• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

Ubwanditsi 23 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Bwa mbere nyuma y’aho intambara yuburiye hagati y’igisirikari cya Kongo, FARDC, n’umutwe wa M23, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yagize icyo avuga ku binyoma Leta ya Kongo ikomejwe gukwiza, ishinja uRwanda gushyigikira uwo mutwe wa M23.

Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru mpuzamahanga, Perezida Kagame yahishuye ko atahwemye kubwira mugenzi we wa Kongo, Félix Tshisekedi, ko kugereka ibibazo by’igihugu cye ku Rwanda, ari ukwihunza inshingano ze , kuko ibyo bibazo ari iby’Abanyekongo ubwabo kandi yakabaye ashakira umuti nka Perezida wa Repubulika.

Perezida Kagame yasobanuye ko yaganiriye kenshi na Perezida Tshisekedi ku muzi nyakuri w’ingorane za Kongo, ndetse banarebera hamwe uko izo ngorane zavaho, ariko ubutegetsi bwa Kongo bwanga gushyira mu bikorwa imyanzuro n’inama bwagiriwe, buhitamo gufata u Rwanda nk’ igitambo bwegekaho urusyo. Perezida wa Repubulika y’uRwanda yagize ati: “Aho gushyira mu bikorwa imyanzuro yafasha kugarura amahoro muri Kongo, bo bahisemo inzira mbi kurusha izindi. Bahisemo kubaka ubucuti n’imikoranire hagati yabo n’abajenosideri ba FDLR. Aho guhangana na M23, mu minsi ishize bararengereye bararasa ibisasu ku butaka bw’u Rwanda, bikomeretsa abantu, binangiza imitungo myinshi. Ibi rero ntibyarangiza ibibazo bya Kongo.”
Abakurikiranira hafi ibyo muri Kongo basanga ikibazo nyamukuru ari uko Leta y’icyo gihugu itazi cyangwa yirengagiza nkana imvo n’imvano y’ibibazo byayo.

Hari imiyoborere mibi, ruswa yamunze inzego zose z’ubutegetsi bwaba ubwa gisivili n’ubwa gisirikari, hakiyongeraho kuvangura Abanyekongo, bamwe bakitwa Abanyarwanda kubera ko gusa bavuga ikinyarwanda.

Amateka ya vuba agaragaza ko Leta zose zatsinzwe intambara, zagiye zizira kwitiranya uwo bahanganye nawe. Dore nk’ubu aho kurwana na M23 idasiba kubambura ibirindiro byinshi, FARDC n’ubutegetsi bwa Kongo birirwa baririmba ko batewe n’u Rwanda, bagahamagarira abaturage gutsemba abaturanyi bavuga ikinyarwanda, cyane cyane Abatutsi. Iyi ni intandaro yo gutsindwa, kuko noneho imitwe nka M23 igaragaza ko ifite impamvu yo kurwana, ngo irengere inzirakarengane zikorerwa Jenoside.

Ibi biributsa uburyo ubwo FPR-Inkotanyi zatangizaga urugamba rwo kubohora uRwanda, Leta ya Yuvenali Habyarimana yamaze imyaka ibeshya amahanga ko yatewe n’igisirikari cya Uganda. Byafashe igihe ngo yemere ko Inkotanyi ari Abanyarwanda baharanira uburenganzira bwabo, ndetse yemera gushyikirana nabo. Ikigaragaza ko ibyabaye mu Rwanda bifitaniye isano n’ibiri muri Kongo, ni uko Habyarimana yananiwe guhagarika umuvuduko wa FPR-Inkotanyi, ikirara mu Batutsi ikabatsemba ibita ibyitso bya FPR-Inkotanyi. Ubu nabwo, aho kurwana na M23, Leta ya Kongo irica Abatutsi ibitirira ubwo mutwe, ndetse urubyiruko rw’ishyaka “UDPS” rya Perezida Tshisekedi rwijanditse mu bwicanyi, nk’uko Interahamwe za MRND-CDR zabikoze mu Rwanda.

Gushakira ikibazo aho kitari, kwinangira wanga kuva ukuri nyamara kwaguha igisubizo, gushyira ku ibere abajenosideri ba FDLR, gutsemba bamwe mu baturage bazira gusa ko ari Abatutsi cyangwa bavuga ikinyarwanda, ngiyi indunduro y’ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi, bukazasiga bushyize igihugu ku kaga kitazivanamo.

2022-06-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira

Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira

RUSHYASHYA 15 Jun 2026
Mu Banyarwanda bajya n’abava muri Uganda ngo harimo abayoboke ba RNC

Mu Banyarwanda bajya n’abava muri Uganda ngo harimo abayoboke ba RNC

Ubwanditsi 10 Sep 2019
Kwibuka24: Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka24: Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 09 Apr 2018
Ubutabera ntibuzagwe mu mutego wa Aimable Karasira wiyita umurwayi wo mu mutwe, kandi ari”umusazi-mwenge”!!

Ubutabera ntibuzagwe mu mutego wa Aimable Karasira wiyita umurwayi wo mu mutwe, kandi ari”umusazi-mwenge”!!

Ubwanditsi 08 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.
INKURU NYAMUKURU

Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.

Ubwanditsi 01 Sep 2020
IMPAMVU : Prof Lwakabamba yeguye ku buyobozi bwa INATEK
ITOHOZA

IMPAMVU : Prof Lwakabamba yeguye ku buyobozi bwa INATEK

Ubwanditsi 22 Sep 2017
AS Kigali yatsinze Muhazi United 1-0 isoreza umwaka w’imikino wa 2023-2024 ku mwanya wa 5
Amakuru

AS Kigali yatsinze Muhazi United 1-0 isoreza umwaka w’imikino wa 2023-2024 ku mwanya wa 5

Ubwanditsi 10 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru