• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri
Mandatory Credit: Photo by Blake Ezra Photography/REX/Shutterstock (9206160ai) Lord Stuart Polak. ORT UK Annual Dinner at Jumeirah Carlton Tower, London, UK - 31 Oct 2017

Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Ubwanditsi 09 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Umudepite Stuart Polak aranenga bikomeye uburyo mu Bwongereza hakiri abantu bidegembya kandi bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu nteko rusange y’Abashingamategeko yabaye kuwa mbere w’iki cumweuru, Stuart Polak yasabye bagenzi be gushyira igitutu kuri Guverinoma y’Ubwongereza, maze ikareka gukomeza kwica amatwi, ahubwo igata muri yombi abo Banyarwanda,kugirango baburanishwe ku byaha bikomeye bakekwaho.Yagize ati:” Commonwealth ifite inshingano zirimo guharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira cyane cyane mu bihugu bikoresha ururimi rw’icyondereza bigize uyu Muryango. Byaba rero bibabaje mu gihe inama ya Commonwealth iteganyijwe mu Rwanda umwaka utaha wa 2021, yazaba aba bajenosideri batarashyikirizwa ubutabera.

Ubwongereza nibukore nk’ibyo ibindi bihugu byakoze mu guca umuco wo kudahana inkozi z’ibibi”. Iki cyifuzo cya Lord Stuart cyakiriwe neza n’ abadepite bagenzi be, banagikomeye amashyi menshi, hakaba hasigaye kumenya niba guverinoma ya Borris Johnson izagiha agaciro.

Abo Banyarwanda bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bakaba bituriye mu Bwongereza, ni Nteziryayo Emmanuel wayoboraga iyahoze ari Komini Mudasomwa mu cyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, Charles Munyaneza wategekaga iyari Komini Kinyamakara nayo yo muri Gikongoro,Céléstin Ugirashebuja wari Burugumestiri wa Komini Kigoma muri Gitarama, Céléstin Mutabaruka wavugaga rikijyana mu itorero rya ADEPR na Vincent Bajinya waje guhindura amazina akiyita “Vincent Brown”, mu rwego rwo kwiyoberanya. Uyu we bivugwa ko yari mwenewabo wa Perezida Habyarimana Yuvenali, ari naho akomora kuba Interahamwe karundura.

Guverinoma y’uRwanda imaze imyaka myinshi yarashyize hanze impapuro zikubiyemo ibyo aba bagabo baregwa, inasaba Leta y’Ubwongereza kubashyikiriza ubutabera, ariko iki cyifuzo ntikigeze gishyirwa mu bikorwa. Imyaka irakabakaba 3 uhagarariye uBwongereza mu Rwanda abwiye itangazamakuru ko igihugu cye cyatangiye iperereza kuri abo bantu 5, ariko nyuma y’igihe kingana gutyo abo bajenosideri bariturije mu gihugu cy’Umwamikazi Elizabeti.

Si ubwa mbere umudepite mu Bwongereza asaba ko aba bantu baburanishwa bagahanwa cyangwa bakaba abere, kuko n’uwitwa Andrew Mitchell yabisabye kenshi ntibyumvwa, ariko ubanza noneho agahuru k’imbwa kagiye gushya!

2020-12-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Visit Rwanda yagaragajwe kuri Uwanja wa Mkapa Stadium ubwo hafungurwaga African Football League

Visit Rwanda yagaragajwe kuri Uwanja wa Mkapa Stadium ubwo hafungurwaga African Football League

Ubwanditsi 21 Oct 2023
Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Hahishuwe Impamvu yisezererwa rya IGP Kale Kayihura

Hahishuwe Impamvu yisezererwa rya IGP Kale Kayihura

Ubwanditsi 05 Mar 2018
Amavubi yitegura Sudan aratangira imyitozo, ibitego 25 nibyo byabonetse ku munsi wa 9 wa shampiyona y’u Rwanda

Amavubi yitegura Sudan aratangira imyitozo, ibitego 25 nibyo byabonetse ku munsi wa 9 wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 14 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutahizamu w’ikipe ya Police FC, Patrick Sibomana “Papy” yinjiye mu bucuruzi bw’ibikoresho bya Siporo ahereye ku nkweto z’abakinnyi b’umupira w’amaguru
Amakuru

Rutahizamu w’ikipe ya Police FC, Patrick Sibomana “Papy” yinjiye mu bucuruzi bw’ibikoresho bya Siporo ahereye ku nkweto z’abakinnyi b’umupira w’amaguru

Ubwanditsi 11 Mar 2021
Umunyamakuru wo mu gihugu cya Canada witwa Judi Rever, akwiye kwamaganwa
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru wo mu gihugu cya Canada witwa Judi Rever, akwiye kwamaganwa

Ubwanditsi 02 May 2018
Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
Amakuru

Amafoto – Warren Zaïre-Emery ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 21 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru