• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibikorwa bya siporo biteganyijwe mu gihe cya CHOGM, Haringingo Francis yerekeje muri Raayon Sports nk’umutoza mukuru, Babua Samson yasinye muri Sunrise FC

Ibikorwa bya siporo biteganyijwe mu gihe cya CHOGM, Haringingo Francis yerekeje muri Raayon Sports nk’umutoza mukuru, Babua Samson yasinye muri Sunrise FC

Ubwanditsi 21 Jun 2022 Amakuru, IMIKINO

Uhereye mu mpera z’icyumweru gishize, mu Rwanda hari ibikorwa bitandukanye ndetse hazabera n’inama izahuza abakuru b’ibihugu bibarizwa mu muryango uvuga ururimi rw’icyongereza (CHOGM), abitabiriye uyu muhango hari uburyo bwateguwe bwo kwitabira siporo mu gihe cy’iyi nama.

Nk’uko byatangajwe na Ministeri ya Siporo mu Rwanda, bikanyuzwa ku rubuga rwa Titter rwa Minisiteri bemeje ko uhereye kuri uyu wa kabiri tariki ya 21 Kamena 2022 hateganyijwe umugoroba wo gukora siporo birukanka ah bazeguruka ibice bitandukanye by’Akarere ka Gasabo.

Nk’uko byatangajwe, kuri uyu mugoraba uhereye ku isaha ya saa kumi n’Ebyiri n’igice nibwo abasiganwa bakora siporo bahurira ku nyubako ya BK Arena, biteganyijwe ko abakora siporo bakora urugendo rungana n’ibilometero 4 na metero 400.

Kuwa Kane tariki ya 23 Kamena 2022 hateganyijwe igikorwa cya Cricket Tournament kizabera ku kibuga cy’i Gahanga ahasanzwe habera imikino nk’iyi ngiyi, iki gikorwa giteganyijwe guhera ku isaha ya Saa saba z’amanywa kugeza saa kumi n’imwe n’igice.

Ibikorwa bya Siporo muri gihe cya CHOGM bizasozwa kuri uyu wa gatanu, aho abakunzi ndetse na bamwe mubakinnyi b’umukino wa Golf bazahurira Nyarutarama ahasanzwe habera imikino ya Golf, mu cyiswe Networking Golf Tournament.

Biteganyijwe ko igikorwa kizatangira  guhera saa sita z’amanywa gisozwe saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo ku itariki ya 24 Kamena 2022.

 

Ikipe ya Rayon Sports yagiranye amasezerano n’umutoza Haringingo Francis Christian uzwi nka Mbaya, ni umutoza utandukanye n’ikipe ya Kiyovu Sports Club nyuma y’aho uyu mutoza atakomezanyije n’ikipe ya Kiyovu nyuma yaho umwaka w’imikino 2021-2022 urangiye asize iyi kipe ku mwanya wa kabiri.

Nk’uko amakuru RUSHYASHYA yamenye avuga ko uyu mutoza yahawe amaezerano yo gutoza ikipe ya Gikundiro amasezerano y’unwaka  umwe uri imbere, aha uyu mutoza akaba yasabwe ko agomba guha iyi kipe ibikombe byombi bizakinirwa mu Rwanda.

Biteganyijwe ko uyu mutoza azatangira imirimo muri Rayon Sports ubwo umwaka w’imikino 2021-2022 uzaba urangiye, ni nyuma yaho hazaba hashojwe imikino y’igikombe cy’Amahoro aho Rayon Sports izakina na Police FC bahatanira umwanya wa gatatu.

Ubwo uyu mutoza azaba atangiye imirimo muri Rayon Sports azahita azana n’abamwungirije barimo Rwaka Claude nk’umutoza wungirije, Nduwimana Pablo nk’umutoza ushinzwe kongerera abakinnyi imbaranga na Niyonkuru Vladmir nk’umutoza w’abanyezamu.

Nyuma yaho ikipe ya Sunrise FC izamukiye mu kiciro cya mbere, yaraye isinyishije rutahizamu Babua Samson wahoze akinira iyi kipe nyuma akerekeza mu gihugu cya Angola gukinayo, nyuma yaho amasezerano ye asojwe yahise agaruka muri iyi kipe ibarizwa mu karere ka Nyagatare.

Uyu rutahizamu wigeze kuba umwe mu batsinze ibitego byinshi muri shampiyona y’u Rwanda, yaraye ahawe amasezerano y’imyaka ibiri iri imbere, bivuze ko azagumana na Sunrise FC kugeza mu mwaka w’imikino wa 2023-2024.

Kuri uyu wa mbere ikipe ya Bugesera FC, yaraye igiranye amasezerano n’abakinnyi babiri aribo Ishimwe Saleh wakinaga muri Kiyovu Sports na Nsengayire Shadadi wakinaga mu ikipe ya Gicumbi FC, aba bombi bakaba barahawe amasezerano y’imyaka ibiri.

2022-06-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Ubwanditsi 07 Jan 2021
Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Ubwanditsi 22 Aug 2021
Ikipe ya APR FC igiye gukina umukino wa gicuti na AS Maniema mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo aho bazakina na na Mogadishu City FC yo muri Somalia

Ikipe ya APR FC igiye gukina umukino wa gicuti na AS Maniema mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo aho bazakina na na Mogadishu City FC yo muri Somalia

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Seyoboka yagejejwe imbere y’urukiko rwa Gisirikare, urubanza rurasubikwa kubera Avoka

Seyoboka yagejejwe imbere y’urukiko rwa Gisirikare, urubanza rurasubikwa kubera Avoka

Ubwanditsi 28 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yanditse amateka yo kugera muri ¼ cy’imikino ya CAF
IMIKINO

Rayon Sports yanditse amateka yo kugera muri ¼ cy’imikino ya CAF

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.
Amakuru

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Ubwanditsi 10 Jun 2021
Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora
POLITIKI

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Ubwanditsi 07 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru