• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi

Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 10 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Mahanga

Inzu y’Inteko Ishingamategeko amategeko y’u Bufaransa umutwe wa Sena wafunguriye amarembo abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi bagizwe n’Abanyarwanda, abanyamahanga bagizwe n’abanditsi abanyamakuru ndetse n’abanyapolitiki.

Abazwi hari abanyapolitiki bo mu karere bitwaza ivangura n’ingengabitekerezo cyane cyane muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo aribo Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye kigomba gutera u Rwanda ndetse nuwiyamamarije amatora ya Perezida wa Repubulika ariwe Martin Fayulu, muri iyo ngirwa nama akaba yariswe Perezida wa Kongo.

Adolphe Muzito wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ubu akaba ari Umuhuzabikorwa w’Ishyaka ritavuga rumwe na Leta muri icyo gihugu ryitwa Lamuka, yatangaje ko kugira ngo amahoro aboneke n’ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo birangire ari uko batera u Rwanda kandi bakarufata bakarwomeka ku gihugu cyabo.

Nyuma yibyo yatangaje abayobozi ba Lamuka barimo Jean Pierre Bemba na Moïse Katumbi, bitandukanyije nawe ku ikubitiro, banamusaba kwisubiraho ku ijambo yavuze. Muzito yabaye Minisitiri w’Intebe wa RDC hagati ya 2008 na 2012 ajya ku buyobozi bw’Ishyaka Lamuka ku wa 2 Ukuboza 2019, asimbuye Jean-Pierre Bemba.

Mu kiganiro cye cya mbere n’itangazamakuru cyabaye kuwa mbere tariki 23 Ukuboza 2019, nibwo yavuze amagambo yatangaje benshi, ashimangira ko ibibazo biri mu Burasirazuba bwa Congo byarangizwa no gutera u Rwanda byashoboka bakarufata.

Ati “Ntabwo dushobora kubona amahoro tudateye u Rwanda, byaba ngombwa tukarufata.” Impamvu asanga bagomba gutera u Rwanda ngo ni uko hari uburyo ruri kugira ububasha kuri Politiki ya RDC kimwe rwo na Uganda.

Yongeyeho  “Birasaba gushoza intambara ku Rwanda kugira ngo tugarure amahoro mu Karere. Iki gihugu kiri kwivanga muri Politiki ya Congo. Na Uganda ni uko. Ntabwo twabona amahoro tudateye u Rwanda, byashoboka tukanarufata.’’ Aya magambo yatumye uyu mugabo yukwa inabi n’abakoresha Twitter bagaragaza ko yavuze amagambo atari akwiye.

Mu bandi bitabiriye iyo nama  yabereye muri Sena,harimo Hubert Vedrine wahoze ari umukuru w’ibiro bya Perezida Mitterand mu gihe cya Jenoside yakorerewe Abatutsi, Johan Swinnen wahoze ahagaririye u Bubiligi mu Rwanda mu gihe cya Jenoside, Judi Rever umwanditsi w’umuhakanyi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, abiyita ko bakorera guverinoma ikorera mu buhungiro ndetse n’abandi.

Intego nyamukuru yabari bitabiriye iyi nama ni ugushyira hanze imigambi yabo yo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi aho ibiganiro byaganishaga mu kugaragaza ko nta Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye cyangwa se ko habaye Jenoside ebyiri kandi zose zakozwe na FPR Inkotanyi. Naho u Bufaransa bukaba aribwo bwayihagaritse. Hari abandi basanzwe bazwiko bahakana Jenoside, ariko barebye ubukana bw’abahakana Jenoside bayitabiriye, bakuramo akabo karenge harimo na Filip Reyntjens.

Ibi bikorwa byamaganiwe kure n’abantu bose cyane cyane bibaza uburyo abantu bahakana Jenoside babikorera mu nzu ikoreramo urwego nka Sena ; ibi kandi byibukije mu gihe cya Jenoside ubwo Leta y’u Bufaransa yakiraga abari bahagarariye Leta y’abatabazi yarimo ikora Jenoside aribo Jerome Bicamumpama wari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga ndetse n’umwe mu bayobozi ba RTLM Jean Bosco Barayagwiza wari umuyobozi muriyo Minisiteri bakiriwe n’abayobozi muri Perezidansi ndetse na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga by’u Bufaransa, mu gihe barimo bagarika imbaga y’Abatutsi. Ibindi bihugu nk’u Bubiligi n’Amerika byabimye inzandiko z’inzira.

Igihugu cy’Ubufaransa kizwi kuba cyarateye inkunga Leta yakoze Jenoside ndetse abenshi bagahungira muri iki gihugu bakaba bacyidegembya. Ibi rero bituma ingengabitekerezo no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi iba ku rwego rwo hejuru muri iki gihugu.

2020-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwami Kigeli yashimiye Rushyashya kumukiza amabandi

Umwami Kigeli yashimiye Rushyashya kumukiza amabandi

Ubwanditsi 03 Sep 2016
Burundi: HRW ngo ibya referendum bimaze kugwamo 15

Burundi: HRW ngo ibya referendum bimaze kugwamo 15

Ubwanditsi 19 May 2018
GICUMBI: Umusore ucyekwaho kwica nyina yafashwe

GICUMBI: Umusore ucyekwaho kwica nyina yafashwe

Ubwanditsi 12 Aug 2016
Abagenzacyaha ba Polisi barebeye hamwe uko bakomeza guteza imbere akazi kabo

Abagenzacyaha ba Polisi barebeye hamwe uko bakomeza guteza imbere akazi kabo

Ubwanditsi 16 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yahaye Mitali  ubutumwa bwo kubahisha Ikinyarwanda abushyikiriza Intebe y’ Inteko
Mu Rwanda

Perezida Kagame yahaye Mitali ubutumwa bwo kubahisha Ikinyarwanda abushyikiriza Intebe y’ Inteko

Ubwanditsi 30 May 2017
BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize
UBUKUNGU

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

Ubwanditsi 05 Feb 2020
Abayoboke ba PL  bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa
Mu Mahanga

Abayoboke ba PL bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Ubwanditsi 16 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru