• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda

Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda

Ubwanditsi 29 Apr 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Deus Kagiraneza wabaye Perefe wa Ruhengeli ndetse n’umudepite mu Inteko Ishinga amategeko ahagarariye FPR, nyuma akaza guhunga igihugu akongera akagaruka yasobanuye byinshi mu nzira ya politiki irwanya ubutegetsi yabayemo.

Ibi byose Deus Kagiraneza yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Radiyo iJwi rya Diaspora One Nation Radio.

Kagiraneza yasobanuye ko yahunze mu mwaka wa 2000 kandi ko icyo gihe hari abantu babarizwaga muri FPR ariko bashaka ubutegetsi ku nyungu zabo bitanyuze mu muryango wa RPF Inkotanyi. Aha yatunze agatoki Pasteur Bizimungu wanegujwe muri uwo mwaka ndetse na Kayumba Nyamwasa wari umukuru w’ingabo bombi bakaba abarateranyaga inzego ndetse bagumura abahoze ari abakada ba FPR-Inkotanyi.

Kagiraneza yahungiye mu Bubiligi nyuma yihuza n’abarwanya ubutegetsi, ariko nyuma aza gusanga ari igihe cyo kubaka u Rwanda aho kururwanya nuko arataha.

Mu batavuga rumwe n’u Rwanda, Kagiraneza yavuzeko harimo ibice byinshi kandi nabo batavuga rumwe. Aha ayatanze urugero rwabo yise Abaparmehutu akaba ari abamunzwe n’ingengabitekerezo ya Hutu Power ndetse n’abakoze Jenoside batumva ko umututsi yaba mu gihugu. Yongeyeho ko aba bafite n’inshuti mu butegetsi bwo mu Bubiligi. Yongeyeho ko bayonse mu maraso ko abana babo aribo wenda umuntu yareba uko akiza iyo ngengabitekerezo.

Igice cya kabiri cy’abagize ibigarasha, harimo abavuye mu Rwanda bakoze ibyaha bakaba batinya kugaruka ngo batazashyikirizwa ubutabera, yongeyeho ko muri aba abenshi bagumuwe na Kayumba Nyamwasa ndetse na Bizimungu Pasiteri.

Igice cya gatatu cy’ibigarasha ni abari bafite ibitekerezo ariko bagasanga ibyo basabaga byaragezweho, bagasigara banenga gusa, Aha yatanze urugero rwuwavugaga gukuraho igihano cy’urupfu ariko cyavuyeho uwabisabaaga akabura indi turufu akoresha. Undi ushaka kuvuga amajyambere nyamara u Rwanda rutera imbere bityo akaba nta gipimo yabona cy’amajyambere we avuga kuko abivuga mu magambo Atari uko yabishyira mu bikorwa.

Aha yatanze urugero rwa Joseph Ngarambe rimwe na rimwe uvuga ibitekerezo by’ubukungu ariko akagendera ku bihuha mu busesenguzi bwe, niyo mpamvu yitandukanyije na Kayumba Nyamwasa akihuza na Theogene Rudasingwa kuko bose nta murongo ugaragara kandi ufatika wa politike baba bafite.

Kagiraneza yongeyeho ko biborohera kunenga ariko ubabajije uburyo babikoramo nta gisubizo bakubonera. Ngo bigeze no kugira igitekerezo nyuma yo kubonako batatsinda u Rwanda mu ntambara rwo kugura ubutaka bituranye n’u Rwanda mu bihugu byose bidukikije maze bakahashyira ibikorwaremezo ariko basanga ari inzozi baba barimo.

Hari n’abandi biyemeje ku rwanya u Rwanda barurimo ngo bagakora ubucuruzi bari imbere mu gihugu.

2024-04-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Ubwanditsi 08 Apr 2021
Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Ubwanditsi 21 May 2021
Perezida Kagame yahaye Mitali  ubutumwa bwo kubahisha Ikinyarwanda abushyikiriza Intebe y’ Inteko

Perezida Kagame yahaye Mitali ubutumwa bwo kubahisha Ikinyarwanda abushyikiriza Intebe y’ Inteko

Ubwanditsi 30 May 2017
Amafoto – Tuyisenge Arsène wa Rayon Sports yongerewe mu ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina na Ethiopia mu gushaka itike yo gukina CHAN2023

Amafoto – Tuyisenge Arsène wa Rayon Sports yongerewe mu ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina na Ethiopia mu gushaka itike yo gukina CHAN2023

Ubwanditsi 23 Aug 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Ubwanditsi 01 May 2024
Rayon Sports yongeye gutsikira mbere yo guhura na APR FC
IMIKINO

Rayon Sports yongeye gutsikira mbere yo guhura na APR FC

Ubwanditsi 01 Apr 2019
Afurika y’Epfo: Umunyarwanda yishwe atwikiwe mu nzu azira umugore w’abandi
ITOHOZA

Afurika y’Epfo: Umunyarwanda yishwe atwikiwe mu nzu azira umugore w’abandi

Ubwanditsi 18 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru