• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

RUSHYASHYA 26 May 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ikipe ya Rayon Sports yiyongereye amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika nyuma yo gutsinda Bugesera FC ibitego 2-0 mu mukino wa Shampiyona wabereye i Nyamirambo.

Ni umukino wari ukomeye ku mpande zombi, aho Rayon Sports yagaragaje inyota n’ubushake bwo kurangiza shampiyona iri mu myanya itanga itike yo kwitabira amarushanwa Nyafurika, cyane cyane CAF Confederation Cup ya 2026/27.

Mu mukino w’umunsi wa 33 wa shampiyona y’u Rwanda izwi nka BK Pro League wahuje Rayon Sports na Bugesera warangiye ikipe ya Gikundiro yitwaye neza.

Muri uyu mukino igitego cya mbere cyabonetse ku munota wa 58 gitsinzwe na Ndikumana Asman, nyuma yo guhabwa umupira mwiza mu rubuga rw’amahina, awubyaza umusaruro.

Rayon Sports yakomeje gusatira ishaka gushimangira intsinzi yayo, maze ku munota wa 88, Aziz Bassane Koulagna atsinda igitego cya kabiri ari nacyo cyashoje uyu mukino.

Iyi ntsinzi ya Rayon Sports isobanuye byinshi cyane ko mu mukino ubanza yari yatsinzwe na Bugesera FC ibitego 2-1, mu mukino wari wabereye kuri Sitade y’akarere ka Bugesera.

Amanota atatu Rayon yabonye yatumye igira amanota 55, ikomeza kwegera umwanya wa kabiri ushobora kuyihesha itike yo guhagararira igihugu mu mikino Nyafurika.

Kimwe n’andi makipe, Rayon Sports ihanganiye uyu mwanya na Kiyovu SC irusha amanota atatu gusa aho iri ku mwanya wa Gatatu n’amanotw 52.

Biteganyikwe ko umunsi wa nyuma wa BK Pro league uzakinwa kuri uyu wa Gatanu, Rayon Sports izahura na Kiyovu Sports mu mukino uzaba saa moya z’ijoro.

Abakinnyi babanjemo ku ruabnde rwa Rayon Sports: Kwizera Olivier (GK), Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange’, Ishimwe Ganijuru Elie, Bayisenge Emery, Youssou Diagne (C), Ndayishimiye Richard, Bigirimana Abedi, Tony Kitoga, Tambwe Gloire, Mugisha Didier, Ndikumana Asman.

Bugesera FC yabanjemo aba bakurikira:  Ibrahima Daouda Baleri (GK), Kaneza Augustin (C), Isingizwe Rodrigue, Iracyadukunda Eric, Hirwa Jean De Dieu, Eric Ngendahimana, Akipseri Naibe, Mwisha Bahunga Joel, Nshimirimana Darcy, Byishimo Valua, Clement John Naantuam.

Mu wundi mukino wabaye uyu munsi ubanziriza uwa Rayon Sports na Kiyovu SC, Ikipe ya Etincelles FC yatsinze Gorilla FC ibitego 4-0.

Etincelles nayo ikaba yiyongereye amahirwe yo ku guma mu kiciro cya mbere cya BK Pro League 2026/2027.

2026-05-26
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Rayon Sports yatsinzwe na APR FC y’abakinnyi 10, Muhadjiri ahabwa indi karita y’umutuku

Rayon Sports yatsinzwe na APR FC y’abakinnyi 10, Muhadjiri ahabwa indi karita y’umutuku

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Ubwanditsi 12 Apr 2022
CAN 2019: RDC yasezerewe kuri penaliti, Algérie igera muri ¼ itsinze Guinée

CAN 2019: RDC yasezerewe kuri penaliti, Algérie igera muri ¼ itsinze Guinée

Ubwanditsi 08 Jul 2019
Perezida wa Repubulika ya Centrafrique Faustin-Archange Touadéra aragirira uruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda

Perezida wa Repubulika ya Centrafrique Faustin-Archange Touadéra aragirira uruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa
Amakuru

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Ubwanditsi 13 Jul 2022
Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo
ITOHOZA

Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Mamelodi Sundowns yohereje Rayon Sports muri CAF Confederation Cup
IMIKINO

Mamelodi Sundowns yohereje Rayon Sports muri CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 19 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru