• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

  • Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha   |   06 Nov 2025

  • APR FC yitegura gukina na Rayon Sports yakiriye mu myitozo Djibril Outarra wari umaze iminsi yaravunitse   |   05 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Dr Sam Ruvuma yatawe muri yombi akekwaho uruhare mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Uganda: Dr Sam Ruvuma yatawe muri yombi akekwaho uruhare mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Editorial 19 Dec 2017 ITOHOZA

Dr Sam Ruvuma, ufite umuvandimwe w’umukoloneli mu ngabo za Uganda(UPDF) kuri iki Cyumweru gishize nawe yiyongereye ku bantu bamaze gutabwa muri yombi bashinjwa uruhare mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda kuri ubu bakurikiranwe n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Makindye.

Hari kuwa 17 Ukuboza ahagana saa yine z’amanywa ubwo Dr Sam Ruvuma, yerekezaga ku rusengero rwa gikirisitu asanzwe asengeramo ruri mu mujyi wa Mbarara mu burengerazuba bwa Uganda ariko nyuma y’iminota mikeya ahita atabwa muri yombi.

Iyi nkuru dukesha urubuga rwa Chimpreports iravuga ko uyu Dr Ruvuma, usanzwe anigisha muri Kaminuza y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga ya Mbarara, akimara kwicara mu rusengero yagiye kumva akumva umuyobozi mu itorero amukomanga mu mugongo amubwira ko hanze hari abantu bifuza kumuvugisha.

Uyu muganga wabwigiye muri Kaminuza y’u Rwanda I Butare, yahise asohoka ajya kubonana n’abo bantu bari bamutegereje bahita bamwinjiza ku ngufu mu modoka yahise imujyana ahantu hatazwi bituma abari aho basigara bumiwe.

Biravugwa ko umukozi wa CIID wamenyekanye nka Alex gusa, ari we wagize uruhare runini mu itabwa muri yombi rya Ruvuma. Mu kugerageza gushaka amakuru arambuye ku gipolisi, iki kinyamakuru kikaba kivuga ko ntacyo byatanze kuko umuvugizi wacyo, Emilian Kayima yavuze ko ntacyo abiziho.

Amakuru aturuka mu nzego zo hejuru agera kuri iki kinyamakuru ariko, aravuga ko Dr Ruvuma ashobora gushinjwa gucuruza abantu nyuma y’itabwa muri yombi ry’impunzi z’Abanyarwanda 40 bafashwe bashaka kwinjira mu Burundi banyuze muri Tanzania. Aba kimwe mu binyamakuru byo muri Uganda kikaba cyaratangaje ko aria bantu bari bagiye mu myitozo ya gisirikare ya RNC muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ariko ku rundi ruhande bikavugwa ko ari abakirisitu bari bagiye mu ivugabutumwa.

Biravugwa rero ko bamwe mu bagize iri torero Ruvuma asengeramo bagize uruhare muri uru rugendo rwaje kwitambikwa n’igipolisi.

Izi mpunzi z’Abanyarwanda zavugaga ko zigiye mu ivugabutumwa mu Burundi, zari zinjiye  muri Tanzania mbere yo gukurikiranwa n’igipolisi cya Uganda zikagarurwa mu Karere ka Isingiro muri Uganda.

Umuvugizi w’igipolisi, Emilian Kayima yavuze ko izi mpunzi zagenderaga ku byangombwa by’ibihimbano bituma hakemamgwa icyo zari zigendeereye.

Abayobozi kuri ubu baravuga ko itabwa muri yombi rya Dr Ruvuma ryatunguye benshi mu nzego z’umutekano kuko uyu ari umuvandimwe wa Lt Col. Gideon Katinda, umujyanama w’umucamanza mu Rukiko rwa Gisirikare, ari narwo kuri ubu ruri kuburanisha abantu barimo umunyarwanda n’abapolisi ba Uganda bashinjwa kujujubya no gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Uganda.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko Dr Ruvuma w’imyaka 42 yigeze gukora mu Rwanda igihe gito nyuma yo gusoza amasomo ye mbere yo gusubira muri Uganda. Biranavugwa ko ariko Dr Ruvuma yari yabanje kurega avuga ko hari abantu bari kumujujubya nawe.

Benshi mu bapolisi uru rubuga rwifuje ko bagira icyo bavuga kuri ibi bintu, ariko bagaragaza kutirekura. Umuyobozi wa station ya polisi ya Mbarara, John Bosco Mutabazi nawe akaba yatangaje ko nta makuru afite kuri ibi bintu.

Yahise yohereza iki kinyamakuru ku muvugizi w’igipolisi gikuru cya Mbarara, Samson Kasasira nawe yanga kwitaba telephone.

Abandi bantu bose iki kinyamakuru cyagerageje gusaba amakuru banze kugira icyo bavuga ahubwo buri umwe akajya acyohereza ku wundi watanga amakuru ariko ntabyo ntihagire icyo bitanga.

Gusa, umwe mu bapolisi utifuje ko imyirondoro ye ijya ahagaragara, yabashije kuvuga ko itabwa muri yombi rya Dr Ruvuma  rifitanye isano n’u Rwanda. Yasabye iki kinyamakuru kwitonda ntigice igikuba, yongeraho gusa ko bifitanye isano n’ibyabereye Isingiro ahafatiwe izo mpunzi z’Abanyarwanda bivugwa ko zari zigiye mu ivugabutumwa nubwo hari n’amakuru avuga ko zari zigiye mu myitozo ya gisirikare y’ishyaka RNC rya Gen Kayumba Nyamwasa.

2017-12-19
Editorial

IZINDI NKURU

Gen.Kayumba  gusaba imbabazi zo gucyura Condo

Gen.Kayumba gusaba imbabazi zo gucyura Condo

Editorial 08 Sep 2016
N’iki cyihishe inyuma yo gutangaza kwa bamwe ko bashaka kuyobora u Rwanda 2017

N’iki cyihishe inyuma yo gutangaza kwa bamwe ko bashaka kuyobora u Rwanda 2017

Editorial 03 Feb 2016
2016: Uko Padiri Thomas Nahimana yasebeye ku kibuga cy’indege ( JKIA )  I Nairobi-Kenya

2016: Uko Padiri Thomas Nahimana yasebeye ku kibuga cy’indege ( JKIA ) I Nairobi-Kenya

Editorial 03 Jan 2017
Tribert Rujugiro mu manza z’uburiganya mu gihugu cya Uganda

Tribert Rujugiro mu manza z’uburiganya mu gihugu cya Uganda

Editorial 27 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mugore  dore ibintu 7 ugomba kuba wujuje ku buryo buri mugabo wese akwifuza
HIRYA NO HINO

Mugore dore ibintu 7 ugomba kuba wujuje ku buryo buri mugabo wese akwifuza

Editorial 13 Jul 2017
Tombola ya 1/4 cy’imikino ya UEFA Champions league isize Real Madrid izahura na Chelsea naho Manchester City izakine na Atletico Madrid
Amakuru

Tombola ya 1/4 cy’imikino ya UEFA Champions league isize Real Madrid izahura na Chelsea naho Manchester City izakine na Atletico Madrid

Editorial 18 Mar 2022
Jean Paul Turayishimye yashinze agatsiko ke yise ishyaka mu guhangana na RNC ya Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Jean Paul Turayishimye yashinze agatsiko ke yise ishyaka mu guhangana na RNC ya Kayumba Nyamwasa

Editorial 07 Jul 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru