• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Editorial 13 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Urutonde rw’abambasaderi 37 n’ababungirije 4, Perezida Yoweri K. Museveni yarushyizeho umukono kuri iki cyumweru, tariki 12 Ukuboza 2021.

Abari bahagarariye Uganda mu bihugu bigize Umuryango w’Akarere k’Afrika y’Uburasirazuba, bose bahinduwe.
Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda yagizwe Rtd Maj Gen. Robert Rusoke, akaba asimbuye Madamu Oliver Wonekha, wari uri mu Rwanda kuva mu mwaka wa 2017.


Ambasaderi Richard Kabonero wigeze guhagararira Uganda mu Rwanda ndetse no muri Tanzaniya, we yashyizwe ku gatebe. Ababikurikiranira hafi baremeza ko yaba yazize guterana amagambo na Adonia Ayebare, Ambasaderi wa Uganda i New York muri Amerika, akaba n’inkoramutima ya Perezida Museveni.

Aba bagabo bombi bapfaga ko Ambasaderi Richard Kabonero abuza ubutegetsi bw’igihugu cye gukomeza ibikorwa by’ubushotoranyi ku Rwanda, mu gihe Adonia Ayebare we ari intagondwa isanga ahubwo ubushotoranyi budahagije.

Mu bagizwe abambasaderi kandi harimo Judith Nsababeera woherejwe i Guanzhou mu Bushinwa. Uyu mugore yigeze kuba umwe mu bahagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, mu myaka ya za 2012-2013 akaba yari “Umunyarwandakazi”. Byahe ko ahubwo yari “gatumwa” wa Uganda ushinzwe kononera u Rwanda no kuneka amabanga yarwo! Icyakora ubanza ngo yaratashye amara masa, kuko bitatinze kumutahura.

Abambasaderi bashya rero bahawe inshingano yo kuzahura isura ya Uganda yahindanye cyane mu ruhando mpuzamahanga.

Zimwe mu mpamvu zatumye ibihugu byinshi bitakariza icyizere ubutegetsi bwa Perezida Museveni, harimo ruswa yamunze inzego zose z’ubuyobozi, ariko cyane cyane izishinzwe imari, ubuzima n’umutekano. Hari kandi guhutaza abatavuga rumwe n’ubutegetsi, ibintu bikaba byaradogereye cyane mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka, aho benshi mu bayoboke ba Bobi Wine wari uhanganye na Museveni muri ayo matora, bishwe, barakomeretswa abandi n’ubu bakaba bagifunze.

Guhonyora uburenganzira bwa muntu muri Uganda byabaye ifunguro rya buri munsi ku baturage b’inzirakarengane, barimo n’Abanyarwanda batuye cyangwa bagenda muri icyo gihugu.

Gen Abel Kandiho utegeka urwego rw’ubutasi mu gisirikari cya Uganda, CMI, niwe uri ku isonga ry’ubwo bugome, ndetse Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zikaba ziherutse kumufatira ibihano. Birashoboka kandi ko Gen Kandiho yabimburiye benshi, kuko mu minsi iri imbere dushobora kuzumva n’ibindi byegera bya Perezida Museveni byahawe akato mu mahanga.

Ikindi amahanga anenga cyane, ni uburyo umuryango wa Perezida Museveni wikubiye ubukungu bw’igihugu, dore ko umugore we Janet Museveni ari umwe mu bagize guverinoma, umuhungu we Gen Muhoozi Kainerugaba akaba umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka.

Ibikorwa bikomeye by’ubucuruzi biri mu biganza bya murumuna wa Museveni, Gen Salim Saleh, bikaba binazwi ko ari nawe ugenzura ubucuruzi bwa rwihishwa Uganda ikorana na ADF, n’indi mitwe y’iterabwoba ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Uganda iherutse kohereza uruhuri rw’abasirikari muri Kongo, ibeshya ko bagiye kurwanya ADF, kandi bizwi ko uwo mutwe ahubwo ukorana n’ibyegera bya Perezida Museveni. Iki gikorwa nacyo amahanga ntiyakibonye neza, kuko asanga hari indi migambi mibisha icyihishe inyuma.

Abambasaderi bashya bikorejwe ishyiga rishyushye ryo gukinga amahanga ibikarito mu maso. Basabwe gusobanura iryo kinamico ryo kurwanya umufatanyabikorwa, n’ ibindi bikorwa bibi kandi bigaragarira buri wese, by’ubwo butegetsi bwa Kampala.

So ukwanga akuraga ibyamunaniye.

2021-12-13
Editorial

IZINDI NKURU

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Editorial 16 Apr 2018
Habura iminsi 5 ngo inama y’intekorusange idasanzwe ya Rayon Sports ibe, Paul Muvunyi wari wayitumije yayisubitse

Habura iminsi 5 ngo inama y’intekorusange idasanzwe ya Rayon Sports ibe, Paul Muvunyi wari wayitumije yayisubitse

Editorial 17 Nov 2025
Amakimbirane hagati y’inyeshyamba za Kayumba zikomeje gucikamo ibice

Amakimbirane hagati y’inyeshyamba za Kayumba zikomeje gucikamo ibice

Editorial 24 Jan 2019
Abamotari bagera kuri 250 bo muri Kamonyi babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake

Abamotari bagera kuri 250 bo muri Kamonyi babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake

Editorial 03 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police Hand Ball Club ikomeje kwitwara neza muri Shampiyona
Mu Mahanga

Police Hand Ball Club ikomeje kwitwara neza muri Shampiyona

Editorial 03 Apr 2016
Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino irindwi idatsindwa inaboneraho gufata umwanya wa 1 wa shampiyona
Amakuru

Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino irindwi idatsindwa inaboneraho gufata umwanya wa 1 wa shampiyona

Editorial 12 Nov 2022
Amakipe 11 arimo 7 y’abagabo 4 y’abagore niyo yitabira irushwanwa rya volleyball ’Kirehe Open’
Amakuru

Amakipe 11 arimo 7 y’abagabo 4 y’abagore niyo yitabira irushwanwa rya volleyball ’Kirehe Open’

Editorial 22 Sep 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru