• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

Ubwanditsi 23 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Bwa mbere nyuma y’aho intambara yuburiye hagati y’igisirikari cya Kongo, FARDC, n’umutwe wa M23, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yagize icyo avuga ku binyoma Leta ya Kongo ikomejwe gukwiza, ishinja uRwanda gushyigikira uwo mutwe wa M23.

Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru mpuzamahanga, Perezida Kagame yahishuye ko atahwemye kubwira mugenzi we wa Kongo, Félix Tshisekedi, ko kugereka ibibazo by’igihugu cye ku Rwanda, ari ukwihunza inshingano ze , kuko ibyo bibazo ari iby’Abanyekongo ubwabo kandi yakabaye ashakira umuti nka Perezida wa Repubulika.

Perezida Kagame yasobanuye ko yaganiriye kenshi na Perezida Tshisekedi ku muzi nyakuri w’ingorane za Kongo, ndetse banarebera hamwe uko izo ngorane zavaho, ariko ubutegetsi bwa Kongo bwanga gushyira mu bikorwa imyanzuro n’inama bwagiriwe, buhitamo gufata u Rwanda nk’ igitambo bwegekaho urusyo. Perezida wa Repubulika y’uRwanda yagize ati: “Aho gushyira mu bikorwa imyanzuro yafasha kugarura amahoro muri Kongo, bo bahisemo inzira mbi kurusha izindi. Bahisemo kubaka ubucuti n’imikoranire hagati yabo n’abajenosideri ba FDLR. Aho guhangana na M23, mu minsi ishize bararengereye bararasa ibisasu ku butaka bw’u Rwanda, bikomeretsa abantu, binangiza imitungo myinshi. Ibi rero ntibyarangiza ibibazo bya Kongo.”
Abakurikiranira hafi ibyo muri Kongo basanga ikibazo nyamukuru ari uko Leta y’icyo gihugu itazi cyangwa yirengagiza nkana imvo n’imvano y’ibibazo byayo.

Hari imiyoborere mibi, ruswa yamunze inzego zose z’ubutegetsi bwaba ubwa gisivili n’ubwa gisirikari, hakiyongeraho kuvangura Abanyekongo, bamwe bakitwa Abanyarwanda kubera ko gusa bavuga ikinyarwanda.

Amateka ya vuba agaragaza ko Leta zose zatsinzwe intambara, zagiye zizira kwitiranya uwo bahanganye nawe. Dore nk’ubu aho kurwana na M23 idasiba kubambura ibirindiro byinshi, FARDC n’ubutegetsi bwa Kongo birirwa baririmba ko batewe n’u Rwanda, bagahamagarira abaturage gutsemba abaturanyi bavuga ikinyarwanda, cyane cyane Abatutsi. Iyi ni intandaro yo gutsindwa, kuko noneho imitwe nka M23 igaragaza ko ifite impamvu yo kurwana, ngo irengere inzirakarengane zikorerwa Jenoside.

Ibi biributsa uburyo ubwo FPR-Inkotanyi zatangizaga urugamba rwo kubohora uRwanda, Leta ya Yuvenali Habyarimana yamaze imyaka ibeshya amahanga ko yatewe n’igisirikari cya Uganda. Byafashe igihe ngo yemere ko Inkotanyi ari Abanyarwanda baharanira uburenganzira bwabo, ndetse yemera gushyikirana nabo. Ikigaragaza ko ibyabaye mu Rwanda bifitaniye isano n’ibiri muri Kongo, ni uko Habyarimana yananiwe guhagarika umuvuduko wa FPR-Inkotanyi, ikirara mu Batutsi ikabatsemba ibita ibyitso bya FPR-Inkotanyi. Ubu nabwo, aho kurwana na M23, Leta ya Kongo irica Abatutsi ibitirira ubwo mutwe, ndetse urubyiruko rw’ishyaka “UDPS” rya Perezida Tshisekedi rwijanditse mu bwicanyi, nk’uko Interahamwe za MRND-CDR zabikoze mu Rwanda.

Gushakira ikibazo aho kitari, kwinangira wanga kuva ukuri nyamara kwaguha igisubizo, gushyira ku ibere abajenosideri ba FDLR, gutsemba bamwe mu baturage bazira gusa ko ari Abatutsi cyangwa bavuga ikinyarwanda, ngiyi indunduro y’ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi, bukazasiga bushyize igihugu ku kaga kitazivanamo.

2022-06-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amatike ya CHAN yatangiye kugurishwa

Amatike ya CHAN yatangiye kugurishwa

Ubwanditsi 14 Jan 2016
Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?

Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?

Ubwanditsi 09 Jan 2022
Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage  kubyaza umusaruro ibikorwa bya  Ekocenter bagejejweho

Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage kubyaza umusaruro ibikorwa bya Ekocenter bagejejweho

Ubwanditsi 13 Jun 2016
Impamvu 5 abasore b’imico myiza bakunze kubona abakunzi bibagoye

Impamvu 5 abasore b’imico myiza bakunze kubona abakunzi bibagoye

Ubwanditsi 28 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza
Amakuru

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Ubwanditsi 13 Dec 2024
Barasabwa gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi
Mu Mahanga

Barasabwa gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo
UBUKUNGU

Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 10 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru