• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika

RUSHYASHYA 26 May 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ikipe ya Rayon Sports yiyongereye amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika nyuma yo gutsinda Bugesera FC ibitego 2-0 mu mukino wa Shampiyona wabereye i Nyamirambo.

Ni umukino wari ukomeye ku mpande zombi, aho Rayon Sports yagaragaje inyota n’ubushake bwo kurangiza shampiyona iri mu myanya itanga itike yo kwitabira amarushanwa Nyafurika, cyane cyane CAF Confederation Cup ya 2026/27.

Mu mukino w’umunsi wa 33 wa shampiyona y’u Rwanda izwi nka BK Pro League wahuje Rayon Sports na Bugesera warangiye ikipe ya Gikundiro yitwaye neza.

Muri uyu mukino igitego cya mbere cyabonetse ku munota wa 58 gitsinzwe na Ndikumana Asman, nyuma yo guhabwa umupira mwiza mu rubuga rw’amahina, awubyaza umusaruro.

Rayon Sports yakomeje gusatira ishaka gushimangira intsinzi yayo, maze ku munota wa 88, Aziz Bassane Koulagna atsinda igitego cya kabiri ari nacyo cyashoje uyu mukino.

Iyi ntsinzi ya Rayon Sports isobanuye byinshi cyane ko mu mukino ubanza yari yatsinzwe na Bugesera FC ibitego 2-1, mu mukino wari wabereye kuri Sitade y’akarere ka Bugesera.

Amanota atatu Rayon yabonye yatumye igira amanota 55, ikomeza kwegera umwanya wa kabiri ushobora kuyihesha itike yo guhagararira igihugu mu mikino Nyafurika.

Kimwe n’andi makipe, Rayon Sports ihanganiye uyu mwanya na Kiyovu SC irusha amanota atatu gusa aho iri ku mwanya wa Gatatu n’amanotw 52.

Biteganyikwe ko umunsi wa nyuma wa BK Pro league uzakinwa kuri uyu wa Gatanu, Rayon Sports izahura na Kiyovu Sports mu mukino uzaba saa moya z’ijoro.

Abakinnyi babanjemo ku ruabnde rwa Rayon Sports: Kwizera Olivier (GK), Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange’, Ishimwe Ganijuru Elie, Bayisenge Emery, Youssou Diagne (C), Ndayishimiye Richard, Bigirimana Abedi, Tony Kitoga, Tambwe Gloire, Mugisha Didier, Ndikumana Asman.

Bugesera FC yabanjemo aba bakurikira:  Ibrahima Daouda Baleri (GK), Kaneza Augustin (C), Isingizwe Rodrigue, Iracyadukunda Eric, Hirwa Jean De Dieu, Eric Ngendahimana, Akipseri Naibe, Mwisha Bahunga Joel, Nshimirimana Darcy, Byishimo Valua, Clement John Naantuam.

Mu wundi mukino wabaye uyu munsi ubanziriza uwa Rayon Sports na Kiyovu SC, Ikipe ya Etincelles FC yatsinze Gorilla FC ibitego 4-0.

Etincelles nayo ikaba yiyongereye amahirwe yo ku guma mu kiciro cya mbere cya BK Pro League 2026/2027.

2026-05-26
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Ubwanditsi 21 Sep 2020
CHAN2016:Zambie itsinze bigoranye umuturanyi zimbabwe

CHAN2016:Zambie itsinze bigoranye umuturanyi zimbabwe

Ubwanditsi 19 Jan 2016
U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

Ubwanditsi 06 Mar 2024
Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba rwahanishije Paul Rusesabagina igihano cy’imyaka 25 naho CallixteNsabimana”Sankara” ahanishwa gufungwa imyaka 20, Bombi bahamwe n’ibyaha byo kuba mu mutwe w’iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 20 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR
Amakuru

Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR

Ubwanditsi 11 Jul 2021
“Ribara uwariraye”: Icengezamatwara rishya mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

“Ribara uwariraye”: Icengezamatwara rishya mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 07 Dec 2022
Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.
Amakuru

Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.

Ubwanditsi 19 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru