Ikipe ya Rayon Sports yiyongereye amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika nyuma yo gutsinda Bugesera FC ibitego 2-0 mu mukino wa Shampiyona wabereye i Nyamirambo.
Ni umukino wari ukomeye ku mpande zombi, aho Rayon Sports yagaragaje inyota n’ubushake bwo kurangiza shampiyona iri mu myanya itanga itike yo kwitabira amarushanwa Nyafurika, cyane cyane CAF Confederation Cup ya 2026/27.
Mu mukino w’umunsi wa 33 wa shampiyona y’u Rwanda izwi nka BK Pro League wahuje Rayon Sports na Bugesera warangiye ikipe ya Gikundiro yitwaye neza.
Muri uyu mukino igitego cya mbere cyabonetse ku munota wa 58 gitsinzwe na Ndikumana Asman, nyuma yo guhabwa umupira mwiza mu rubuga rw’amahina, awubyaza umusaruro.
Rayon Sports yakomeje gusatira ishaka gushimangira intsinzi yayo, maze ku munota wa 88, Aziz Bassane Koulagna atsinda igitego cya kabiri ari nacyo cyashoje uyu mukino.
Iyi ntsinzi ya Rayon Sports isobanuye byinshi cyane ko mu mukino ubanza yari yatsinzwe na Bugesera FC ibitego 2-1, mu mukino wari wabereye kuri Sitade y’akarere ka Bugesera.
Amanota atatu Rayon yabonye yatumye igira amanota 55, ikomeza kwegera umwanya wa kabiri ushobora kuyihesha itike yo guhagararira igihugu mu mikino Nyafurika.
Kimwe n’andi makipe, Rayon Sports ihanganiye uyu mwanya na Kiyovu SC irusha amanota atatu gusa aho iri ku mwanya wa Gatatu n’amanotw 52.
Biteganyikwe ko umunsi wa nyuma wa BK Pro league uzakinwa kuri uyu wa Gatanu, Rayon Sports izahura na Kiyovu Sports mu mukino uzaba saa moya z’ijoro.
Abakinnyi babanjemo ku ruabnde rwa Rayon Sports: Kwizera Olivier (GK), Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange’, Ishimwe Ganijuru Elie, Bayisenge Emery, Youssou Diagne (C), Ndayishimiye Richard, Bigirimana Abedi, Tony Kitoga, Tambwe Gloire, Mugisha Didier, Ndikumana Asman.
Bugesera FC yabanjemo aba bakurikira: Ibrahima Daouda Baleri (GK), Kaneza Augustin (C), Isingizwe Rodrigue, Iracyadukunda Eric, Hirwa Jean De Dieu, Eric Ngendahimana, Akipseri Naibe, Mwisha Bahunga Joel, Nshimirimana Darcy, Byishimo Valua, Clement John Naantuam.
Mu wundi mukino wabaye uyu munsi ubanziriza uwa Rayon Sports na Kiyovu SC, Ikipe ya Etincelles FC yatsinze Gorilla FC ibitego 4-0.
Etincelles nayo ikaba yiyongereye amahirwe yo ku guma mu kiciro cya mbere cya BK Pro League 2026/2027.












