• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma

Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma

Editorial 03 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Namenye Dr Christopher Kayumba guhera muri za 90 twembi twari tukiri bato, turimo kugira uruhare mu kuzahura urwego rw’itangazamakuru, rwo kimwe n’izindi zose, rwari rwarashegeshwe n’intambara na Jenoside.

Icyo gihe Chris yari akiri umunyeshuri, akora mu itangazamakuru abifatanya n’amasomo, mu kinyamakuru gito twakoragaho cyitwaga Newsline, cyasohokaga buri kwezi.

Nahamya ko Kayumba ari umugabo w’umuhanga. Nanaba umuhamya w’uko ibisindisha byagize ingaruka zikomeye kuri bwa buhanga. Nta muntu ndi gucira urubanza, Chris cyangwa undi uwo ari we wese uhanganye n’ingaruka zo kunywa akarenza urugero.

Ndifuza gutanga igitekerezo mu kiganiro cyazamuwe ku butumwa umwarimu muri UNR yanditse kuri Twitter ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ashinja Polisi akarengane avuga ko yamugiriye.

Polisi yasubije ku magambo akomeye yandikaga kuri Twitter, imusaba kunyuza akababaro mu nzira zikwiye, isoza imuha nimero ya telefoni yahamagaraho.

Byarakomeje, Kayumba avuga ibirego, ibyinshi bidafitanye isano nini n’impamvu yavugaga y’ugushyamirana kwe n’uru rwego nyubahirizategeko.

Aha ho ndareka Polisi yivuganire.

Icyantunguye cya mbere ni uburyo tweet ya mbere ya Kayumba, mu byo yavugaga harimo ko atagifite ubwisanzure bwo gutwara imodoka. Hari 10:12 za mu gitondo, ku wa Gatandatu tariki 29 Nzeri 2018. Iyo tweet ndayifite kuri WhatsApp yanjye.

Ni ibiki Dr. Kayumba yakoraga ahanganye na polisi mu gitondo cyo ku wa Gatandatu wa nyuma wa Nzeri, igihe abanyarwanda benshi bari bahugiye mu Umuganda? Narabyibajije.

Amashusho aheruka amugaragaza ashyamiranye na Polisi yandenze ubwenge.

Muri ayo mashusho ubona Kayumba udandabirana, yambaye umupira n’ipantaro ya siporo, bigaragara ko yasinze cyane, aterana amagambo n’abapolisi, ava ku mupolisi umwe ajya ku wundi. Ababwira nabi ku mpamvu zifitanye isano n’imodoka ye.

Abapolisi bagaragara bashaka kumwumvisha impamvu y’ibyabaye, ariko uko bagerageza kuvuga cyane ariko abacecekesha, we agashinja abo bapolisi kwiyoberanya ahubwo akabasaba amakarita abaranga!

Anagaragara areba abamotari n’abandi bantu baba bashungereye, akababwira ibibazo bye n’abo bapolisi. Abamotari bo baraseka bagahita bigendera.

Nyuma bigaragara abapolisi bamufashe bakamujisha, bakamuryamisha hasi.

Nyuma yo kubona ibyo, umuntu yakwibaza uko biba byaragenze hagati y’abapolisi na Chris ku wa Gatandatu; cyangwa uko yari amerewe muri icyo gihe.

Mu mashusho navuze yatonganiraga imodoka ye. Iperereza ryerekanye ko abapolisi bashakaga kumubuza gutwara bitewe n’uko yari ameze. Ikigaragara ni uko ubushishozi bw’abapolisi bwatumye babimubuza ari bwo bwamuteye kumera kuriya.

Ikibazo umuntu yakwibaza, niba Chris yanditse kuri twitter ko “nta bwisanzure afite bwo gutwara imodoka muri iki gihugu”, ni cyo kibazo koko, cyangwa nabwo polisi yaravuze ngo oya nta mpamvu yatuma utwara imodoka wasinze bigeze aha!?

Ndihanganisha inshuti yanjye ya kera, ariko reka turase ku ntego hano. Abantu bihutiye kuvuga ngo hari ikintu gishobora kuba gihari; cyaba cyihishe inyuma y’ibikorwa biheruka bya Prof. n’inzego z’umutekano.

Ariko ukuri kubabaje kwa Chris ni uko polisi yagaragaje ubwitonzi bwinshi kuri we mu gihe cyashize. Kunywa inzoga akarenza byatumye ahura n’ibibazo byinshi. Ata umurongo, akarwana ndetse akajya mu bindi bikorwa bibi.

Ubuzima bwe bwite bwarangiritse muri iyi myaka ishize, kandi byose byagize ingaruka ku izina rye.

Abantu batandukanye bazagerageza guhuza ibyo ari gucamo n’impamvu za politiki bagendeye ku byo yanditse kuri twitter, ashinja ubutegetsi ibyaha byose bishoboka.

Ariko iyo abo bantu baba inshuti nyazo za Kayumba cyangwa bamuhangayikiye nk’uko babyerekana, bari kuba baganira uko bamutandukanya n’icupa. Burundu.

Ikiruta ibindi, bakwiye kuba bavuga uburyo akeneye kwitabwaho cyangwa gufashwa n’inzobere kugira ngo atandukanye no kurarikira ibisindisha.

Umuntu yakwizera ko azabona umuti n’amahoro, igihe kimwe mu buzima bwe.

Shyaka Kanuma Umwanditsi ni impuguke mu itangazamakuru i Kigali

2018-10-03
Editorial

IZINDI NKURU

KWIBUKA25 :“Twese hamwe,twahuje indoto z’ubumwe bwacu zari zaracitsemo ibice tuzikuramo ahariri nziza”.

KWIBUKA25 :“Twese hamwe,twahuje indoto z’ubumwe bwacu zari zaracitsemo ibice tuzikuramo ahariri nziza”.

Editorial 09 Apr 2019
Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Editorial 23 Dec 2017
Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda

Editorial 10 Oct 2023
Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamenyeshejwe ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano

Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamenyeshejwe ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano

Editorial 27 Dec 2018

Igitekerezo kimwe

  1. humura
    October 5, 20187:43 am -

    umuntu niwe ugomba kwifatira umwanzuro wo kugabanya kumwa inzoga kuko iyo utazigabanyije zigeraho zika kwandagaza, zikagushyira mukaga rero nibyo byabaye kuri Dr kayumba ariko ikibabaje nuko asinda kumubiri akaba muzima mukwandika asebya Police yacu twemera ndetse namahanga akabaye ahora ayiha ibihembo.Dr Kayumba nacishe make yumveko bibujijwe gutwara wasinze areke kuvugako abuzwa uburenganzira bwogutwara imodoka ye ahubwo ko abujijwe gutwara yasinze

    Subiza

Leave a Reply to humura Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa
Mu Mahanga

Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa

Editorial 17 Oct 2016
Perezida Kagame Yasabye Abarangije Itorero Kwirinda Ikibi Cyakorerwa U Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame Yasabye Abarangije Itorero Kwirinda Ikibi Cyakorerwa U Rwanda

Editorial 05 Aug 2018
Pep Guardiola na Messi bagiye guhurira muri Champions League
IMIKINO

Pep Guardiola na Messi bagiye guhurira muri Champions League

Editorial 25 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru