• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi

BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi

Ubwanditsi 29 Oct 2018 UBUKUNGU

BK Group Plc yatangije igikorwa cyo kugurisha imigabane mishya ku Isoko ry’Imari n’imigabane ry’u Rwanda, itazahita igurwa ikazashyirwa ku Isoko ry’Imari rya Nairobi guhera mu mpera z’ukwezi gutaha.

Iki kigo kuri uyu wa Mbere cyatangiye gucuruza imigabane ingana na 222.222.222, itazagurwa ku Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, ikazacuruzwa ku Isoko ry’Imari n’Imigabane rya Nairobi guhera ku wa 30 Ugushyingo.

Banki ya Kigali yagiye bwa mbere ku Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda mu 2011, icyo gihe umugabane umwe wagurwaga 125 Frw. Havuyemo miliyari 37.5 Frw.

Ni amafaranga yafashije cyane mu kuzamura ibikorwa bya Banki ya Kigali, binayiha ubushobozi bwo gutera inkunga imishinga ikomeye irimo gusoza imirimo yo kubaka Kigali Convention Centre na Marriott Hotel.

Mu gukomeza kwagura ibikorwa, BK Group Plc irifuza kongera imari shingiro yo guteza imbere ibikorwa by’ibigo biyishamikiyeho birimo Banki ya Kigali, BK TecHouse, BK General Insurance na BK Capital.

Umuyobozi Mukuru wa BK Group Plc yabwiye abanyamigabane basaga 3800, ko inama y’ubutegetsi yanzuye ko ari bo bagira uruhare mu kongera imari shingiro.

Yatangaje ko abifuza iyi migabane batangira kuyigura guhera kuri uyu wa 29 Ukwakira kugeza ku wa 9 Ugushyingo, aho ku muntu ufite imigabane itatu, yahawe amahirwe yo kugura undi mugabane umwe kuri 270 Frw.

Ni amafaranga make ugereranyije n’uko umugabane wa BK usanzwe uhagaze ku Isoko n’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, kuko ugura hafi 290Frw.

Dr Karusisi ati “Mu minsi igera kuri 12 yo kugurisha, imigabane isaga miliyoni 200 izaba iri ku isoko, aho byitezwe ko izavamo miliyari 60Frw. Ndasaba abanyamigabane gukoresha uburenganzira bwabo bakagura imigabane muri BK, igihe isoko rigifunguye.”

“Nyuma imigabane yose izaba itafashwe hano mu Rwanda tuzayijyana ku isoko ry’imari rya Nairobi, hagamijwe kongera imari yacu no kwegera abandi bashoramari.”

Dr Karusisi yavuze ko bazajyana i Nairobi imigabane yasagutse, kuko bafite amakuru ko hari bamwe mu banyamigabane batazongera ishoramari ryabo muri BK Group Plc.

Abo barimo Guverinoma y’u Rwanda yari isanzwe ari yo munyamigabane mukuru, gusa RSSB yo izongera imigabane yayo.

Kutongera ishoramari mu migabane leta yari ifite muri Banki ya Kigali, bizatuma ihita igabanyuka igere kuri 23% ivuye kuri hafi 30%.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Isoko ry’Imari n’imigabane mu Rwanda, Eric Bundugu, yavuze ko iki gikorwa ari intambwe ikomeye kuri Banki ya Kigali no ku bukungu bw’u Rwanda.

Yavuze ko kuba iyi banki yarabashije kujya ku Isoko ry’Imari n’Imigabane rya Nairobi, “ari uko yizeye imicungire yayo kandi yizera neza ibyo ikora, ari nayo mpamvu yiyemeje kubimurikira abandi bashoramari.”

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda, Bapfakurera Robert, yavuze ko Banki ya Kigali ikwiye kubera urugero ibindi bigo byo mu Rwanda.

Kugeza ku wa 31 Werurwe 2016, Guverinoma y’u Rwanda niyo yari umunyamigabane munini na 29.5%, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize, RSSB kikagira 25.1%.

Hari nk’ibigo by’abashoramari b’abanyamahanga bifitemo 14.00%, abakozi n’abayobozi bayo bafitemo 1.00% , ibigo byo mu gihugu bifitemo 8.5%, ibigo byo mu karere bifitemo 7.7%, abantu ku giti cyabo bakagiramo 7.7%.

Izindi nzego zishamikiye kuri leta zifitemo 0.1%.

Mu Ukuboza 2017 imari shingiro ya BK Group yari igeze kuri miliyari 10, miliyoni 504 n’ibihumbi 600 by’amafaranga y’u Rwanda.

2018-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Ubwanditsi 23 Dec 2017
RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’
UBUKUNGU

Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Ubwanditsi 07 Sep 2019
Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano
Amakuru

Umucamanza Carmel Agius yanze ubusabe bwa ruharwa Bagosora wasabaga kurekurwa atarangije ibihano

Ubwanditsi 02 Apr 2021
Amategeko mashya,abatoza bashya abakinnyi bibikomerezwa nibimwe mu bizaranga Premier League
IMIKINO

Amategeko mashya,abatoza bashya abakinnyi bibikomerezwa nibimwe mu bizaranga Premier League

Ubwanditsi 09 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru