira koko, nubwo yarangije kugaragara.”

Mukuralinda yanzuye ko u Rwanda ruzakomeza kwitabira ibiganiro bya Luanda, ariko ko ruzanagumishaho ingamba zo kurindira Abanyarwanda umutekano.

2024-09-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame

Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame

Ubwanditsi 02 Jan 2016
Byasabye iminota 4 yonyine kugirango ikipe ya Real Madrid isange Liverpool ku mukino wa nyuma isezereye Manchester City muri UEFA Champions League

Byasabye iminota 4 yonyine kugirango ikipe ya Real Madrid isange Liverpool ku mukino wa nyuma isezereye Manchester City muri UEFA Champions League

Ubwanditsi 05 May 2022
Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Ubwanditsi 09 Dec 2022
Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 26 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwatubyaye Abdoul ntari kumwe n’Amavubi yerekeje muri Cote d’Ivoire gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026
Amakuru

Rwatubyaye Abdoul ntari kumwe n’Amavubi yerekeje muri Cote d’Ivoire gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 03 Jun 2024
Imfura z’Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Gishari (GIP) 161 zahawe Impamyabumenyi
Mu Mahanga

Imfura z’Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Gishari (GIP) 161 zahawe Impamyabumenyi

Ubwanditsi 22 Feb 2017
Apotre Gitwaza yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye ya mbere ‘Mana kiza bene wacu’ arimo Kanyombya
IMIKINO

Apotre Gitwaza yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye ya mbere ‘Mana kiza bene wacu’ arimo Kanyombya

Ubwanditsi 03 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru