• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Ubwanditsi 07 Sep 2019 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko yafashe icyemezo cyo gusesa Ikigo cy’Imari CAF Isonga Ltd, nyuma y’aho kitagishoboye gusubiza abacyiganaga amafaranga yabo y’ubwizigame cyangwa kwishyura abo kibereyemo imyenda.

Mu itangazo ryashyizweho umukono na Visi Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, BNR, Dr Monique Nsanzabaganwa, rigaragaza ko abari barabikije muri CAF Isonga hafi ya bose bazasubizwa ubwizigame bwabo.

Ikibazo cya CAF Isonga cyatangiye kumvikana cyane mu 2016 ubwo iki kigo cyatangiraga gufunga imiryango mu turere twa Muhanga, Kamonyi, Nyanza, Ruhango na Rulindo.

Abaturage babitsaga n’abagihemberwagamo bavugaga ko bahangayikishijwe bikomeye no kutabona amafaranga yabo nyuma y’uko gifunze mu buryo butunguranye.

Uwitwa Twagirayeze wakoraga akazi k’ubukarani mu Mujyi wa Muhanga wakibitsagamo, yabwiye IGIHE ko iki kigo cyari kimubikiye amafaranga agera ku bihumbi magana abiri na bitanu.

BNR ivuga ko “ishingiye ku ngingo ya 79, igika cya 3 cy’itegeko No 40/2008 ryo ku wa 26/8/2008 rigena imitunganyirize y’imirimo y’imari iciriritse, yafashe icyemezo cyo gusesa CAF ISONGA Ltd, uhereye ku wa 6 Nzeri 2019.”

BNR yavuze ko iki cyemezo cyafashwe nyuma yo kubona ko CAF ISONGA Ltd yakoreraga mu turere twa Muhanga ari naho yari ifite icyicaro, Kamonyi, Nyanza na Ruhango mu Majyepfo ndetse na Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru, itagishobora gusubiza abayigana amafaranga yabo y’ubwizigame cyangwa kwishyura abo ibereyemo imyenda.

BNR yatangaje ko kubera iyi mpamvu, yahaye inshingano ACHIVA TRUST Ltd ihagarariwe na Nyiraminani Thabee zo gusesa CAF Isonga Ltd, akaba agomba gutegura no gushyikiriza Banki Nkuru y’u Rwanda mu gihe kitarenze iminsi mirongo ine urutonde rw’abantu bose bari bafitemo ubwizigame, kugira ngo babusubizwe mu gihe kitarenze iminsi mirongo itandatu uhereye tariki 6 Nzeri 2019.

BRN yavuze ko hazifashishwa ikigega cy’ubwishingizi bw’amafaranga yabikijwe mu mabanki no mu bigo by’imari iciriritse (Deposit Guarantee Fund).

Ku bari barabikije muri CAF Isonga Ldt, Banki Nkuru y’u Rwanda yatangaje ko hafi ya bose bazasubizwa ubwizigame bwabo bwose.

Yagize ati “Abari barabikije muri CAF ISONGA Ltd hafi ya bose bazasubizwa ubwizigame bwabo bwose hifashishijwe Ikigega cy’ubwishingizi (DGF), naho azasigara azishyurwa hifashishijwe amafaranga azaturuka mu iseswa ry’icyo kigo.”

Banki Nkuru y’u Rwanda kandi yibukije abantu bose bafitiye CAF Isonga Ltd inguzanyo batarishyura ko bakwihutira kwishyura izo nguzanyo bahawe, kugira ngo bitababuza amahirwe yo kongera kubona inguzanyo mu bigo by’imari cyane cyane ko amakuru yose y’imyenda bafashe, yamaze gushyirwa mu kigo gishinzwe gukusanya amakuru ku myenda itangwa n’ibigo by’imari.

BRN yatangaje ko kugeza ubu urwego rw’imari mu Rwanda ruhagaze neza, rutajegajega.

Akarere ka Muhanga nako gaherutse gutangaza ko ihagarikwa rya CAF Isonga ryakuruwe na cyamunara y’ibikoresho byayo nyuma yo gutsindwa urubanza umwe mu bakiriya bayo yayiregagamo.

Umuyobozi wa CAF Isonga, Kalisa Callixte, we yemeye ko koko ibibazo muri CAF isonga byatangiye kera biturutse ku bwumvikanye buke bw’abanyamigabane. Ariko ngo imbarutso yo kuyifunga ni umwe mu banyamuryango babo wafashe inguzanyo ya miliyoni 7 n’ibihumbi 600 atinda kwishyura biteza ikigo igihombo.

Uyu ngo yaje guhagarikwa ajyanwa mu nkiko aratsindwa, ariko nyuma na we ajya kurega iki kigo ku bw’imigabane yashoyemo nk’umunyamuryango, aho yavugaga ko yanirukanywe mu buryo bunyuranyije n’amategeko maze aragitsinda gitegekwa kumwishyura miliyoni zirenga 25 z’amafaranga y’u Rwanda.

Ngo yagombaga kwishyurwa bitarenze mu Gicurasi 2016 ariko yazanye umuhesha w’inkiko mbere y’igihe batwara ibintu by’iki kigo birimo imodoka na moto ebyiri.

Src: IGIHE

2019-09-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

Ubwanditsi 23 May 2018
Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Ubwanditsi 27 Nov 2019
Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame

Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Feb 2019
Kwamamaza : Bar Restaurant Karibu Guest House  yimukiye mu Kiyovu k’umuhanda “KN 51 ST”

Kwamamaza : Bar Restaurant Karibu Guest House yimukiye mu Kiyovu k’umuhanda “KN 51 ST”

Ubwanditsi 24 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye
Amakuru

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Ubwanditsi 15 Sep 2023
Icyo igisirikare n’igipolisi bya Uganda bivuga ku Banyarwanda bamaze iminsi batabwa muri yombi
ITOHOZA

Icyo igisirikare n’igipolisi bya Uganda bivuga ku Banyarwanda bamaze iminsi batabwa muri yombi

Ubwanditsi 29 Dec 2017
Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)
POLITIKI

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ubwanditsi 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru