• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Ubwanditsi 26 Mar 2017 Mu Rwanda

Nzamuye Jean Bosco, Ntawumenyumunsi Shaban, Shyirambere Donatien na Dusabeyezu Theophile bafunzwe bacyekwaho guha abapolisi ruswa y’ibihumbi 24 by’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo babakorere ibinyuranyije n’amategeko; ariko ntibyabahiriye kuko bahise bafatwa barafungwa.”

Babiri babanza bafatiwe mu karere ka Rubavu ku wa 24 Werurwe uyu mwaka; uwa gatatu yafatiwe mu karere Kamonyi; naho uwa kane yafatiwe mu ka Muhanga. Babiri ba nyuma bafashwe ku wa 22 z’uku Kwezi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’i Burengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Theobald Kanamugire yavuze ko Nzamuye na Ntawumenyumunsi batanze ruswa kugira ngo be guhanirwa gutwara moto nta ruhushya rwo kuyitwara bafite; bakaba barafatiwe mu murenge wa Gisenyi.

Yagize ati,” Ubwo abapolisi bakora mu Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda bari mu kazi basabye aba bombi uruhushya rwo gutwara moto. Aho kubaha ibyo babasabye babahaye ibyangombwa by’imodoka (Cartes Jaune); babibahana n’amafaranga ya ruswa. Bakibikora bahise bafatwa.”

CIP Kanamugire yavuze ko Nzamuye yatanze ruswa y’ibihumbi bitatu by’amafaranga y’u Rwanda; naho Ntawumenyumunsi yatanze ruswa y’ibihumbi bitanu by’amafaranga y’u Rwanda.

Shyirambere yatanze ruswa y’ibihumbi 10 by’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo ahabwe moto yafashwe atwaye nta rushushya rwo kuyitwara afite; ibyo bikiyongera ku kuba yari atwaye umugenzi utambaye ingofero.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) André Hakizimana yasobanuye uko yabigenje agira ati,”Ahagana saa saba n’igice yahagaritswe n’abapolisi bo mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda kubera ko yari atwaye umugenzi utambaye ingofero. Bamaze kumuhagarika, baje gusanga nta ruhushya rwo gutwara moto afite; hanyuma bajyana iyo moto kuri Sitasiyo ya Runda.”

Yakomeje agira ati,”Nyuma y’isaha imwe iyo moto ifashwe Shyirambere yasanze abo bapolisi kuri iyi Sitasiyo ya Polisi (Runda) aha umwe muri bo iyo ruswa amubwira ko ari Fanta amuhaye kugira ngo amuhe iyo moto; ibyo akaba ari byo byamuviriyemo gufatwa no gufungwa.”

CIP Hakizimana yavuze ko Dusabeyezu yahaye umupolisi ukorera kuri Sitasiyo ya Kiyumba (Muhanga) ibihumbi bitandatu by’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo ye gukurikiranwaho kugura igare ritwarwaho Ikawa ry’iryibano.

Yagize ati,”Iryo gare yariguze ibihumbi 180 by’amafaranga y’u Rwanda. Uwo yariguze na we yari yaritiye. Uwarimugurishije yabeshye nyiraryo ko barimwibye. Dusabeyezu amaze kubona ko ashobora kuryamburwa yahaye iyo ruswa umupolisi wakurikiranaga iyo dosiye kugira ngo abihagarike; ariko ntibyamuhiriye .”

Nzamuye na Ntawumenyumunsi bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi; Shyirambere afungiwe ku ya Runda; naho Dusabeyezu afungiwe ku ya Kiyumba.

CIP Hakizimana yagarutse ku bubi bwa ruswa avuga ko igira ingaruka mbi ku mitangire ya serivisi, ku iterambere n’ubukungu, no ku ishusho rusange y’igihugu.

Yagize ati, “Ruswa ni ikizira muri Polisi y’u Rwanda. Abayitanga kugira ngo bakorerwe ibinyuranyije n’amategeko bamenye ko bazafatwa babihanirwe.”

-6172.jpg

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’i Burengerazuba yibukije ko umuntu utanyuzwe na serivisi ahawe n’umupolisi asabwa kubimenyesha inzego zimukuriye kugira ngo niba yarenganye arenganurwe aho gutanga ruswa.

Yasabye buri wese kwirinda ruswa y’uburyo bwose no gutanga umusanzu mu kuyirwanya atungira agatoki Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibishinzwe abo acyekaho kuyaka no kuyitanga.

Uhamwe n’iki cyaha ahanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri (2) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza ku icumi (10) z’agaciro ka ruswa yashatse gutanga nk’uko biteganywa n’ingingo ya 640 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

2017-03-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iya 2 Gicurasi 1994: Umunsi Boutros-Ghali yavugiye kuri televiziyo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside

Iya 2 Gicurasi 1994: Umunsi Boutros-Ghali yavugiye kuri televiziyo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside

Ubwanditsi 02 May 2018
U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.

Ubwanditsi 17 Jun 2021
Afhamia Lotfi wahoze atoza Rayon Sports na Mukura yasinye muri Gicumbi FC, ahabwa inshingano zo kugeza iyi kipe mu myana 6 ya mbere

Afhamia Lotfi wahoze atoza Rayon Sports na Mukura yasinye muri Gicumbi FC, ahabwa inshingano zo kugeza iyi kipe mu myana 6 ya mbere

RUSHYASHYA 25 Jun 2026
Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 27 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni iki cyihishe inyuma y’igitero cya  FDLR  mu karere ka  Rubavu
Amakuru

Ni iki cyihishe inyuma y’igitero cya FDLR mu karere ka Rubavu

Ubwanditsi 20 Apr 2016
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019
UBUKUNGU

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Ubwanditsi 18 Jun 2019
Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda
Amakuru

Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda

Ubwanditsi 29 Apr 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru