• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ubwanditsi 12 May 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Inkuru y’ifatwa nk’intsinzi y’ingabo za Afurika y’Epfo zari zaroherejwe mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), binyuze mu gikorwa cyiswe SAMIDRC, yateje impaka nyuma y’uko Abadepite b’Ishyaka rya Democratic Alliance (DA) bashyize ahagaragara ibibazo byaranze icyo gikorwa, aho bacyise “igikorwa cyateje isoni igihugu aho kuba icyubahiro.”

Ibyo byatangajwe nyuma y’iraswa no kwicwa kw’abasirikare 14 b’Afurika y’Epfo mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama 2025 n’umutwe wa M23, hamwe n’abandi 174 bakomerekeye mu mirwano. Ibi byakurikiwe no gusoza burundu ubutumwa bwa SAMIDRC tariki ya 13 Werurwe 2025.

Minisitiri w’Ingabo n’Intwari z’Igihugu za Afurika y’Epfo, Angie Motshekga, nawe yitabye inteko ishinga amategeko yemezako hajyaho Komisiyo icukumbura uri inyuma y’umugambi wo kohereza ingabo z’Afurika y’Epfo muri Congo. Iri ni ryo shyaka rya DA ryahise ribona nk’umwanya mwiza wo gusaba ibisobanuro birambuye ku kugaragaza ibyo rifata nk’ibinyoma mu itangazamakuru byavuze ko “ubutumwa bwa SAMIDRC bwagenze neza.”

Nicholas Gotsell, umwe mu badepite ba DA bashinzwe umutekano n’ubutabera, yagize ati:

“Iyo havuyemo abasirikare 14 bishwe n’abandi barenga 170 bakomerekeye ku rugamba, hatarimo indege zibaha ubufasha bwo mu kirere, nta bikoresho bihagije bafite, ndetse nta n’icyerekezo gihamye cy’ubutumwa, ibyo ntabwo ari intsinzi, ni amahano. Uwo mubabaro uri ku ntugu za Minisitiri Motshekga.”

Darren Olivier, umuyobozi w’ikigo African Defence Review, yavuze ko “nta gushidikanya ko bivugwa nk’intsinzi ari ikinyoma gikwiye kwamaganwa,” ashimangira ko SAMIDRC yagaragaye nk’igikorwa cyapfubye kubera ko:

• Ingabo zari nke,

• Nta bufasha bwo mu kirere bwari buhari,

• Ibigo byazo byari biherereye ahatari haboneye,

• Nta mugambi wa kabiri (plan B) wari uhari.

Olivier yakomeje avuga ko n’ubwo ibyo bikorwa byagaragaye nk’ibyapfubye, hari ubutwari bugaragara mu mirwano yiswe Operation Springbok III, aho ingabo za MONUSCO n’iza Afurika y’Epfo zagerageje guhagarika M23, ariko zaje guhagarika imirwano ubwo FARDC (ingabo za Congo) zari zimaze gutsindwa.

Yasoje ashimangira ko ari iby’ingenzi kuba inteko ishinga amategeko y’igihugu cya Afurika y’Epfo igiye kwinjira mu isesengura ryimbitse ku byabaye muri SAMIDRC, ibintu ashima kandi yizeye ko bizazana impinduka ku mikorere n’inkunga y’igisirikare cyabo.

Icyibazwa ni iki: Ese Afurika y’Epfo igomba gukomeza kohereza ingabo mu ntambara zitazwi neza n’icyerekezo, cyangwa ikwiye kwita ku kibazo cy’ubushobozi bw’ingabo zayo imbere mu gihugu?

Amafoto agaragaza uko Ingabo za SADC zatashye nk’Umupfumu unaniwe umupfu.

(Foto: IGIHE)

2025-05-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku nshuro ya kabiri, Perezida Kagame yagarutse ku makimbirane mu bagize guverinoma

Ku nshuro ya kabiri, Perezida Kagame yagarutse ku makimbirane mu bagize guverinoma

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Umugabo afunzwe akurikiranweho  kugerageza guha ruswa umuyobozi w’akagari

Umugabo afunzwe akurikiranweho kugerageza guha ruswa umuyobozi w’akagari

Ubwanditsi 09 Jan 2016
Tuyishime Placide uyobora ikipe ya Musanze FC yamaganywe n’urugaga rw’abatoza kubera kwirukana Seninga Innocent.

Tuyishime Placide uyobora ikipe ya Musanze FC yamaganywe n’urugaga rw’abatoza kubera kwirukana Seninga Innocent.

Ubwanditsi 26 May 2021
AMANOTA YASOHOTSE : “SMS” n’urubuga rwa REB nibyo biri kwifashishwa mu kureba amanota y’bizamini

AMANOTA YASOHOTSE : “SMS” n’urubuga rwa REB nibyo biri kwifashishwa mu kureba amanota y’bizamini

Ubwanditsi 09 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!
Amakuru

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball ntiwahiriye ikipe y’u Rwanda
Amakuru

Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball ntiwahiriye ikipe y’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Jul 2022
Ikibazo cy’Urupfu rwa Padiri Nambaje umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana
ITOHOZA

Ikibazo cy’Urupfu rwa Padiri Nambaje umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana

Ubwanditsi 09 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru