• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Ubwanditsi 07 Sep 2019 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko yafashe icyemezo cyo gusesa Ikigo cy’Imari CAF Isonga Ltd, nyuma y’aho kitagishoboye gusubiza abacyiganaga amafaranga yabo y’ubwizigame cyangwa kwishyura abo kibereyemo imyenda.

Mu itangazo ryashyizweho umukono na Visi Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, BNR, Dr Monique Nsanzabaganwa, rigaragaza ko abari barabikije muri CAF Isonga hafi ya bose bazasubizwa ubwizigame bwabo.

Ikibazo cya CAF Isonga cyatangiye kumvikana cyane mu 2016 ubwo iki kigo cyatangiraga gufunga imiryango mu turere twa Muhanga, Kamonyi, Nyanza, Ruhango na Rulindo.

Abaturage babitsaga n’abagihemberwagamo bavugaga ko bahangayikishijwe bikomeye no kutabona amafaranga yabo nyuma y’uko gifunze mu buryo butunguranye.

Uwitwa Twagirayeze wakoraga akazi k’ubukarani mu Mujyi wa Muhanga wakibitsagamo, yabwiye IGIHE ko iki kigo cyari kimubikiye amafaranga agera ku bihumbi magana abiri na bitanu.

BNR ivuga ko “ishingiye ku ngingo ya 79, igika cya 3 cy’itegeko No 40/2008 ryo ku wa 26/8/2008 rigena imitunganyirize y’imirimo y’imari iciriritse, yafashe icyemezo cyo gusesa CAF ISONGA Ltd, uhereye ku wa 6 Nzeri 2019.”

BNR yavuze ko iki cyemezo cyafashwe nyuma yo kubona ko CAF ISONGA Ltd yakoreraga mu turere twa Muhanga ari naho yari ifite icyicaro, Kamonyi, Nyanza na Ruhango mu Majyepfo ndetse na Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru, itagishobora gusubiza abayigana amafaranga yabo y’ubwizigame cyangwa kwishyura abo ibereyemo imyenda.

BNR yatangaje ko kubera iyi mpamvu, yahaye inshingano ACHIVA TRUST Ltd ihagarariwe na Nyiraminani Thabee zo gusesa CAF Isonga Ltd, akaba agomba gutegura no gushyikiriza Banki Nkuru y’u Rwanda mu gihe kitarenze iminsi mirongo ine urutonde rw’abantu bose bari bafitemo ubwizigame, kugira ngo babusubizwe mu gihe kitarenze iminsi mirongo itandatu uhereye tariki 6 Nzeri 2019.

BRN yavuze ko hazifashishwa ikigega cy’ubwishingizi bw’amafaranga yabikijwe mu mabanki no mu bigo by’imari iciriritse (Deposit Guarantee Fund).

Ku bari barabikije muri CAF Isonga Ldt, Banki Nkuru y’u Rwanda yatangaje ko hafi ya bose bazasubizwa ubwizigame bwabo bwose.

Yagize ati “Abari barabikije muri CAF ISONGA Ltd hafi ya bose bazasubizwa ubwizigame bwabo bwose hifashishijwe Ikigega cy’ubwishingizi (DGF), naho azasigara azishyurwa hifashishijwe amafaranga azaturuka mu iseswa ry’icyo kigo.”

Banki Nkuru y’u Rwanda kandi yibukije abantu bose bafitiye CAF Isonga Ltd inguzanyo batarishyura ko bakwihutira kwishyura izo nguzanyo bahawe, kugira ngo bitababuza amahirwe yo kongera kubona inguzanyo mu bigo by’imari cyane cyane ko amakuru yose y’imyenda bafashe, yamaze gushyirwa mu kigo gishinzwe gukusanya amakuru ku myenda itangwa n’ibigo by’imari.

BRN yatangaje ko kugeza ubu urwego rw’imari mu Rwanda ruhagaze neza, rutajegajega.

Akarere ka Muhanga nako gaherutse gutangaza ko ihagarikwa rya CAF Isonga ryakuruwe na cyamunara y’ibikoresho byayo nyuma yo gutsindwa urubanza umwe mu bakiriya bayo yayiregagamo.

Umuyobozi wa CAF Isonga, Kalisa Callixte, we yemeye ko koko ibibazo muri CAF isonga byatangiye kera biturutse ku bwumvikanye buke bw’abanyamigabane. Ariko ngo imbarutso yo kuyifunga ni umwe mu banyamuryango babo wafashe inguzanyo ya miliyoni 7 n’ibihumbi 600 atinda kwishyura biteza ikigo igihombo.

Uyu ngo yaje guhagarikwa ajyanwa mu nkiko aratsindwa, ariko nyuma na we ajya kurega iki kigo ku bw’imigabane yashoyemo nk’umunyamuryango, aho yavugaga ko yanirukanywe mu buryo bunyuranyije n’amategeko maze aragitsinda gitegekwa kumwishyura miliyoni zirenga 25 z’amafaranga y’u Rwanda.

Ngo yagombaga kwishyurwa bitarenze mu Gicurasi 2016 ariko yazanye umuhesha w’inkiko mbere y’igihe batwara ibintu by’iki kigo birimo imodoka na moto ebyiri.

Src: IGIHE

2019-09-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$

Abanyarwanda babiri bavumbuye App “VugaPay” none igeze ku gaciro ka miliyoni 3$

Ubwanditsi 11 May 2017
U Rwanda rwakoze amavugurura mu bwubatsi n’umuriro w’amashanyarazi mu korohereza ubucuruzi

U Rwanda rwakoze amavugurura mu bwubatsi n’umuriro w’amashanyarazi mu korohereza ubucuruzi

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyoni 23$ z’inyongera mu kurwanya imirire mibi mu bana

Ubwanditsi 19 Apr 2018
RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Ubwanditsi 12 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

The Ben agiye gukora ibitaramo bidasanzwe mu Rwanda, aho kwinjira bizaba ari ubuntu
SHOWBIZ

The Ben agiye gukora ibitaramo bidasanzwe mu Rwanda, aho kwinjira bizaba ari ubuntu

Ubwanditsi 27 Jan 2017
Police FC yatangiye umwiherero w’icyumweru kimwe mu karere ka Rubavu hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026
Amakuru

Police FC yatangiye umwiherero w’icyumweru kimwe mu karere ka Rubavu hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 21 Jul 2025
Londres: Inzu bikekwako ari iya Kayumba Nyamwasa ifite agaciro ka £ 375,000, ni ukuvuga hafi 410,578,273 Frw. igiye gukorwaho iperereza
ITOHOZA

Londres: Inzu bikekwako ari iya Kayumba Nyamwasa ifite agaciro ka £ 375,000, ni ukuvuga hafi 410,578,273 Frw. igiye gukorwaho iperereza

Ubwanditsi 28 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru