• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Ubwanditsi 13 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Urutonde rw’abambasaderi 37 n’ababungirije 4, Perezida Yoweri K. Museveni yarushyizeho umukono kuri iki cyumweru, tariki 12 Ukuboza 2021.

Abari bahagarariye Uganda mu bihugu bigize Umuryango w’Akarere k’Afrika y’Uburasirazuba, bose bahinduwe.
Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda yagizwe Rtd Maj Gen. Robert Rusoke, akaba asimbuye Madamu Oliver Wonekha, wari uri mu Rwanda kuva mu mwaka wa 2017.


Ambasaderi Richard Kabonero wigeze guhagararira Uganda mu Rwanda ndetse no muri Tanzaniya, we yashyizwe ku gatebe. Ababikurikiranira hafi baremeza ko yaba yazize guterana amagambo na Adonia Ayebare, Ambasaderi wa Uganda i New York muri Amerika, akaba n’inkoramutima ya Perezida Museveni.

Aba bagabo bombi bapfaga ko Ambasaderi Richard Kabonero abuza ubutegetsi bw’igihugu cye gukomeza ibikorwa by’ubushotoranyi ku Rwanda, mu gihe Adonia Ayebare we ari intagondwa isanga ahubwo ubushotoranyi budahagije.

Mu bagizwe abambasaderi kandi harimo Judith Nsababeera woherejwe i Guanzhou mu Bushinwa. Uyu mugore yigeze kuba umwe mu bahagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, mu myaka ya za 2012-2013 akaba yari “Umunyarwandakazi”. Byahe ko ahubwo yari “gatumwa” wa Uganda ushinzwe kononera u Rwanda no kuneka amabanga yarwo! Icyakora ubanza ngo yaratashye amara masa, kuko bitatinze kumutahura.

Abambasaderi bashya rero bahawe inshingano yo kuzahura isura ya Uganda yahindanye cyane mu ruhando mpuzamahanga.

Zimwe mu mpamvu zatumye ibihugu byinshi bitakariza icyizere ubutegetsi bwa Perezida Museveni, harimo ruswa yamunze inzego zose z’ubuyobozi, ariko cyane cyane izishinzwe imari, ubuzima n’umutekano. Hari kandi guhutaza abatavuga rumwe n’ubutegetsi, ibintu bikaba byaradogereye cyane mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka, aho benshi mu bayoboke ba Bobi Wine wari uhanganye na Museveni muri ayo matora, bishwe, barakomeretswa abandi n’ubu bakaba bagifunze.

Guhonyora uburenganzira bwa muntu muri Uganda byabaye ifunguro rya buri munsi ku baturage b’inzirakarengane, barimo n’Abanyarwanda batuye cyangwa bagenda muri icyo gihugu.

Gen Abel Kandiho utegeka urwego rw’ubutasi mu gisirikari cya Uganda, CMI, niwe uri ku isonga ry’ubwo bugome, ndetse Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zikaba ziherutse kumufatira ibihano. Birashoboka kandi ko Gen Kandiho yabimburiye benshi, kuko mu minsi iri imbere dushobora kuzumva n’ibindi byegera bya Perezida Museveni byahawe akato mu mahanga.

Ikindi amahanga anenga cyane, ni uburyo umuryango wa Perezida Museveni wikubiye ubukungu bw’igihugu, dore ko umugore we Janet Museveni ari umwe mu bagize guverinoma, umuhungu we Gen Muhoozi Kainerugaba akaba umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka.

Ibikorwa bikomeye by’ubucuruzi biri mu biganza bya murumuna wa Museveni, Gen Salim Saleh, bikaba binazwi ko ari nawe ugenzura ubucuruzi bwa rwihishwa Uganda ikorana na ADF, n’indi mitwe y’iterabwoba ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Uganda iherutse kohereza uruhuri rw’abasirikari muri Kongo, ibeshya ko bagiye kurwanya ADF, kandi bizwi ko uwo mutwe ahubwo ukorana n’ibyegera bya Perezida Museveni. Iki gikorwa nacyo amahanga ntiyakibonye neza, kuko asanga hari indi migambi mibisha icyihishe inyuma.

Abambasaderi bashya bikorejwe ishyiga rishyushye ryo gukinga amahanga ibikarito mu maso. Basabwe gusobanura iryo kinamico ryo kurwanya umufatanyabikorwa, n’ ibindi bikorwa bibi kandi bigaragarira buri wese, by’ubwo butegetsi bwa Kampala.

So ukwanga akuraga ibyamunaniye.

2021-12-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Lt Col Richard Karasira yagizwe Chairman wa APR FC yungirizwa na Uwayezu Régis

Lt Col Richard Karasira yagizwe Chairman wa APR FC yungirizwa na Uwayezu Régis

Ubwanditsi 23 Jun 2023
AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri

AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri

RUSHYASHYA 28 May 2026
Carlos Alos Ferrer utoza Amavubi, yahawe amasezerano y’imyaka ibiri asabwa kurenga amatsinda ya CAN2023

Carlos Alos Ferrer utoza Amavubi, yahawe amasezerano y’imyaka ibiri asabwa kurenga amatsinda ya CAN2023

Ubwanditsi 11 Mar 2023
Iradukunda Elsa ni we wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2017

Iradukunda Elsa ni we wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2017

Ubwanditsi 26 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Umusirikare wa FARDC yishe abana be babiri na we ahita yirasa
HIRYA NO HINO

RDC: Umusirikare wa FARDC yishe abana be babiri na we ahita yirasa

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Umuhanzi Doddy Uwihirwe yifashishije indirimbo atambutsa ubutumwa bwo kugarurira icyizere abanyarwanda.
Amakuru

Umuhanzi Doddy Uwihirwe yifashishije indirimbo atambutsa ubutumwa bwo kugarurira icyizere abanyarwanda.

Ubwanditsi 02 Jun 2021
Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.
Amakuru

Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Ubwanditsi 27 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru