• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Liverpool yatsinze Tottenham, yegukana UEFA Champions League ku nshuro ya gatandatu (Amafoto)

Liverpool yatsinze Tottenham, yegukana UEFA Champions League ku nshuro ya gatandatu (Amafoto)

Ubwanditsi 02 Jun 2019 HIRYA NO HINO, IMIKINO

Liverpool yegukanye igikombe cy’u Burayi nyuma y’imyaka 14 nyuma yo gutsinda Tottenham ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League wabaye kuri uyu wa Gatandatu ibitego 2-0, yegukana iri rushanwa ku nshuro ya gatandatu.

Ni ku nshuro ya kabiri umukino wa nyuma w’iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku i Burayi wari wongeye guhuriraho amakipe yo mu Bwongereza nyuma y’uwahuje Manchester United na Chelsea mu 2008.

Liverpool yaherukaga gutsindirwa ku mukino wa nyuma mu nshuro ebyiri ziheruka zirimo iya 2007 na 2018, yari yagaruye rutahizamu wayo w’Umunya-Brésil, Firmino, mu gihe Tottenham yakinaga umukino wa nyuma w’iri rushanwa ku nshuro ya mbere mu mateka yayo, na yo yari yagaruye Harry Kane wavunikiye ku mukino ubanza yahuyemo na Manchester City muri ¼.

Abafana ba Liverpool batangiye kubyina intsinzi hakiri dore ko amasegonda 36 yari ahagije ngo batangire kumwenyura ubwo Moussa Sissoko yakoreshwaga umupira na Sadio Mané mu rubuga rw’amahina, umusifuzi Damir Skomina agatanga penaliti yinjijwe na Mohamed Salah ku munota wa kabiri w’umukino.

Tottenham nta gihambaye yeretse abafana basaga ibihumbi 63 bari Estadio Wanda Metropolitano yo mu Mujyi wa Madrid kuko yarushijwe bigaragara na Liverpool kuva umukino utangiye kugeza urangiye n’ubwo amakipe yombi atakinnye umukino ushimishije.

Uretse amashoti yatewe na Moussa Sissoko na Eriksen, yombi agaca hejuru kure y’izamu, nta bundi buryo bugaragara Tottenham yabonye mu gice cya mbere mu gihe Liverpool yagerageje amashoti arimo irya Trent Alexander-Arnold n’irindi rikomeye ryatewe na Robertson, Hugo Lloris akarikuramo.

Habura iminota itatu ngo umukino urangire, Divock Origi yatsindiye Liverpool igitego cya kabiri ku mupira yahawe na Joel Matip mu rubuga rw’amahina, atera umunyezamu Hugo Lloris mu rundi ruhande, ujya mu izamu.

Dele Alli, Heung-Min Son na Christian Eriksen bagerageje uburyo butandukanye bugana mu izamu rya Liverpool, ariko umunyezamu Alisson Becker ababera ibamba.

Liverpool yahise igeza ibikombe bitandatu bya UEFA Champions League ikuba kabiri Manchester United imaze gutwara bitatu mu Bwongereza mu gihe Jürgen Klopp yabaye umutoza wa kane w’iyi kipe wegukanye iri rushanwa nyuma ya Bob Paisley, Joe Fagan na Rafael Benitez.

Tottenham yabaye ikipe ya gatandatu igeze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League ku nshuro ya mbere ikanahatsindirwa, inyuma ya Chelsea 2008, Arsenal 2006, Monaco 2004, Bayer Leverkusen 2002 na Valencia 2000.

Ni ku nshuro ya mbere hakinwe umukino wa nyuma wa UEFA Champions League ntihatangwemo ikarita n’imwe mu gihe igitego cya Mohamed Salah (01:48) cyabaye icya kabiri kinjiye hakiri kare ku mukino wa nyuma, inyuma y’icyatsinzwe na Paolo Maldini ku isegonda rya 50, ubwo Milan AC yakinaga na Liverpool mu 2005.

Salah yabaye kandi umukinnyi wa gatanu ukomoka muri Afurika, ubashije gutsinda ku mukino wa nyuma, atera ikirenge mu cya Rabah Madjer, Samuel Eto’o, Didier Drogba na Sadio Mané.

Wanda Metropolitano yakiriye uyu mukino mu Mujyi wa Madrid muri Espagne

Umukino wabanjirijwe no kwibuka Jose Antonio Reyes wakiniye Arsenal na Seville, witabye Imana kuri uyu wa Gatandatu azize impanuka y’imodoka

Umutoza wa Tottenham Mauricio Pochettino

Moussa Sissoko yakoze umupira ku isegonda rya 36

Skomina yafashe icyemezo cyo gutanga penaliti hakiri kare

Sala yatsinze penaliti ku munota wa kabiri

Jordan Henderson na Mo Salah bishimira igitego cya mbere cya Liverpool

Alisson akuramo ishoti ryatewe na Eriksen

Divock Origi atsinda igitego cya kabiri

Hugo Lloris ntiyabashije kugera ku mupira wa Origi

Lucas Moura na Dany Rose ntibabyumvaga

Kari agahinda ku bakinnyi ba Tottenham

Harry Kane n’ikipe ye batsindiwe ku mukino wa nyuma

Jordan Henderson yahobeye umutoza we arira kubera ibyishimo

Liverpool yongeye kwegukana UEFA Champions League yaherukaga mu 2005.
Src : IGIHE

2019-06-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CAN 2017: Algeria yahabwaga amahirwe yasezerewe, Senegal izahura na Cameroun muri 1/4

CAN 2017: Algeria yahabwaga amahirwe yasezerewe, Senegal izahura na Cameroun muri 1/4

Ubwanditsi 24 Jan 2017
Burera: Abaturage  baragurisha  amasambu  kugira ngo babone amashilingi  yo kugomboza ababo bafatiwe Uganda

Burera: Abaturage baragurisha amasambu kugira ngo babone amashilingi yo kugomboza ababo bafatiwe Uganda

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Ubwanditsi 14 Aug 2021
Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 31 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus
UBUKUNGU

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

Ubwanditsi 09 Apr 2020
Umunyarwanda yiciwe muri Uganda
Mu Mahanga

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda

Ubwanditsi 21 Mar 2019
USA: Urukiko rwashimangiye igihano cyahawe uwiyitaga umuvandimwe wa Faustin Twagiramungu ashaka ubuhungiro
ITOHOZA

USA: Urukiko rwashimangiye igihano cyahawe uwiyitaga umuvandimwe wa Faustin Twagiramungu ashaka ubuhungiro

Ubwanditsi 23 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru