• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera

Urugaga rw’Abavoka rwasezeye Me Toy, ruvuga ko rwifuza ubutabera

Ubwanditsi 06 Jan 2017 Mu Mahanga

Abavoka, abacamanza n’abandi bakozi bakoranaga na Me Nzamwita Ntabwoba Toy wari usanzwe ari mu rugaga rw’abunganira abandi bamusezeye bwa nyuma, kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Mutarama 2017.

Wari umuhango wo kumusezeraho mu rwego rw’umwuga wabereye mu Rukiko rw’Ikirenga, wari witabiriwe n’abavoka benshi baje bambaye imyambaro ibaranga y’amakanzu y’umukara afite ibara ry’umweru mu gituza. Bari benshi cyane, ndetse bamwe bagaragaza agahinda ku maso, n’amarira.

Hagarutswe ahanini ku buhamya bw’abakoranye nawe, bavuze ko yari umuhanga mu kunganira abantu mu nkiko.

Bihanganishije umuryango, bavuga ko urwego rw’ubutabera rw’u Rwanda rubuze umuntu w’umunyamwuga mu bijyanye n’imanza by’umwihariko zijyanye n’imisoro n’ibijyanye na za gasutamo, abavoka bavuga ko ubusanzwe zishoborwa na bake.

Havuzwe ko yatangiye umwuga wo kunganira abantu mu nkiko mu 1996, atangirana n’urugaga rwashyizweho n’itegeko rya nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi rwatangiye mu 1997.

-5253.jpg

-5248.jpg

-5249.jpg

Abaje bose bagaragazaga umubabaro ku maso

Umwe mu bakoranye nawe yavuze ko atari urugaga gusa rubuze umuntu ko ahubwo igihugu cyose gihombye umuntu ufite ubunararibonye w’umuhanga.

Uyu yagize ati “Yari umuhanga cyane, akaba ari umuntu wari ufite ubunararibonye, yari umugabo ugira imico myiza cyane, ikintu azwiho cyane ni uburyo yagiye abana n’abantu, yari umuntu uzi kubana n’abantu. Yari umuntu uzi gushaka inshuti kandi akamenya kubana nazo mu byiciro byose, agasabana, agahora ari umuntu useka.”

Antoine Nzobandora, umwavoka wo mu Burundi wavuze ko yaje yatumwe n’Urugaga rw’Abavoka bo muri iki gihugu gituranye n’u Rwanda, we yavuze ko bari bamuziho ubuhanga kunganira abantu mu nkiko.

Yagize ati “Me Toy ni umuntu nzi kuva mu 2004, twari twagize inama yaduhuzaga nk’abavoka bo mu Rwanda, mu Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni uko haba amarushanwa hashakishwa umwavoka uzi kuburana neza; Toy yabaye uwa mbere icyo gihe twahise tumumenya, turamukunda, tubwira abavoka bose bakiri bato ngo bamwigane.”

Mu butumwa bwo gufata mu mugongo yazaniye umuryango, Nzobandora yavuze ko nk’uko iwabo mu Burundi babivuga ‘Intore zitaramba’ avuga ko bazakomeza kwibuka uyu mwavoka wafatwaga nk’intangarugero.

Basabye ubutabera…

Mu mihango yo gusezera Me Nzamwita nta magambo menshi akomoza ku gusaba ubutabera yavuzwe, ariko basohotse mu Rukiko rw’Ikirenga Mugabe Victor, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Urugaga rw’Abavoka yabikomojeho mu kiganiro cyihariye yagiranye n’Ikinyamakuru Izubarirashe.rw.

Me Mugabe yavuze ko urupfu rwa Nzamwita rwabaye nijoro, ko nk’urugaga basabye Polisi, nk’urwego rwa Leta rufite iperereza mu nshingano kuryihutisha, kuko Polisi yari yavuze ko iperereza rigikomeza.

-5250.jpg

Abo mu muryango wa Me Toy

-5251.jpg

Abavoka bagaragaje umubabaro mwinshi

Avuga ko iri perereza baryitezeho kugaragaza ukuri ku rupfu rwe, kandi ko urugaga n’umuryango wa Me Nzamwita biteguye gufatanya na Polisi mu gihe cyose yabitabaza.

Ati “Nk’abanyamategeko, iyo tubona ari ikibazo kijyanye n’icyaha cyangwa se andi makosa yandi akenshi ukuri cyangwa se ubutabera cyane cyane, ni nacyo ngira ngo urwego rw’ubutabera ruba rureba. Twizeye inkiko zacu, twizeye Polisi yacu, twizeye inzego z’iperereza, twizeye inzego z’ubugenzacyaha, twizeye ko uku kuri wenda kuzagaragara kubera ko umuntu yapfuye ejo bundi ntabwo wavuga ngo aka kanya ngo ndashaka ko aha ngaha aho mpagarariye mumpereze ukuri. Niyo mpamvu twizeye ko nibinyura mu bugenzacyaha inzego z’ubugenzacyaha zikabishakira ibimenyetso byafasha n’umuryango we, byafasha n’urugaga rw’abavoka.”

Ku bijyanye n’igihe iperereza ryakorerwa, Me Mugabe yagize ati “Ntabwo twategeka ngo nirikore mu gihe kingana iki icyo wenda urugaga rw’abavoka rwifuzaga. Icyifuzwa ni uko hakorwa iperereza vuba.”

Ku bivugwa ku iraswa rya Me Nzamwita, Me Mugabe yavuze ko bizeye ibiteganywa n’amategeko.

Yagize ati “Biramutse bigaragaye ko uwo mupolisi yamurashe ku bw’impanuka amategeko yo arahari, hari ibiteganywa n’amategeko ku bijyanye no kwica utabigambiriye, hari ibijyanye n’amategeko ku kwica wabigambiriye; ibyo byose amategeko afite icyo abivugaho. Biranashoboka ko yaba yaranamwishe atabigambiriye, icyo ngicyo nicyo navugaga yuko niba koko inzego z’ubugenzacyaha zifite icyo zirimo zikora kuri uwo muntu waba waramurashe igihe cyose byaba bigaragaye yuko agezwa imbere y’ubutabera icyo gihe hakoreshwa amategeko hashingiwe yuko yaba yaramwishe atabigambiriye cyangwa se wenda n’abakurikira wenda icyo gihe bakagaragaza niba yaramwishe abigambiriye nabyo hari amategeko abiteganya; icyo nzi cyo amategeko yacu ibyo byose afite icyo abivugaho.”

Yongeraho ati “Igikenewe ni ubutabera, twebwe icyo dukora uyu munsi ni ukugendera ku makuru yatangajwe n’inzego za Polisi, ngira ngo ni nabyo Abanyarwanda benshi bazi niyo makuru yatangajwe na Polisi, urumva umuntu yishwe nijoro yicwa n’inzego zishinzwe umutekano wo mu muhanda, nta wundi muntu w’umuturage wari mu nzira ugenda wenda wavuga uti nabonye bimeze bitya. Niba hari n’uhari bizakorerwa muri iryo perereza rizakorwa na Polisi ivuga iti ‘hari ababibonye’, nabyo kuko Polisi buriya ubugenzacyaha ibukorera ku bantu bose. Ntabwo yajya gukora iperereza ryihariye ngo ni uko ari umupolisi irabikora nk’Umunyarwanda waba yarishe, yaba abishaka cyangwa atabishaka, akica undi muturarwanda. Ni icyo ngicyo twebwe tugamiije ubundi kuko urugaga rw’abavoka ruharanira ubutabera bizaba byiza ubutabera n’ubundi nibutangwa kuri iki kibazo.”

-5252.jpg

-5247.jpg

Abavoka basezera kuri Me Nzamwita Ntabwoba Toy

2017-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abamotari bo muri Muhanga bahawe ubutumwa bwo gukumira ibyaha

Abamotari bo muri Muhanga bahawe ubutumwa bwo gukumira ibyaha

Ubwanditsi 02 Apr 2016
Polisi y’u Rwanda yahinduranyije abapolisi muri Centrafurika

Polisi y’u Rwanda yahinduranyije abapolisi muri Centrafurika

Ubwanditsi 11 Oct 2016
Burera: Abagore bane bafashwe binjiza inzoga mu buryo bwa magendu n’izitemewe mu Rwanda

Burera: Abagore bane bafashwe binjiza inzoga mu buryo bwa magendu n’izitemewe mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2016
FDLR yagabye igitero ku biro bya polisi yica abantu

FDLR yagabye igitero ku biro bya polisi yica abantu

Ubwanditsi 12 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru Abarundi 12 bafashwe bagiye gucuruzwa muri Aziya
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru Abarundi 12 bafashwe bagiye gucuruzwa muri Aziya

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Burundi: Ibyavuye mu matora ya referandumu birara bimenyekanye
Mu Mahanga

Burundi: Ibyavuye mu matora ya referandumu birara bimenyekanye

Ubwanditsi 21 May 2018
I&M Bank na BRD zagurijwe miliyoni 24 z’amayero zo gushyigikira ishoramari ry’abikorera
UBUKUNGU

I&M Bank na BRD zagurijwe miliyoni 24 z’amayero zo gushyigikira ishoramari ry’abikorera

Ubwanditsi 20 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru