• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Oct 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Ukwakira 2023 yabonanye n’abayobozi barangajwe imbere na  Mike Rounds waturutse muri Sena ya Leta zunze Ubumwe za Amerika na Ron Estes wo muri Kongere y’icyo gihugu, yari agaragiwe kandi n’itsinda ayoboye, baganira ku mubano w’ibihugu byombi ndetse banarebera hamwe n’izindi ngingo zireba Akarere u Rwanda ruherereyemo n’Isi muri rusange.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda nibyo byatangaje ko aba bayobozi bakiriwe na Perezida Kagame, baganira ku gukomeza gushimangira umubano hagati y’u Rwanda na Amerika.

Izi ntumwa za Amerika kandi zakiriwe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, baganira ku bufatanye n’imikoranire mu by’umutekano hagati y’u Rwanda na Amerika.

Minisitiri Marizamunda yari kumwe n’Umuyobozi ushinzwe Imikoranire Mpuzamahanga mu bya Gisirikare mu Ngabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa.

U Rwanda na Leta zunze Ubumwe za Amerika bisanzwe bifitanye umubano mwiza ugaragarira mu bikorwa bitandukanye, ibihugu byombi bikaba byaragize ibirori byo kwishimira uko bibanye tariki 28 Nyakanga 2023 wabereye mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika i Capitol.

U Rwanda na Amerika bifitanye kandi amasezerano y’ubufatanye mu kirere yashyizweho umukono mu mpera z’umwaka wa 2022. Aya masezerano agamije gushyigikira ikoreshwa neza ry’ikirere no guhangana n’ibibazo byugarije isi muri iki kinyejana cya 21.

Aya masezerano azwi nka Artemis agamije kugena uburyo ibihugu byo ku isi bikoresha neza ikirere igihe bikora ubushakashatsi mu kirere.

Ni nyuma y’uko kandi Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yakiriye kopi z’impapuro zemerera Eric Kneedler guhagararira Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda.

Ibi byabaye ku wa Kabiri, tariki ya 3 Ukwakira 2023, ku Cyicaro cya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ku Kimihurura.

Eric Kneedler yaje mu Rwanda nyuma y’umwaka agenwe na Perezida Joe Biden ngo asimbure Peter Vrooman wari uhagarariye Amerika mu Rwanda, akoherezwa kuyihagararira muri Mozambique.

Eric Kneedler ageze mu Rwanda nyuma y’igihe ari Chargé d’Affaires w’Agateganyo muri Ambasade ya Amerika muri Kenya, guhera muri Mutarama 2021. Yatangiye inshingano muri Kenya mu 2017 nk’Umujyanama mu bya Politiki.

Mbere yaho yakoze bene izo nshingano muri Ambasade y’i Manila muri Philippines, anaba Umujyanama wungirije mu bya Politiki muri Ambasade y’i Bangkok muri Thailand.

Aheruka gutangaza ko nagera mu Rwanda, azibanda ku ngingo zitandukanye zirimo iby’uburenganzira bwa muntu na demokarasi.

Yavuze kandi ko azibanda ku bijyanye n’ubuzima, ubukungu ndetse n’ubufatanye mu ishoramari, mu kurengera ibidukikije n’imihindagurikire y’ikirere hamwe no kubungabunga amahoro.

2023-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko itabwa muri yombi rya Gen Kale Kayihura ryagenze n’uko yagerageje gucika ntibimuhire

Uko itabwa muri yombi rya Gen Kale Kayihura ryagenze n’uko yagerageje gucika ntibimuhire

Ubwanditsi 14 Jun 2018
Abayobozi ba Uganda barateganya gutanga ibisobanuro ku ishimutwa n’iyicarubozo  ry’Umunyarwanda, Fidele Gatsinzi

Abayobozi ba Uganda barateganya gutanga ibisobanuro ku ishimutwa n’iyicarubozo ry’Umunyarwanda, Fidele Gatsinzi

Ubwanditsi 24 Dec 2017
Perezida wa FERWACY, Murenzi Abdallah yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri Tour du Cameroon 2023

Perezida wa FERWACY, Murenzi Abdallah yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri Tour du Cameroon 2023

Ubwanditsi 30 May 2023
Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Umufaransa Jean-Pierre Lacroix yiyemeje kubera uRwanda “ihwa mu kirenge”, ariko ararushywa n’ubusa

Ubwanditsi 17 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikibazo cy’isuku nke ,umwanda ,ubwishingizi ku bakozi  mu ruganda Kigali Leather Ltd cyaburiwe umuti.
Mu Rwanda

Ikibazo cy’isuku nke ,umwanda ,ubwishingizi ku bakozi  mu ruganda Kigali Leather Ltd cyaburiwe umuti.

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Cyril Ramaphosa yatowe nk’umusimbura wa Zuma
POLITIKI

Cyril Ramaphosa yatowe nk’umusimbura wa Zuma

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha
ITOHOZA

Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha

Ubwanditsi 21 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru