• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Bamwe mu bakoresha amahano  Idamange Yvonne barazwi: Ingabire Victoire, Ntaganda Bernard, abana b’abajenosideri bibumbiye muri Jambo ASBL, na bamwe mu banyamakuru bakorera mu Rwanda.

Bamwe mu bakoresha amahano  Idamange Yvonne barazwi: Ingabire Victoire, Ntaganda Bernard, abana b’abajenosideri bibumbiye muri Jambo ASBL, na bamwe mu banyamakuru bakorera mu Rwanda.

Ubwanditsi 13 Feb 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Amakuru Rushyashya ifitiye gihamya arerekana ko wa mugore Idamange Yvonne wadukanye gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi no guharabika ubuyobozi bw’uRwanda, asanganywe ubucuti bwihariye n’abo mu mitwe y’iterabwoba itegura kugirira nabi Abanyarwanda.

Muri izo nkoramutima za Idamange Yvonne harimo Ingabire Victoire wanafungiwe ibyaha nk’ibyo Idamange yagombye gukurikiranwaho,  Ntaganda  Bernard uhora wiyitirira ishyaka PS-Imberakuri kugirango ashobore kwitwa umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi maze avuge ibyo ashaka, hakabamo rero n’abayoboke ba Jambo Asbl bakomoka ku bajenosideri, bakaba barahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko mu by’ukuri bagambiriye gutagatifuza ababyeyi babo bayiteguye bakanayishyira mu bikorwa.

Kuri aba bose hiyongeraho abanyamahanga batifuriza icyiza uRwanda, n’ikimenyimenyi umunyakanadakazi Judi Rever,uhora mu bikorwa bigoreka amateka y’uRwanda, yabaye uwa mbere mu gushimagiza amahomvu ya Idamange Yvonne. Abandi bashyirwa mu majwi ni bamwe mu banyamakuru bahagarariye ibitangazamakuru mpuzamahanga mu Rwanda. Uwaduhaye amakuru afite ibimenyetso bifatika.

Uwo muntu usanzwe atanga  amakuru yizewe,  yatubwiye ko hagati y’ Ugushyingo 2020 na Mutarama 2021, Idamange yagiye mu rugo kwa Ingabire Victoire inshuro nibura  4, ahurira yo na Ntaganda Bernard, abanyamakuru Gatanazi Etienne wa Real Talk na DW, na Eric Bagiruwubusa w’Ijwi rya Amerika. Muri iyo mibonano,  Idamange Yvonne yagishaga inama izo nshuti ze ku bijyanye n’umugambi wo gusebanya yari yaratangiye gutegura, maze abo bari kumwe bamubwira ko ibyo akora ari “ikimenetso cy’ubutwari”, kandi ko akwiye”gukora amateka”.

Abo banyamakuru  ngo baba barijeje Idamange Yvonne kuzamuba hafi, bakajya batangaza ibyo yavuze, kandi bakazamutabariza igihe  byaba bimuviriyemo ibibazo. Hibukwe ko mu mwaka w’2006, Ingabire Victoire yavugiye ku maradiyo arimo BBC, Ijwi rya Amerika n’indi radiyo yo mu Buholandi, ko”… Leta y’uRwanda icuruza amagufwa ….ikaba yanga abacitse ku icumu  kuko ababaga mu Rwanda mbere ya 94 bose bafatwa nk’Interahamwe”. Ibi nibyo Idamange  yirirwa asubiramo .

Tariki 16 Ukwakira, iya 22 n’iya 28 Ugushyingo 2020. Uwitwa Laure  Uwase wo muri Jambo Asbl yahamagaye Yvonne Idamange akoresheje telefoni itagaragaza nomero, buri gihe bakavugana iminota iri hagati ya 15 na 30. Babaga bagambana ku bigomba gutangazwa ngo “byerekana isura nyayo y’abategetsi b’u Rwanda”. Mu byo basezeranye ko Idamange azarocangwamo, harimo  kuvuga ko Leta y’u Rwanda ikoresha Jenoside yakorewe Abatutsi nk’iturufu yo guhungeta abatavuga rumwe nabwo,  no kwishakira imfashanyo z’abagiraneza. Harimo kandi kuvuga ko Leta y’u Rwanda ngo yifitiye inyungu za politiki mu gukabiriza icyorezo cya COVID-19,  igahutaza abaturage ibigambiriye. Abo imaze guhitana, ibyo u Rwanda rukora ngo rufashe abaturage guhangana n’iki cyorezo, byose ntibibareba.

Tariki 08 Mutarama 2020, ahagana saa moya z’umugoroba, Yvonne Idamange yakiriye telephone, maze yirukira kuyitabira mu cyumba gifunze, agarutse abwira abo bari kumwe ko yitabaga umugabo we uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyamara umugabo we akavuga ko atigeze amuhamagara.  Umwe mu bari bari kumwe na Idamange avuga ko mbere y’uko uyu mugore afata telephone, uyu mushyitsi ngo yarabutswe numero itangirwa na + 32, bisobanura ko uwamuhamagaye atari muri Amerika, ahubwo yari mu Bubiligi. Icyaba cyarateye Idamange kubeshya nacyo cyatumye abakurikirana imyitwarire ye bahamya ko yavuganaga na za nkunguzi zigenzi ze zo muri Jambo Asbl.

Bukeye bwaho tariki 09 Mutarama,  uwitwa Eric Munyemana yandikiye Idamange ubutumwa bwa whatsapp, amubwira ngo “turi kumwe”. Ubu butumwa Idamange yahise abusiba nyamara byari byamaze kumenyekana ko uwo Eric Munyemana ari mwene Kanyarukiga Gaspard ,umujenosideri ruharwa, ubu ufungiye muri Benin. Eric Munyemana yabanje muri RNC, ariko ubu ni umubitsi wa MRCD na FLN ya Paul Rusesabagina.

Kuwa  gatatu tariki 10 Gashyantare 2021, Idamange Yvonne yahamagaye Radiyo Ijwi rya Amerika, ( abinyujije ku  munyamakuru Eric Bagiruwubusa avuga ko umwana we “yashimuswe n’abagamije kumucecekesha”. Iyo nkuru  yahise itangazwa , nta no kubaza niba inzego z’umutekano hari icyo zaba zibiziho. Nyuma umwana yaje kwigaragaza, avuga ko yaraye mu gihano muri stade kubera kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19. Aha icyari kigamijwe ni ugukomeza gusiga isura mbi inzego z’umutekano,  ngo bigaragare ko zitera ubwoba umuryango wa Idamange.

Mu gihe twateguraga iyi nkuru, uwitwa Matata Joseph yitwikiriye ikiryabarezi”CLIIR” ngo kirengera uburenganzira bwa muntu, kandi ahubwo kigamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi no gusebya Leta y’u Rwanda, maze asohora amanjwe ngo ni itangazo ryo gushyigikira amahomvu ya Idamange, no kumwizeza ko ibigarasha, Interahamwe n’impuzamugambi zimuri inyuma. Uyu Matata Joseph, w’ Umunyekongo, amaze imyaka n’imyaniko ku muhanda i Burayi avuza amadebe,  asebya Abayobozi b’u Rwanda, nyamara nta na kimwe yakuyemo. Gutungwa n’ibisigazwa by’imbwa z’abazungu byamwigishije kumoka!!

Aya makuru n’andi tukibakusanyiriza aragaragaza ko ibyo Idamange Yvonne avuga  biri mu mugambi munini wo guhindanya isura y’u Rwanda. Aritwaza ko yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, akibwira ko adashobora gukurikiranwa ku byaha byo kuyipfobya. Abasanzwe muri uyu mugambi baramushyira imbere ngo asakuze kuko bo basanganywe ubusembwa,  bakumva ko  ijambo ry’ uwacitse ku icumu rya Jenoside, n’iyo ryaba amateshwa,  ryakumvikana kurusha iryabo. Nyamara ni ukwibeshya, kuko ikinyoma gihora ari ikinyoma hatitawe ku wagihimbye. Amakuru ava mu Bubiligi no mu bihugu byinshi byo mu Burayi na Amerika, aravuga ko ubu ibigarasha n’Interahamwe byirirwa byigamba ko byabonye umuvugizi. Umunyarwanda yaravuze ngo “umuheto woshya umwambi bitazajyana” , ariko hari n’uwagize ati:”Ibikundanye birajyana”.

Idamange rero akenyere akomeze rero. Umuryango we ntako utamugize ngo areke amahano arimo, arahakana aratsemba, ahitamo kurumbira umuryango n’Igihugu. Nyamwanga kumva? Idamange, uzibuka gusubiza igihe cyararenze.

 

2021-02-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga

Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga

Ubwanditsi 01 Dec 2020
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 May 2023
Burundi: Leta yahamagaje inama yiyerurutsa ku ba diplomate nyuma yaho BBC igaragaje ibikorwa byayo by’iyicarubozo

Burundi: Leta yahamagaje inama yiyerurutsa ku ba diplomate nyuma yaho BBC igaragaje ibikorwa byayo by’iyicarubozo

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Ubwanditsi 29 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Jenerali Majoro. Don Nabasa  wari ushinzwe Special Forces Command, wafatwaga nka Bagosora ,yirukanwe
HIRYA NO HINO

Uganda : Jenerali Majoro. Don Nabasa wari ushinzwe Special Forces Command, wafatwaga nka Bagosora ,yirukanwe

Ubwanditsi 12 Jun 2019
1986 : Museveni kuzamura mu ntera abari impunzi muri Uganda Fred Gisa Rwigema na Paul Kagame si urukundo ni amaburakindi [ VIDEO ]
INKURU NYAMUKURU

1986 : Museveni kuzamura mu ntera abari impunzi muri Uganda Fred Gisa Rwigema na Paul Kagame si urukundo ni amaburakindi [ VIDEO ]

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame
Mu Rwanda

Iyo mutabinsaba mba niteguye kubana namwe mu buryo busanzwe _Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru