• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

RUSHYASHYA 26 May 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ikipe ya Rayon Sports yiyongereye amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika nyuma yo gutsinda Bugesera FC ibitego 2-0 mu mukino wa Shampiyona wabereye i Nyamirambo.

Ni umukino wari ukomeye ku mpande zombi, aho Rayon Sports yagaragaje inyota n’ubushake bwo kurangiza shampiyona iri mu myanya itanga itike yo kwitabira amarushanwa Nyafurika, cyane cyane CAF Confederation Cup ya 2026/27.

Mu mukino w’umunsi wa 33 wa shampiyona y’u Rwanda izwi nka BK Pro League wahuje Rayon Sports na Bugesera warangiye ikipe ya Gikundiro yitwaye neza.

Muri uyu mukino igitego cya mbere cyabonetse ku munota wa 58 gitsinzwe na Ndikumana Asman, nyuma yo guhabwa umupira mwiza mu rubuga rw’amahina, awubyaza umusaruro.

Rayon Sports yakomeje gusatira ishaka gushimangira intsinzi yayo, maze ku munota wa 88, Aziz Bassane Koulagna atsinda igitego cya kabiri ari nacyo cyashoje uyu mukino.

Iyi ntsinzi ya Rayon Sports isobanuye byinshi cyane ko mu mukino ubanza yari yatsinzwe na Bugesera FC ibitego 2-1, mu mukino wari wabereye kuri Sitade y’akarere ka Bugesera.

Amanota atatu Rayon yabonye yatumye igira amanota 55, ikomeza kwegera umwanya wa kabiri ushobora kuyihesha itike yo guhagararira igihugu mu mikino Nyafurika.

Kimwe n’andi makipe, Rayon Sports ihanganiye uyu mwanya na Kiyovu SC irusha amanota atatu gusa aho iri ku mwanya wa Gatatu n’amanotw 52.

Biteganyikwe ko umunsi wa nyuma wa BK Pro league uzakinwa kuri uyu wa Gatanu, Rayon Sports izahura na Kiyovu Sports mu mukino uzaba saa moya z’ijoro.

Abakinnyi babanjemo ku ruabnde rwa Rayon Sports: Kwizera Olivier (GK), Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange’, Ishimwe Ganijuru Elie, Bayisenge Emery, Youssou Diagne (C), Ndayishimiye Richard, Bigirimana Abedi, Tony Kitoga, Tambwe Gloire, Mugisha Didier, Ndikumana Asman.

Bugesera FC yabanjemo aba bakurikira:  Ibrahima Daouda Baleri (GK), Kaneza Augustin (C), Isingizwe Rodrigue, Iracyadukunda Eric, Hirwa Jean De Dieu, Eric Ngendahimana, Akipseri Naibe, Mwisha Bahunga Joel, Nshimirimana Darcy, Byishimo Valua, Clement John Naantuam.

Mu wundi mukino wabaye uyu munsi ubanziriza uwa Rayon Sports na Kiyovu SC, Ikipe ya Etincelles FC yatsinze Gorilla FC ibitego 4-0.

Etincelles nayo ikaba yiyongereye amahirwe yo ku guma mu kiciro cya mbere cya BK Pro League 2026/2027.

2026-05-26
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Croatia yageze muri ¼ isezereye Denmark kuri penaliti isangayo u Burusiya

Croatia yageze muri ¼ isezereye Denmark kuri penaliti isangayo u Burusiya

Ubwanditsi 02 Jul 2018
Kwizera Peace yatorewe kuba Miss Naïades

Kwizera Peace yatorewe kuba Miss Naïades

Ubwanditsi 13 Nov 2016
Kimironko:Udafite Umwuka Wera nta rukundo agira-Col Ndakebuka

Kimironko:Udafite Umwuka Wera nta rukundo agira-Col Ndakebuka

Ubwanditsi 27 Jun 2017
Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Ubwanditsi 22 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hakomeje kwibazwa impamvu abaturage ba Uganda bafunze umuhanda k’umupaka inzego zabo zirebera
INKURU NYAMUKURU

Hakomeje kwibazwa impamvu abaturage ba Uganda bafunze umuhanda k’umupaka inzego zabo zirebera

Ubwanditsi 22 Dec 2017
Ese Museveni yaba atariwe vunja rikwiye guhandurwa muri politiki ya Uganda?
ITOHOZA

Ese Museveni yaba atariwe vunja rikwiye guhandurwa muri politiki ya Uganda?

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Imbere y’Ubutabera Paul Rusesabagina Yasabye Imbabazi ku bw’Ibikorwa bya FLN Byahitanye Abaturage Bigaragaza Uruhare rwe nk’Umukuru wuwo Mutwe
Amakuru

Imbere y’Ubutabera Paul Rusesabagina Yasabye Imbabazi ku bw’Ibikorwa bya FLN Byahitanye Abaturage Bigaragaza Uruhare rwe nk’Umukuru wuwo Mutwe

Ubwanditsi 14 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru