• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi

BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi

Ubwanditsi 29 Oct 2018 UBUKUNGU

BK Group Plc yatangije igikorwa cyo kugurisha imigabane mishya ku Isoko ry’Imari n’imigabane ry’u Rwanda, itazahita igurwa ikazashyirwa ku Isoko ry’Imari rya Nairobi guhera mu mpera z’ukwezi gutaha.

Iki kigo kuri uyu wa Mbere cyatangiye gucuruza imigabane ingana na 222.222.222, itazagurwa ku Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, ikazacuruzwa ku Isoko ry’Imari n’Imigabane rya Nairobi guhera ku wa 30 Ugushyingo.

Banki ya Kigali yagiye bwa mbere ku Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda mu 2011, icyo gihe umugabane umwe wagurwaga 125 Frw. Havuyemo miliyari 37.5 Frw.

Ni amafaranga yafashije cyane mu kuzamura ibikorwa bya Banki ya Kigali, binayiha ubushobozi bwo gutera inkunga imishinga ikomeye irimo gusoza imirimo yo kubaka Kigali Convention Centre na Marriott Hotel.

Mu gukomeza kwagura ibikorwa, BK Group Plc irifuza kongera imari shingiro yo guteza imbere ibikorwa by’ibigo biyishamikiyeho birimo Banki ya Kigali, BK TecHouse, BK General Insurance na BK Capital.

Umuyobozi Mukuru wa BK Group Plc yabwiye abanyamigabane basaga 3800, ko inama y’ubutegetsi yanzuye ko ari bo bagira uruhare mu kongera imari shingiro.

Yatangaje ko abifuza iyi migabane batangira kuyigura guhera kuri uyu wa 29 Ukwakira kugeza ku wa 9 Ugushyingo, aho ku muntu ufite imigabane itatu, yahawe amahirwe yo kugura undi mugabane umwe kuri 270 Frw.

Ni amafaranga make ugereranyije n’uko umugabane wa BK usanzwe uhagaze ku Isoko n’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, kuko ugura hafi 290Frw.

Dr Karusisi ati “Mu minsi igera kuri 12 yo kugurisha, imigabane isaga miliyoni 200 izaba iri ku isoko, aho byitezwe ko izavamo miliyari 60Frw. Ndasaba abanyamigabane gukoresha uburenganzira bwabo bakagura imigabane muri BK, igihe isoko rigifunguye.”

“Nyuma imigabane yose izaba itafashwe hano mu Rwanda tuzayijyana ku isoko ry’imari rya Nairobi, hagamijwe kongera imari yacu no kwegera abandi bashoramari.”

Dr Karusisi yavuze ko bazajyana i Nairobi imigabane yasagutse, kuko bafite amakuru ko hari bamwe mu banyamigabane batazongera ishoramari ryabo muri BK Group Plc.

Abo barimo Guverinoma y’u Rwanda yari isanzwe ari yo munyamigabane mukuru, gusa RSSB yo izongera imigabane yayo.

Kutongera ishoramari mu migabane leta yari ifite muri Banki ya Kigali, bizatuma ihita igabanyuka igere kuri 23% ivuye kuri hafi 30%.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Isoko ry’Imari n’imigabane mu Rwanda, Eric Bundugu, yavuze ko iki gikorwa ari intambwe ikomeye kuri Banki ya Kigali no ku bukungu bw’u Rwanda.

Yavuze ko kuba iyi banki yarabashije kujya ku Isoko ry’Imari n’Imigabane rya Nairobi, “ari uko yizeye imicungire yayo kandi yizera neza ibyo ikora, ari nayo mpamvu yiyemeje kubimurikira abandi bashoramari.”

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda, Bapfakurera Robert, yavuze ko Banki ya Kigali ikwiye kubera urugero ibindi bigo byo mu Rwanda.

Kugeza ku wa 31 Werurwe 2016, Guverinoma y’u Rwanda niyo yari umunyamigabane munini na 29.5%, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize, RSSB kikagira 25.1%.

Hari nk’ibigo by’abashoramari b’abanyamahanga bifitemo 14.00%, abakozi n’abayobozi bayo bafitemo 1.00% , ibigo byo mu gihugu bifitemo 8.5%, ibigo byo mu karere bifitemo 7.7%, abantu ku giti cyabo bakagiramo 7.7%.

Izindi nzego zishamikiye kuri leta zifitemo 0.1%.

Mu Ukuboza 2017 imari shingiro ya BK Group yari igeze kuri miliyari 10, miliyoni 504 n’ibihumbi 600 by’amafaranga y’u Rwanda.

2018-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika rizazanwa n’ikoranabuhanga

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika rizazanwa n’ikoranabuhanga

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Ibiciro ku masoko byiyongereyeho 3.0% muri Gicurasi

Ibiciro ku masoko byiyongereyeho 3.0% muri Gicurasi

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga

Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Jan 2020
Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Ubwanditsi 03 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yamuritse igitanda Kagame yararagaho mu mashuri yisumbuye
ITOHOZA

Uganda yamuritse igitanda Kagame yararagaho mu mashuri yisumbuye

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Perezida Kagame yasabye REG korohereza abakeneye serivisi z’amashanyarazi mu buryo bwihutirwa
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame yasabye REG korohereza abakeneye serivisi z’amashanyarazi mu buryo bwihutirwa

Ubwanditsi 05 May 2019
Umukino w’umunsi wa 2 wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023 wari buzakirwe n’u Rwanda uzakirwa na Senegal i Dakar
Amakuru

Umukino w’umunsi wa 2 wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023 wari buzakirwe n’u Rwanda uzakirwa na Senegal i Dakar

Ubwanditsi 31 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru