• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma

Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma

Ubwanditsi 03 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Namenye Dr Christopher Kayumba guhera muri za 90 twembi twari tukiri bato, turimo kugira uruhare mu kuzahura urwego rw’itangazamakuru, rwo kimwe n’izindi zose, rwari rwarashegeshwe n’intambara na Jenoside.

Icyo gihe Chris yari akiri umunyeshuri, akora mu itangazamakuru abifatanya n’amasomo, mu kinyamakuru gito twakoragaho cyitwaga Newsline, cyasohokaga buri kwezi.

Nahamya ko Kayumba ari umugabo w’umuhanga. Nanaba umuhamya w’uko ibisindisha byagize ingaruka zikomeye kuri bwa buhanga. Nta muntu ndi gucira urubanza, Chris cyangwa undi uwo ari we wese uhanganye n’ingaruka zo kunywa akarenza urugero.

Ndifuza gutanga igitekerezo mu kiganiro cyazamuwe ku butumwa umwarimu muri UNR yanditse kuri Twitter ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ashinja Polisi akarengane avuga ko yamugiriye.

Polisi yasubije ku magambo akomeye yandikaga kuri Twitter, imusaba kunyuza akababaro mu nzira zikwiye, isoza imuha nimero ya telefoni yahamagaraho.

Byarakomeje, Kayumba avuga ibirego, ibyinshi bidafitanye isano nini n’impamvu yavugaga y’ugushyamirana kwe n’uru rwego nyubahirizategeko.

Aha ho ndareka Polisi yivuganire.

Icyantunguye cya mbere ni uburyo tweet ya mbere ya Kayumba, mu byo yavugaga harimo ko atagifite ubwisanzure bwo gutwara imodoka. Hari 10:12 za mu gitondo, ku wa Gatandatu tariki 29 Nzeri 2018. Iyo tweet ndayifite kuri WhatsApp yanjye.

Ni ibiki Dr. Kayumba yakoraga ahanganye na polisi mu gitondo cyo ku wa Gatandatu wa nyuma wa Nzeri, igihe abanyarwanda benshi bari bahugiye mu Umuganda? Narabyibajije.

Amashusho aheruka amugaragaza ashyamiranye na Polisi yandenze ubwenge.

Muri ayo mashusho ubona Kayumba udandabirana, yambaye umupira n’ipantaro ya siporo, bigaragara ko yasinze cyane, aterana amagambo n’abapolisi, ava ku mupolisi umwe ajya ku wundi. Ababwira nabi ku mpamvu zifitanye isano n’imodoka ye.

Abapolisi bagaragara bashaka kumwumvisha impamvu y’ibyabaye, ariko uko bagerageza kuvuga cyane ariko abacecekesha, we agashinja abo bapolisi kwiyoberanya ahubwo akabasaba amakarita abaranga!

Anagaragara areba abamotari n’abandi bantu baba bashungereye, akababwira ibibazo bye n’abo bapolisi. Abamotari bo baraseka bagahita bigendera.

Nyuma bigaragara abapolisi bamufashe bakamujisha, bakamuryamisha hasi.

Nyuma yo kubona ibyo, umuntu yakwibaza uko biba byaragenze hagati y’abapolisi na Chris ku wa Gatandatu; cyangwa uko yari amerewe muri icyo gihe.

Mu mashusho navuze yatonganiraga imodoka ye. Iperereza ryerekanye ko abapolisi bashakaga kumubuza gutwara bitewe n’uko yari ameze. Ikigaragara ni uko ubushishozi bw’abapolisi bwatumye babimubuza ari bwo bwamuteye kumera kuriya.

Ikibazo umuntu yakwibaza, niba Chris yanditse kuri twitter ko “nta bwisanzure afite bwo gutwara imodoka muri iki gihugu”, ni cyo kibazo koko, cyangwa nabwo polisi yaravuze ngo oya nta mpamvu yatuma utwara imodoka wasinze bigeze aha!?

Ndihanganisha inshuti yanjye ya kera, ariko reka turase ku ntego hano. Abantu bihutiye kuvuga ngo hari ikintu gishobora kuba gihari; cyaba cyihishe inyuma y’ibikorwa biheruka bya Prof. n’inzego z’umutekano.

Ariko ukuri kubabaje kwa Chris ni uko polisi yagaragaje ubwitonzi bwinshi kuri we mu gihe cyashize. Kunywa inzoga akarenza byatumye ahura n’ibibazo byinshi. Ata umurongo, akarwana ndetse akajya mu bindi bikorwa bibi.

Ubuzima bwe bwite bwarangiritse muri iyi myaka ishize, kandi byose byagize ingaruka ku izina rye.

Abantu batandukanye bazagerageza guhuza ibyo ari gucamo n’impamvu za politiki bagendeye ku byo yanditse kuri twitter, ashinja ubutegetsi ibyaha byose bishoboka.

Ariko iyo abo bantu baba inshuti nyazo za Kayumba cyangwa bamuhangayikiye nk’uko babyerekana, bari kuba baganira uko bamutandukanya n’icupa. Burundu.

Ikiruta ibindi, bakwiye kuba bavuga uburyo akeneye kwitabwaho cyangwa gufashwa n’inzobere kugira ngo atandukanye no kurarikira ibisindisha.

Umuntu yakwizera ko azabona umuti n’amahoro, igihe kimwe mu buzima bwe.

Shyaka Kanuma Umwanditsi ni impuguke mu itangazamakuru i Kigali

2018-10-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Macron azahagararirwa mu kwibuka ku nshuro ya 25 n’umudepite ukomoka i Kigali

Perezida Macron azahagararirwa mu kwibuka ku nshuro ya 25 n’umudepite ukomoka i Kigali

Ubwanditsi 22 Mar 2019
Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi

Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi

Ubwanditsi 20 Oct 2020
Perezida Museveni yafatanywe igihanga kigaragaza uburyo yibye amatora aho mu biro by’itora bigera kuri 348 yagize 100% nta mfabusa nta nuwasibye

Perezida Museveni yafatanywe igihanga kigaragaza uburyo yibye amatora aho mu biro by’itora bigera kuri 348 yagize 100% nta mfabusa nta nuwasibye

Ubwanditsi 30 Jan 2021
Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR

Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR

Ubwanditsi 11 Jul 2021

Igitekerezo kimwe

  1. humura
    October 5, 20187:43 am -

    umuntu niwe ugomba kwifatira umwanzuro wo kugabanya kumwa inzoga kuko iyo utazigabanyije zigeraho zika kwandagaza, zikagushyira mukaga rero nibyo byabaye kuri Dr kayumba ariko ikibabaje nuko asinda kumubiri akaba muzima mukwandika asebya Police yacu twemera ndetse namahanga akabaye ahora ayiha ibihembo.Dr Kayumba nacishe make yumveko bibujijwe gutwara wasinze areke kuvugako abuzwa uburenganzira bwogutwara imodoka ye ahubwo ko abujijwe gutwara yasinze

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa
Amakuru

Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa

Ubwanditsi 15 Aug 2025
U  Rwanda ruzahura na Djibouti mugushaka itike y’imikino ya CHAN2025
Amakuru

U Rwanda ruzahura na Djibouti mugushaka itike y’imikino ya CHAN2025

Ubwanditsi 09 Oct 2024
Rutahizamu w’ikipe ya Police FC, Patrick Sibomana “Papy” yinjiye mu bucuruzi bw’ibikoresho bya Siporo ahereye ku nkweto z’abakinnyi b’umupira w’amaguru
Amakuru

Rutahizamu w’ikipe ya Police FC, Patrick Sibomana “Papy” yinjiye mu bucuruzi bw’ibikoresho bya Siporo ahereye ku nkweto z’abakinnyi b’umupira w’amaguru

Ubwanditsi 11 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru