• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Dr Sam Ruvuma yatawe muri yombi akekwaho uruhare mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Uganda: Dr Sam Ruvuma yatawe muri yombi akekwaho uruhare mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Ubwanditsi 19 Dec 2017 ITOHOZA

Dr Sam Ruvuma, ufite umuvandimwe w’umukoloneli mu ngabo za Uganda(UPDF) kuri iki Cyumweru gishize nawe yiyongereye ku bantu bamaze gutabwa muri yombi bashinjwa uruhare mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda kuri ubu bakurikiranwe n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Makindye.

Hari kuwa 17 Ukuboza ahagana saa yine z’amanywa ubwo Dr Sam Ruvuma, yerekezaga ku rusengero rwa gikirisitu asanzwe asengeramo ruri mu mujyi wa Mbarara mu burengerazuba bwa Uganda ariko nyuma y’iminota mikeya ahita atabwa muri yombi.

Iyi nkuru dukesha urubuga rwa Chimpreports iravuga ko uyu Dr Ruvuma, usanzwe anigisha muri Kaminuza y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga ya Mbarara, akimara kwicara mu rusengero yagiye kumva akumva umuyobozi mu itorero amukomanga mu mugongo amubwira ko hanze hari abantu bifuza kumuvugisha.

Uyu muganga wabwigiye muri Kaminuza y’u Rwanda I Butare, yahise asohoka ajya kubonana n’abo bantu bari bamutegereje bahita bamwinjiza ku ngufu mu modoka yahise imujyana ahantu hatazwi bituma abari aho basigara bumiwe.

Biravugwa ko umukozi wa CIID wamenyekanye nka Alex gusa, ari we wagize uruhare runini mu itabwa muri yombi rya Ruvuma. Mu kugerageza gushaka amakuru arambuye ku gipolisi, iki kinyamakuru kikaba kivuga ko ntacyo byatanze kuko umuvugizi wacyo, Emilian Kayima yavuze ko ntacyo abiziho.

Amakuru aturuka mu nzego zo hejuru agera kuri iki kinyamakuru ariko, aravuga ko Dr Ruvuma ashobora gushinjwa gucuruza abantu nyuma y’itabwa muri yombi ry’impunzi z’Abanyarwanda 40 bafashwe bashaka kwinjira mu Burundi banyuze muri Tanzania. Aba kimwe mu binyamakuru byo muri Uganda kikaba cyaratangaje ko aria bantu bari bagiye mu myitozo ya gisirikare ya RNC muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ariko ku rundi ruhande bikavugwa ko ari abakirisitu bari bagiye mu ivugabutumwa.

Biravugwa rero ko bamwe mu bagize iri torero Ruvuma asengeramo bagize uruhare muri uru rugendo rwaje kwitambikwa n’igipolisi.

Izi mpunzi z’Abanyarwanda zavugaga ko zigiye mu ivugabutumwa mu Burundi, zari zinjiye  muri Tanzania mbere yo gukurikiranwa n’igipolisi cya Uganda zikagarurwa mu Karere ka Isingiro muri Uganda.

Umuvugizi w’igipolisi, Emilian Kayima yavuze ko izi mpunzi zagenderaga ku byangombwa by’ibihimbano bituma hakemamgwa icyo zari zigendeereye.

Abayobozi kuri ubu baravuga ko itabwa muri yombi rya Dr Ruvuma ryatunguye benshi mu nzego z’umutekano kuko uyu ari umuvandimwe wa Lt Col. Gideon Katinda, umujyanama w’umucamanza mu Rukiko rwa Gisirikare, ari narwo kuri ubu ruri kuburanisha abantu barimo umunyarwanda n’abapolisi ba Uganda bashinjwa kujujubya no gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Uganda.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko Dr Ruvuma w’imyaka 42 yigeze gukora mu Rwanda igihe gito nyuma yo gusoza amasomo ye mbere yo gusubira muri Uganda. Biranavugwa ko ariko Dr Ruvuma yari yabanje kurega avuga ko hari abantu bari kumujujubya nawe.

Benshi mu bapolisi uru rubuga rwifuje ko bagira icyo bavuga kuri ibi bintu, ariko bagaragaza kutirekura. Umuyobozi wa station ya polisi ya Mbarara, John Bosco Mutabazi nawe akaba yatangaje ko nta makuru afite kuri ibi bintu.

Yahise yohereza iki kinyamakuru ku muvugizi w’igipolisi gikuru cya Mbarara, Samson Kasasira nawe yanga kwitaba telephone.

Abandi bantu bose iki kinyamakuru cyagerageje gusaba amakuru banze kugira icyo bavuga ahubwo buri umwe akajya acyohereza ku wundi watanga amakuru ariko ntabyo ntihagire icyo bitanga.

Gusa, umwe mu bapolisi utifuje ko imyirondoro ye ijya ahagaragara, yabashije kuvuga ko itabwa muri yombi rya Dr Ruvuma  rifitanye isano n’u Rwanda. Yasabye iki kinyamakuru kwitonda ntigice igikuba, yongeraho gusa ko bifitanye isano n’ibyabereye Isingiro ahafatiwe izo mpunzi z’Abanyarwanda bivugwa ko zari zigiye mu ivugabutumwa nubwo hari n’amakuru avuga ko zari zigiye mu myitozo ya gisirikare y’ishyaka RNC rya Gen Kayumba Nyamwasa.

2017-12-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC

Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC

Ubwanditsi 18 Mar 2019
Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2021
Ibimenyetso bishya ku ihanurwa ry’Indege ya Habyarimana : Imbunda yakoreshejwe irasa missile yafatiwe muri Congo

Ibimenyetso bishya ku ihanurwa ry’Indege ya Habyarimana : Imbunda yakoreshejwe irasa missile yafatiwe muri Congo

Ubwanditsi 27 Feb 2017
U Bufaransa: Ibitaro byasheshe kontaro ya Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside

U Bufaransa: Ibitaro byasheshe kontaro ya Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 07 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi
ITOHOZA

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

Ubwanditsi 17 Aug 2016
APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije
Amakuru

APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije

Ubwanditsi 31 Jul 2025
Havumbuwe umugambi w’u Burundi na Uganda wo guhungabanya u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Havumbuwe umugambi w’u Burundi na Uganda wo guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 15 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru