• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi
Komiseri w'imisoro y'imbere mu gihugu, Kayigi Habiyambere Aimable

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

Ubwanditsi 23 May 2018 UBUKUNGU

Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyatangaje ko ibihembo by’inyongera umukozi ahabwa n’umukoresha bigiye kujya bisoreshwa mu rwego rwo guhuza amategeko agenga ishoramari n’agenga umusoro ku musaruro mu gihugu.

Uwo musoro ni imwe mu mpinduka zigaragara mu itegeko rishya nº 016/2018 ryo ku wa 13/04/2018 risimbura itegeko n°16/2005 ryo ku wa 18/08/2005 ryashyiragaho umusoro utaziguye ku musaruro.

Izi mpinduka zizakora ku mafaranga atangwa kubera ubuzima buhenze ku mukozi, ayo gutunga umukozi kure y’aho asanzwe akorera, ay’ubukode, ayo kwakira abashyitsi cyangwa ay’ingendo.

Mu kiganiro RRA yagiranye n’itangazamakuru ku wa 22 Gicurasi 2018, asobanura zimwe mu mpinduka z’ingenzi zabayemo, Komiseri w’imisoro y’imbere mu gihugu, Kayigi Habiyambere Aimable, yavuze ko iri tegeko rigaragaza ko amafaranga umukoresha yishyurira umukozi we ku bukode bw’inzu cyangwa imodoka ku buryo butaziguye, azajya asoreshwa nk’andi mashimwe.

Yagize ati “Ni ukugira ngo umukoresha uha amafaranga umukozi ku buryo butaziguye atangirwe umusoro, kuko aba azwi ingano. Umuntu ashobora kuba ayobora ikigo runaka, afite umushara ahembwa ku kwezi, byashobokaga ko akwepa umusoro ku bihembo avuze ati ‘Munkodeshereze inzu y’ibihumbi 500 Frw, umushakara mpembwa use n’aho ugiye munsi kandi udakodesherezwa, ashobora kwikodeshereza ariko abikuye mu mushahara yahembwaga.”

Ingingo ya 18 y’iri tegeko igaragaza ko umusaruro utangwa mu bintu, uhabwa umukozi ushyirwa mu musaruro usoreshwa ukomoka ku kazi hakurikijwe agaciro k’isoko, wongerwa ku musaruro usoreshwa amafaranga ahwanye no gutunga no gukoresha ikinyabiziga cy’akazi ku mukozi mu gihe cy’umusoro, angana ku buryo bucishirije na 10% by’ibihembo bitari ibintu.

Riteganya kandi ko hongerwaho ku musaruro usoreshwa amafaranga ahwanye no gukoresha cyangwa gutura mu nzu itanzwe n’umukoresha, harimo cyangwa hatarimo ibikoresho byo mu nzu, mu gihe cy’umusoro, angana, ku buryo bucishirije, na makumyabiri ku ijana (20%) by’ibihembo bitari ibintu.

2018-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Ubwanditsi 18 Jun 2018
Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Ubwanditsi 16 May 2016
Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Ubwanditsi 29 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwasabye Uganda ibisobanuro ku ifungwa ry’Abanyarwanda n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwasabye Uganda ibisobanuro ku ifungwa ry’Abanyarwanda n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano

Ubwanditsi 20 Dec 2017
Nubona izi ngeso 10 kumukunzi wawe uzamenye ko abandi bamurya
HIRYA NO HINO

Nubona izi ngeso 10 kumukunzi wawe uzamenye ko abandi bamurya

Ubwanditsi 04 Mar 2016
Icyihishe inyuma y’uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia muri Uganda cyamenyekanye
ITOHOZA

Icyihishe inyuma y’uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia muri Uganda cyamenyekanye

Ubwanditsi 02 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru