• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Ubwanditsi 19 Dec 2016 Mu Mahanga

Ntaganzwa Ladislas yongeye kugezwa imbere y’Urukiko Rukuru, kuri uyu wa 19 Ukuboza 2016, nabwo ntiyatangira kuburana mu mizi ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi ashinjwa.

Ntaganzwa wari Burugumesitiri wa Komini Nyakizu muri Butare mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuri uyu wa Mbere, yazanye inzitizi ko dosiye ikubiyemo ibyo ashinjwa ari ndende bisaba igihe kugira ngo ategure imyiregurire ye.

Agezwa imbere y’Urukiko Rukuru mu cyumweru gishize ngo urubanza rutangire kuburanishwa mu mizi, bwo uregwa yari yagaragaje ko dosiye atayishyikirijwe, aribwo urukiko rwategekaga ko Ubushinjcyaha buyimugezaho, rugasubukurwa kuri uyu wa 19 Ukuboza 2016.

Kugeza na n’uyu munsi ariko ibyaha bikomeye bya Jenoside Ntaganzwa Ladislas ashinjwa, birimo icyaha cyo gukora Jenoside, icyaha cyo kwica nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu; icyaha cyo kurimbura imbaga, icyaha cyo gusambanya abagore ku ngufu n’icyaha cyo gushishikariza abantu gukora Jenoside, byose ntaravuga ko yemere cyangwa ngo abihakane.

Me Bugabo Laurent wunganira mu mategeko Ntaganzwa yabwiye urukiko ko bakeneye igihe gihagije cyo gutegura kwiregura, agaragariza urukiko ko dosiye ifite impapuro 1490 ari ndende.

Kubw’ibyo, me Bugabo yasabye urukiko ko urubanza rwasubikwa, agahabwa amezi atatu yo gutegura dosiye neza.

Umushinjcyaha Nkusi Faustin yabwiye urukiko ko niba uruhande rw’uregwa rusaba igihe cyo kubanza gusoma dosiye, ari ibintu byumvikana igihe bagihabwa nta cyo bitwaye.

-5107.jpg

Uretse icy’ayo mezi atatu, Me Bugabo yanabwiye urukiko ko bakeneye ubushobozi bwo kujya mu magereza gukora anketi, mu gutegura urubanza. Kubw’ibyo akavuga ko asaba amafaranga n’imodoka bizamufasha mu kazi.

Muri icyo gihe, Me Bugabo asobanura ko bazanashakiramo abatangabuhamya bashinjura.

Kuri icyo cyo gusaba ubushobozi, umucamanza yahise amububwira ko hari uburyo binyuramo bwateganyijwe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, bityo ko na we abukurikiza, ariko ko urukiko rwumvise ko abikeneye.

Me Bugabo yanasabye ko abatangabuhamya bashinja umukiriya we nk’uko ubushinjcyaha bwatanze inyandikomvugo za bo, bazahamagazwa mu rukiko bakemeza ko ibyo bavuze ari ibya bo.

Ikindi kandi, akavuga ko urukiko rwazabaha umwanya wo kubaza, abatangabuhamya bashinja, ku byo bavuze.

Umucamanza yamumaze impungenge, amubwira ko ibyo n’ubusanzwe amategeko abiteganya.

Umucamanza yaboneyeho gusaba impande zombi, gutanga urutonde rw’abatangabuhamya, zikanamenyekanisha abagomba kurindirwa umutekano.

Umushinjacyaha yabwiye urukiko ko bamwe mu bashinja Ntaganzwa bari muri dosiye ICTR yohereje, anavuga ko hazitabwa nk’umutekano wabo barindiwe , banitwa amazina.

Ariko Nkusi yavuze ko abagaragara ku rutonde yahaye urukiko, bishoboka ko bose atari ko bazakoreshwa, cyangwa ko hashobora kugira uwumva noneho nta kibazo kuba yatanga ubuhamya adahishwe.

Ku byerekeye igihe cy’amezi atatu Me Bugabo yasabaga, umucamanza yababwiye ko ari igihe kirekire.

Me Bugabo we akavuga ko amezi atatu atari menshi ugereranyije n’amezi icyenda ubushinjacyaha bwamaze bukora ishinja.

Ubushinjacyaha bwo bukavuga ko bwo buba bukeneye igihe kinini, kuko bwo gukora dosiye ari nko kubaka inzu kuva kuri fondasiyo, abandi bakazaza ari ugusiga amarangi.

Bityo , ubushinjcyaha bukavuga ko uruhande rw’uregwa ruzahera ku byo bwo bwakoze.

Ntaganzwa we yabwiye urukiko ko yumva ko igihe cy’amezi atatu atagezeho, yaba abangamiwe kuko ngo no kwandikisha mudasobwa ari ibintu atemenyereye.

Ariko, mbere y’uko urukiko rufata umwanzuro kuri icyo gihe uruhande rw’uregwa asaba, rwabajije Me Bugabo niba hari icyo byaba bitwaye kuri uyu wa Mbere, Ubushinjacyaha bugasobanura ibyaha burega Ntaganzwa.

Ibi ariko Me Bugabo yahise abyanga, avuga ko umunsi bavuye gukora dosiye, byazaba ngombwa ko ubushinjacyaha busubiramo.

Nyuma y’impaka, urukiko rwafashe umwanzuro ko urubanza ruzasubukurwa kuwa ^ Werurwe 2017.

Ntaganzwa wari mu bahigwaga bukware n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari zarashyizeho igihembo cya miliyoni 5 z’amadolari k’uwatuma afatwa.

Ntaganzwa yaje gutabwa muri yombi kuwa 7 Ukuboza 2015, afatiwe muri Repuburika Iharanira Demukarasi ya Congo.

Ntaganzwa Ladislas yari ku rutonde rw’abashakishwa kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi barimo umunyemari Felesiyani Kabuga.

-5108.jpg

Ntaganzwa agezwa mu Rwanda

2016-12-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Ubwanditsi 25 Oct 2023
Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ubwanditsi 18 Mar 2025
RDC yashyikirije u Rwanda abaturage 16 bafatiwe mu mukwabu i Goma

RDC yashyikirije u Rwanda abaturage 16 bafatiwe mu mukwabu i Goma

Ubwanditsi 12 Jan 2020
Karongi: Abarobyi bakanguriwe kuba abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano mu Kiyaga cya Kivu

Karongi: Abarobyi bakanguriwe kuba abafatanyabikorwa mu kubungabunga umutekano mu Kiyaga cya Kivu

Ubwanditsi 02 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAN U20: UGANDA na GHANA zageze ku mukino wa nyuma muri Mauritania
Amakuru

CAN U20: UGANDA na GHANA zageze ku mukino wa nyuma muri Mauritania

Ubwanditsi 02 Mar 2021
Afrobasket: Mali yegukanye igikombe cya gatandatu, u Rwanda ruba urwa gatandatu
IMIKINO

Afrobasket: Mali yegukanye igikombe cya gatandatu, u Rwanda ruba urwa gatandatu

Ubwanditsi 04 Aug 2019
Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi  biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo
Mu Mahanga

Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo

Ubwanditsi 04 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru