• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Ubwanditsi 19 Dec 2016 Mu Mahanga

Ntaganzwa Ladislas yongeye kugezwa imbere y’Urukiko Rukuru, kuri uyu wa 19 Ukuboza 2016, nabwo ntiyatangira kuburana mu mizi ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi ashinjwa.

Ntaganzwa wari Burugumesitiri wa Komini Nyakizu muri Butare mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuri uyu wa Mbere, yazanye inzitizi ko dosiye ikubiyemo ibyo ashinjwa ari ndende bisaba igihe kugira ngo ategure imyiregurire ye.

Agezwa imbere y’Urukiko Rukuru mu cyumweru gishize ngo urubanza rutangire kuburanishwa mu mizi, bwo uregwa yari yagaragaje ko dosiye atayishyikirijwe, aribwo urukiko rwategekaga ko Ubushinjcyaha buyimugezaho, rugasubukurwa kuri uyu wa 19 Ukuboza 2016.

Kugeza na n’uyu munsi ariko ibyaha bikomeye bya Jenoside Ntaganzwa Ladislas ashinjwa, birimo icyaha cyo gukora Jenoside, icyaha cyo kwica nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu; icyaha cyo kurimbura imbaga, icyaha cyo gusambanya abagore ku ngufu n’icyaha cyo gushishikariza abantu gukora Jenoside, byose ntaravuga ko yemere cyangwa ngo abihakane.

Me Bugabo Laurent wunganira mu mategeko Ntaganzwa yabwiye urukiko ko bakeneye igihe gihagije cyo gutegura kwiregura, agaragariza urukiko ko dosiye ifite impapuro 1490 ari ndende.

Kubw’ibyo, me Bugabo yasabye urukiko ko urubanza rwasubikwa, agahabwa amezi atatu yo gutegura dosiye neza.

Umushinjcyaha Nkusi Faustin yabwiye urukiko ko niba uruhande rw’uregwa rusaba igihe cyo kubanza gusoma dosiye, ari ibintu byumvikana igihe bagihabwa nta cyo bitwaye.

-5107.jpg

Uretse icy’ayo mezi atatu, Me Bugabo yanabwiye urukiko ko bakeneye ubushobozi bwo kujya mu magereza gukora anketi, mu gutegura urubanza. Kubw’ibyo akavuga ko asaba amafaranga n’imodoka bizamufasha mu kazi.

Muri icyo gihe, Me Bugabo asobanura ko bazanashakiramo abatangabuhamya bashinjura.

Kuri icyo cyo gusaba ubushobozi, umucamanza yahise amububwira ko hari uburyo binyuramo bwateganyijwe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, bityo ko na we abukurikiza, ariko ko urukiko rwumvise ko abikeneye.

Me Bugabo yanasabye ko abatangabuhamya bashinja umukiriya we nk’uko ubushinjcyaha bwatanze inyandikomvugo za bo, bazahamagazwa mu rukiko bakemeza ko ibyo bavuze ari ibya bo.

Ikindi kandi, akavuga ko urukiko rwazabaha umwanya wo kubaza, abatangabuhamya bashinja, ku byo bavuze.

Umucamanza yamumaze impungenge, amubwira ko ibyo n’ubusanzwe amategeko abiteganya.

Umucamanza yaboneyeho gusaba impande zombi, gutanga urutonde rw’abatangabuhamya, zikanamenyekanisha abagomba kurindirwa umutekano.

Umushinjacyaha yabwiye urukiko ko bamwe mu bashinja Ntaganzwa bari muri dosiye ICTR yohereje, anavuga ko hazitabwa nk’umutekano wabo barindiwe , banitwa amazina.

Ariko Nkusi yavuze ko abagaragara ku rutonde yahaye urukiko, bishoboka ko bose atari ko bazakoreshwa, cyangwa ko hashobora kugira uwumva noneho nta kibazo kuba yatanga ubuhamya adahishwe.

Ku byerekeye igihe cy’amezi atatu Me Bugabo yasabaga, umucamanza yababwiye ko ari igihe kirekire.

Me Bugabo we akavuga ko amezi atatu atari menshi ugereranyije n’amezi icyenda ubushinjacyaha bwamaze bukora ishinja.

Ubushinjacyaha bwo bukavuga ko bwo buba bukeneye igihe kinini, kuko bwo gukora dosiye ari nko kubaka inzu kuva kuri fondasiyo, abandi bakazaza ari ugusiga amarangi.

Bityo , ubushinjcyaha bukavuga ko uruhande rw’uregwa ruzahera ku byo bwo bwakoze.

Ntaganzwa we yabwiye urukiko ko yumva ko igihe cy’amezi atatu atagezeho, yaba abangamiwe kuko ngo no kwandikisha mudasobwa ari ibintu atemenyereye.

Ariko, mbere y’uko urukiko rufata umwanzuro kuri icyo gihe uruhande rw’uregwa asaba, rwabajije Me Bugabo niba hari icyo byaba bitwaye kuri uyu wa Mbere, Ubushinjacyaha bugasobanura ibyaha burega Ntaganzwa.

Ibi ariko Me Bugabo yahise abyanga, avuga ko umunsi bavuye gukora dosiye, byazaba ngombwa ko ubushinjacyaha busubiramo.

Nyuma y’impaka, urukiko rwafashe umwanzuro ko urubanza ruzasubukurwa kuwa ^ Werurwe 2017.

Ntaganzwa wari mu bahigwaga bukware n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari zarashyizeho igihembo cya miliyoni 5 z’amadolari k’uwatuma afatwa.

Ntaganzwa yaje gutabwa muri yombi kuwa 7 Ukuboza 2015, afatiwe muri Repuburika Iharanira Demukarasi ya Congo.

Ntaganzwa Ladislas yari ku rutonde rw’abashakishwa kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi barimo umunyemari Felesiyani Kabuga.

-5108.jpg

Ntaganzwa agezwa mu Rwanda

2016-12-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Bizagorana ko amahoro agaruka muri Kongo igihe cyose ubutegetsi buzakomeza kwima amatwi abagerageza kubafasha kuva mu ngorane”

“Bizagorana ko amahoro agaruka muri Kongo igihe cyose ubutegetsi buzakomeza kwima amatwi abagerageza kubafasha kuva mu ngorane”

Ubwanditsi 26 Jun 2023
Umugore wa Visi Perezida w’Ubuhinde yavuze ko hari byinshi byo kwigira ku kigo Isange

Umugore wa Visi Perezida w’Ubuhinde yavuze ko hari byinshi byo kwigira ku kigo Isange

Ubwanditsi 21 Feb 2017
Clement yagize icyo avuga ku kuba abadivantiste baranze kuzabasezeranya kuko Knowless atwite.

Clement yagize icyo avuga ku kuba abadivantiste baranze kuzabasezeranya kuko Knowless atwite.

Ubwanditsi 28 Jul 2016
MICT ngo si yo yabazwa iby’urupfu rwa Eliezer Niyitegeka wari ufungiye muri Mali kubera jenoside

MICT ngo si yo yabazwa iby’urupfu rwa Eliezer Niyitegeka wari ufungiye muri Mali kubera jenoside

Ubwanditsi 10 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bambitswe imidari y’ishimwe
Mu Rwanda

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 17 Sep 2017
Nyuma yo gusesa Minisiteri y’umutekano abari abakozi bayo barerekeza he?
Mu Mahanga

Nyuma yo gusesa Minisiteri y’umutekano abari abakozi bayo barerekeza he?

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Theo Badege Umuyobozi wa CID  yaba yubikiwe imbehe
Mu Mahanga

Theo Badege Umuyobozi wa CID yaba yubikiwe imbehe

Ubwanditsi 17 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru